Gutangaza ko abazungu barusha ubwenge abirabura bimugejeje habi

Dorcas Dienda, wiyamamariza kuba Miss RD Congo, akomeje kwibasirwa n’Abanyekongo nyuma yo gutangaza ko abazungu barusha ubwenge abirabura.

Dorcas wiyamamariza kuba Miss RD Congo niwe watangaje ko Abazungu barusha abirabura ubwenge
Dorcas wiyamamariza kuba Miss RD Congo niwe watangaje ko Abazungu barusha abirabura ubwenge

Yarabitangarije mu kiganiro mpaka cyahuzaga abiyamamariza kuba Nyampinga wa Repubulika Iharanira Demokrasi ya Kongo, cyabaye mu mpera za Kanama 2016, ubwo babazwaga icyo batekereza ku kibazo cy’Abirabura birukira kujya mu bihugu by’Uburayi n’Amerika.

Yagize ati “Ntabwo ari ibyo twahisha, umuzungu afite ubwenge kurusha umwirabura.”

Yabuvize ashaka kugaragaza ko ari yo mpamvu Abaribaura bihutira kujya muri ibyo bihugu: bagiye kuba yo, kwiga yo cyangwa se gukora yo kuko baba bagiye yo kurahura ubwenge.

Nyuma yo gutangaza ibyo abari bateraniye mu cyumba cyaberagamo ibyo biganiro mpaka bavugije induru bamwamagana bamuziza ayo magambo yavuze, bafashe nk’irondaruhu.

Hari abatangije urwandiko rusaba ko Dorcas yakurwa muri Miss RD Congo
Hari abatangije urwandiko rusaba ko Dorcas yakurwa muri Miss RD Congo

Nyuma y’igihe gito, video imugaragaza atangaza ibyo, yatangiye kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nka Youtube, WhatsApp ndetse na Facebook.

Abayibona ntibashidikanya kuvuga ko yasuzuguye Abanyekongo ndetse n’abirabura muri rusange. Bamwe bagasaba ko akurwa muri iryo rushanwa. Hari n’abatangije urwandiko basaba abantu kurusinya (Petition) kugira ngo abategura Miss RD Congo birukane Dorcas.

Uyu nawe yanditse ku rubuga rwa Twitter asaba ko Dorcas yakurwa muri Miss RD Congo
Uyu nawe yanditse ku rubuga rwa Twitter asaba ko Dorcas yakurwa muri Miss RD Congo

Nyuma yo kubona ibyabaye, Dorcas yarababaye cyane avuga ko abantu bumvise nabi ibyo yashakaga kuvuga. Ibyo byatumye ku cyumweru tariki ya 04 Nzeli 2016 asaba imbabazi Abanyekongo n’Abirabura muri rusange.

Amarira abunga mu maso agira ati “Icyo nemera ni uko nta bwoko bw’abantu buruta ubundi, twese turi bamwe. Nzi ko hari bamwe mu bantu bamfashe nk’umurondaruhu! Si ndi umurondaruhu! Ibyo navuze ntibigaragaza uwo ndi we.”

Akomeza avuga ko iyo aba adakunda uwo ariwe n’ibira ry’uruhu rwe ataba yariyamamarije kuba Nyampinga wa Congo.

Nyampinga wa RD Congo azamenyekana tariki 10 Nzeli 2016. Dorcas ahanganye na Cynthia Ikapa, Anado Kabika, Andréa Moloto, Stella Furaha, Benita Domingo Banza, Grâce Liwoto na Déborah Kipulu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

ntaho yabeshye namw
e murabizi ko baturusha ubwenge

hakiza yanditse ku itariki ya: 14-02-2019  →  Musubize

Umuntu afite uburenganzira bwokuvuga icyo ashaka ntakamera dukora ntatrefone dukora

Nzeyi fisto yanditse ku itariki ya: 10-11-2016  →  Musubize

ibyo uwo mukobwa yavuze njewe byita guteshaguzwa

Abdallah yanditse ku itariki ya: 29-09-2016  →  Musubize

ibyo uriya mwana w’umukobwa yavuze nibyo mureke tujye twrmera

joseph yanditse ku itariki ya: 14-09-2016  →  Musubize

A vuze tyo ni kihe kizere yaba afite nku munya NYAFRIKA KAZI ??

ROSE yanditse ku itariki ya: 12-09-2016  →  Musubize

Uvuzekonyirurugo Yapfuye, Siwe Uba Umwishe. Ahubwo Abobanyekongo, Basobanukirweneza Nibyo Yashatse Kuvuga Ahokumuvugiriza Induru. Kuko Urebye Ibyo Abirabura Bakenerakubazungu,wasanga Abazungubarusha Ubwenge Abirabura. Abamwumvishenabi bihangane Bamubabarire, Nje Simbifata Nkironda Ruhu

Tuyishime Innocent yanditse ku itariki ya: 7-09-2016  →  Musubize

Dorcas ni umunyecongo wuzuye, ni umukobwa wa KASINDE. Murebe kuri google urasanga ari mwiza kurusha uko ubitekereza

Elias yanditse ku itariki ya: 7-09-2016  →  Musubize

Urebeyehe ko adasa na banyekongo? Ubundi wowe uzi Kongo ari nkumugabane? Ushobora kuba uzi abanyekongo b’iburasirazuba kuko wenda aribo begeranye n’u Rwanda, ariko utazi abo mumajyepfo, uburengerazuba cg congo yo hagati (aba kasayi)

Ibyo nawe n’ivangura

Elias yanditse ku itariki ya: 7-09-2016  →  Musubize

Uyo muko Jew mbina atasa baba congoman pe!"bars mubeshey

Jimmy yanditse ku itariki ya: 6-09-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka