Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo Muhanda (Traffic Police) riratangaza ko ryatangiye kwifashisha imodoka zidafite ibirango bya Polisi mu gucunga umutekano wo mu muhanda.
Umuhanzi w’Umunyanijeriya Wizkid yaguze ibihangano bibiri bifite agaciro ka mliyoni 1,6Frw, mu gikorwa cyo gukusanya amafaranga yo kwita ku Ngagi.
Perezida Paul Kagame yageze i Nairobi muri Kenya aho yitabiriye inama mpuzamahanga ku iterambere rya Afurika, ihuje ibihugu by’uyu mugabane n’u Buyapani.
Ubushakashatsi ku ruhare rw’abaturage mu miyoborere bwakozwe n’ikigo Never Again Rwanda, bugaragaza ko abaturage benshi baheruka abajyanama babahagarariye mu gihe cy’amatora.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, MIGEPROF, isanga abagore ari bo bafite urufunguzo rwo kurwanya ubuharike kuko ari bo pfundo ryabwo.
Nyuma y’imyaka hafi ibiri Club Ibisumizi igaragarije Abanyehuye ko gusura kwa Nyagakecuru mu Bisi bya Huye bishoboka, ba mukerarugendo bakunda kurira imisozi batangiye kuhasura.
Abaturage bagera ku 150 barashinja Umurenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, kubambura amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni eshatu bakoreye mu guharura imihanda.
Abatwara amagare mu Mujyi wa Musanze barasabwa kurwanya ibikorwa byose biganisha ku iterabwoba, by’umwihariko ibisa n’ibimaze iminsi bigaragara bivugwa ko bishamikiye kuri Islam.
Bamwe mu banyamuryango ba Koperative COCOMANYA yahoze icururiza mu Isoko rya Nyabugogo barasaba gusubizwa amafaranga batanze yo kuryubaka.
Abanyamuryango ba Koperative COTRAVERWA y’abatwara abagenzi ku magare mu Karere ka Rwamagana baravuga ko umuyobozi wabo ntacyo abamariye bakamusaba kwegura.
Gukoresha urumuri ruturuka ku mirasire y’izuba bizafasha abaturage mu kubungabunga ibidukikije n’ubuzima kuko ibindi bicanwa bihumanya kandi bikaba byakwangiza ikirere.
Akarere ka Rutsiro kasabye abacuruzi bo mu isantere ya Gakeri mu Murenge wa Ruhango kugira ubwiherero bitarenze iminsi 15.
Leta ifite icyizere ko umwaka utaha wa 2017 uzarangira umuhinzi umwe muri bane yifashisha ikoranabuhanga mu buhinzi bwe.
Kuri uyu wa 25 Kanama 2016, Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi rwemeje ko umunyemari Mugambira Aphrodice wari wajuririye igufungo cy’iminsi 30 y’agateganyo akomeza gufungwa.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Nyamasheke bafashe icyemezo cyo gushinga ihuriro rigamije kuzamura imikino n’imyidagaduro muri ako karere.
Abakozi bane mu Karere ka Ngororero batawe muri yombi n’inzego za Polisi bakurikiranyweho gutanga amasoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Abaturage bo mu Murenge wa Kintobo muri Nyabihu barasaba ko umuhanda Rwankeri-Nyakiriba wakorwa vuba kugira ngo babashe kugeza umusaruro wabo ku masoko.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi Mukeshimana Geraldine avuga ko Abanyarwnda bakwiye kumenyera kunywa amata, cyane cyane ku bakiri bato kubera kamaro afitiye umubiri.
Sosiyete “AB Minerals Corporation” itunganya ikanavangura amabuye y’agaciro ya Coltan, igiye gushinga uruganda rwa mbere muri Afurika mu Rwanda bitarenze mu 2017.
Umwarimu ku ishuri ryo mu Murenge wa Rubengera muri Karongi, yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu, nyuma yo gufatanwa kanyanga n’urumogi.
Jennifer Lopez, umuririmbyi n’umukinnyi wa filime wo muri Amerika yatandukanye n’umukunzi we, Casper Smart, bari bamaranye imyaka itanu.
Bateri ya telefoni yateje inkongi y’umuriro muri butike yo mu Karere ka Ruhango, ikongokeramo ibicuruzwa bibarirwa mu bihumbi 600Frw.
Tegejo Silas wari umwaze umwaka ategereje umukuru w’Akarere ka Kamonyi ngo amugezeho akarengane yagize, yashumbushijwe indi nyuma yo kugaragaza ibyamubayeho.
Abatwara abagenzi ku magare mu Mujyi wa Musanze, barasabwa kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge batungira agatoki poliisi ku babitunda n’ababicuruza.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe ntibavuga rumwe n’ubuyobozi ku byiciro by’ubudehe, kuko mu gihe cyo kubashyiramo hadakurikizwa amabwirizwa ajyanye n’ubushobozi bafite.
Itsinda ry’u Rwanda ry’abakinnyi bafite ubumuga bazerekeza i Rio muri Brazil mu mikino Paralempike, baratangaza ko bafite icyizere cyo kuzamura ibendera ry’u Rwanda
Bamwe mu bari abanyamurango ba koperative yo kubitsa no kugurizanya, Coopec-Dukire, yo mu Murenge wa Mushonyi muri Rutsiro bahangayikishijwe n’amafaranga bari barabikijemo kuko iyi koperative yahombye.
Abamotari bo muri Burera barasaba ubuyobozi kubakorera ubuvugizi bagahabwa ibyangombwa bibemerera gutwara abagenzi (Authorisation) kuko babyishyuye ntibabihabwe, bakaba bakora bihishahisha.
Abari abanyamuryango ba Koperative Zigama Bigufashe (KOZIBI) barizezwa ko ubuyobozi bugiye gukurikirana amafaranga yabo yanyerejwe.
Ikipe y’igihugu yakoze imyitozo ya mbere yo kwitegura Ghana, maze Mashami Vincent yongera kugaragara nk’umutoza uzafatanya na Jimmy Mulisa
Amakoperative y’abahinzi b’imboga n’inyanya mu gishanga cya Cyohoha ya ruguru mu Karere ka Bugesera, baravuga ko gukoresha imashini zuhira byatumye umusaruro wabo wiyongera.
Nteziryayo Anastase wo mu Murenge wa Save muri Gisagara, nyuma y’iminsi ibiri bamubuze, umuryango we wamubonye kuri uyu wa 23 Kanama yapfuye.
Bamwe mu baturage bavuga ko hari abayobozi barutisha gahunda zabo iz’abaturage bikababangamira kuko bituma batagera ku byo biyemeje.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania batujwe mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko bategereje amasambu bemerewe n’akarere bagaheba.
Mu rugo rwa Bazimaziki Jean Paul na Bayavuge Marthe b’i Nyamasheke havumbuwe udupfunyika 21 tw’urumogi bacuruzaga, umugore atabwa muri yombi umugabo arabura.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango, bavuga ko batangiye kwitegura amatora ya Perezida ateganyijwe umwaka utaha.
Polisi ikorera mu Karere ka Musanze irasaba abatwara abagenzi ku magare gukora kinyamwuga kuko ngo byagabanya impanuka.
Umubyeyi witwa Nzamwitakuze Brigitte wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke yabyariye mu Bitaro bya Ruli kuri uyu wa 22 Kanama 2016, bukeye bamubeshya ko umwana yapfuye bamupfunyikira igipupe.
Urubyiruko rw’I Nyabihu ngo rubangamiwe no kutagira ibibuga byatuma rwidagadura uko bikwiye rukaba rwanatera imbere mu mikino n’imyidagaduro.
Akarere ka Nyagatare katangije ku mugaragaro gahunda yo guhinga ubwatsi bw’amatungo mu nzuri, kubwuhira no kubuhunika kugira ngo gakomeze guhangana n’imihindagurikire y’ibihe.
Abaturage bo mu duce tw’amakoro twegereye ibirunga i Nyabihu ngo bafite ikibazo cy’amazi adahagije gituma bavoma mu buvumo n’inzuzi.
Abagize koperative Isano ikorera uburobyi mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru mu Karere ka Bugesera bashyizeho gahunda ya “Girinka” murobyi izabunganira.
Uwari usanzwe ari umutoza wungirije mu ikipe y’igihugu Amavubi ari we Jimmy Mulisa, ni we wasabwe gutoza iyo kipe yitegura umukino wa Ghana.
Bamwe mu bamotari barashinjwa gutwara ibiyobyabwenge kuri moto bakajya kubicuruza hirya no hino mu Rwanda.
Abaturage bajuririye ibyiciro by’ubudehe bashyizwemo ntibitabira kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza kuko bategereje ibyiciro bishya.
Kuri uyu wa kane ni bwo Umuyobozi mukur w’ikipe ya Toronto Raptors yo muri NBA muri gahunda y’iminsi itatu yo gushyigikira umukino wa basketball mu Rwanda
Umuryango Imbuto Foundation wasabye urubyiruko rw’abangavu n’ingimbi mu Murenge wa Mageragere muri Nyarugenge, kuba maso kubera SIDA n’inda z’imburagihe.
Mugambira Aphrodis, nyiri Hotel Eden Golf Rock yajuririye kudafungwa iminsi 30 yari yakatiwe, ariko urukiko ntirwagira umwanzuro ruhita rufata ako kanya.