Mu karere ka Huye hagiye gushyirwaho abafasha mu by’ubuzima, bazafashiriza abarwaye indwara zitandura mu ngo zabo, guhera muri 2017.
Perezida Paul Kagame asanga kudaha agaciro igihe no kureberera amakosa ari imwe mu mpamvu zikomeje kudindiza umugabane w’Afurika mu iterambere.
Maniraho Christian wakoraga mu kigo nderabuzima cya Nyange cyo mu Karere ka Ngoma, yarashwe n’abantu bataramenyekana ubwo yavaga ku kazi.
Abororera hafi y’umugezi w’Akagera mu murenge wa Matimba akarere ka Nyagatare, bavuga ko babangamiwe n’indwara y’Inkurikizi iterwa n’isazi ya Tsetse.
Direct Pay Online Group sosiyete yo muri Afurika y’Epfo yaciye agahigo bwa mbere muri Afurika ko guhabwa icyemezo cy’ubuziranenge mu gutanga serivise zo kwishyura hifashsishijwe ikoranabuhanga.
Mu birori byiganjemo umuco gakondo wa Mali, igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 muri Handball kiri kubera muri Mali cyafunguuwe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri y’imyuga mu Karere ka Gatsibo, batangaza ko bagihura n’ikibazo cy’amazi adahagije, bikabangamira amasomo yabo.
Uyobora isilamu mu Karere ka Huye yasabye imbabazi ku bw’abayisiramu bagenzi babo bagaragayeho ingengabitekerezo yo koreka imbaga mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwijeje abaturage bazatura mu mu mudugudu w’ikitegererezo, kuzatuzwa neza kandi heza kugira bashobore gushyigikira iki gikorwa.
Leta yatangaje ko ubucuruzi bwo mu mihanda i Kigali bwarangiye, nyuma yo kubakira amasoko hirya no hino abahacururizaga (abazunguzayi) bazajya bakoreramo.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball mu gikombe cy’abatarengeje imyaka 18 yongeye kunyagirwa na Egypt (Misiri) ibitego 56-12 muri Palais des Sports de Bamako
Abanyamategeko baturutse mu bigo bitandukanye bya leta bemeje ko gukemura ibibazo hatitabajwe inkiko bifasha inzego zitandukanye kwikemurira ibibazo.
Munyemana Alphonse wo mu Karere ka Ngoma yishe umwana we w’imyaka itatu umukuru aramucika, arangije yiyahuza imiti ntiyapfa.
Abaturage 318 bibumbiye mu makoperative akora isuku mu mihanda iri muri Rulindo batangaza ko bamaze amezi atanu badahembwa kandi bakora.
Umuryango urwanya ubukene n’akarengane "Action Aid’, uravuga ko abantu b’igitsina gore bavunishwa imirimo idahabwa agaciro mu rugo, bigatuma badatera imbere.
Inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) iratangaza ko kugira ubumuga bitavuze kugira ubukene, kuko hari bamwe mu bafite ubumuga bibeshejeho neza.
Aborozi b’inka zitanga amata bibumbiye mu makoperative bavuga ko ubucuruzi bw’amata bukirimo akajagari, bigatuma amakusanyirizo yayo atagera ku ntego.
Abana bitabiriye igikorwa cyo kwita izina bavuga ko batahanye ishyaka ryo gutsinda, nyuma yo kubona bagenzi babo bashimwa ku mugaragaro.
Kuri uyu wa gatanu tariki 2 Nzeri 2016, mu Karere ka Musanze habereye igikorwa cyo kwita izina abana b’ingagi 22.
Mu gikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 18 mu mukino wa Handball kiri kubera muri Mali, ikipe y’u Rwanda yanyagiwe na DR Congo ibitego 45-15 mu mukino wabimburiye iyindi
Bamwe mu bagore bo mu karere ka Ruhango, baravuga ko gutinda kwishyurwa mu biraka bahabwa, bituma ingo zabo zisenyuka.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Kwita Izina Intare byaba indi Intambwe y’iterambere no gusigasira ibyahozeho n’ibiriho mu Rwanda.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye ibirori byo Kwita Izina abana b’ingagi 22, byabereye mu Kinigi mu karere ka Musanze, kuri uyu wa 02 Nzeli 2016.
Bamwe mu borozi bamaze kumenya ko guha inka ibyatsi gusa bidahagije kugira ngo itange umukamo utubutse, ahubwo ko igomba kongererwaho ibiryo by’amatungo.
Urwego rushinzwe isoko ry’Imari n’Imigabane (CMA) rwagiranye amasezerano n’Ikigo cy’Abongereza cyigisha icuruzwa ry’imari n’imigabane (CISI), kikazahugura abateza imbere ishoramari mu Rwanda.
Sergent Major Jean Baptiste Bisemakweli wari akuriye abarinda Col Hatangumuremyi Vedaste ushinzwe ubunyamabanga bw’inama nkuru y’igisirikare cya FDLR Foca yatashye mu Rwanda.
Abitabiriye umuhango wo kwita izina ingagi ku nshuro ya 12, ku mugoroba ubanzirirza igikorwa nyirizina baraye bataramiwe Kinyarwanda.
Umunyamerikakazi Mary Ann McDonald ufotora ibijyanye n’ubukerarugendo, aracyafite amatsiko yo kwitabira Kwita izina nubwo amaze imyaka igera kuri 13 abizamo.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mukuru wo kwita izina abana b’Ingagi ku nshuro ya 12, hateguwe ibikorwa bitandukanye byo kubimburira uwo munsi mukuru.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ivuga ko mu Rwanda ikoranabuhanga ryo kubika amata rikiri hasi bigatuma kuyacuruza hanze bigorana.
Abakozi ba Parike y’igihugu y’ibirunga (Volcanoes National Park), baratangaza ko bamwe mu Banyarwanda bataragira imyumvire ifatika ku bukerarugendo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yabwiye umunyamakuru wa radiyo y’Abafaransa (RFI), wamubajije ibijyanye na demokarasi, ko Abanyafurika badakeneye kuyoborwa n’andi mahanga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Iterambere (RDB), kivuga ko inyungu ya 4% yiyongera ku bukerarugendo buri mwaka, Abanyarwanda bayigiramo uruhare ruke.
Umusore wo mu Karere ka Karongi yafashwe n’abaturage mu rugo rw’abandi bamushinja kuza kuhasambanyiriza umugore wa ny’iri urwo rugo.
Imibare igaragaza ko abagore bo mu Ntara y’Amajyaruguru bakiri inyuma mu kugana ibigo by’imari, bitewe n’uko abagabo bakibafatirai byemezo.
Umwana witwa Benegusenga Elyse wo mu Kagari ka Kabuga, Umurenge wa Rugabano, mu Karere ka Karongi yaraye arohamye mu mugezi ahita apfa.
Kuva ku mwana muto kugera ku muntu mukuru, abageze mu ishuri ndetse n’abatararikandagiyemo baturiye Ikivu, usangamo benshi bafite ikibazo cy’amenyo y’umuhondo asa n’ashiririye.
Ndazigaruye Faustin, wo mu Mudugudu wa Cyenjojo mu Murenge wa Rwempasha muri Nyagatare bamusanganye itaka ry’inzu n’iryo mu murima we arishyiriye umupfumu ngo wamubwiye ko byarozwe ndetse ngo inzu ayitashye yahita apfa.
Ubuyobozi bwa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru burasaba abanyamuryango kugira uruhare mu kugenzura imikorere n’imicungire y’ibimina bya mituweri.
Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’iterambere mu nzego z’ibanze LODA, gitangaza ko ibikorwa giteramo inkunga Akarere bigeze ku kigero gishimishije.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko abaganga bashya barangije Kaminuza boherejwe mu bitaro binyuranye byo mu gihugu bitezweho kongera ubwiza bwa servisi.
Abatuye Umudugudu wa Murindwa mu Kagari ka Birenga, Umurenge wa Kazo mu Karere ka Ngoma barishimira amazi meza begerejwe, bakaruhuka amasaha ane bakoreshaga bajya kuvoma ahitwa i Sine.
Amakipe azitabira Tour du Rwanda yamaze gutangazwa, aho ku makipe azahagararira u Rwanda hagaragaye mo amazina mashya muri Tour du Rwanda
Ikigo cy’igihugu cy’indege za Gisivire cyasabye abatuye mu Karere ka Muhanga kutagira impungenge igihe bazabona utudege tutagira abapilote mu kirere.
Abatuye mu midugudu irindwi y’utugari twa Kibungo mu Murenge wa Ntarama mu Bugesera, bamaze imyaka itanu bishyuye amafaranga yo kubazanira amashanyarazi ariko ntarabageraho.