Abanyeshuri 43 bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Bunge mu Karere ka Nyaruguru, borojwe ihene, kugira ngo bibafashe gukurana umuco wo kwikorera.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Uwamariya Odette arahamagarira abacuruzi bakomeye kudasuzugura amamurikagurisha aciriritse kuko arimo ibanga rikomeye batazi.
Urugaga Nyarwanda rw’abahanga mu by’imiti rwemerewe kwinjira mu Ihuriro Mpuzamahanga ry’abahanga b’imiti (FIP), mu rwego rwo gukomeza guteza imbere umwuga bakora.
Abaturage bo mu Bugesera bakoresha amavomo rusange mu mirenge itandukanye barasaba ko hajya hakurikiranwa abanyereje amafaranga y’amavomo aho gufungirwa amazi.
Amarerero rusange afasha ababyeyi gukora imirimo y’urugo badahangayikiye abana, kuko baba bafitiye icyizere uburere bari buhabwe n’abandi babyeyi baba babasigaranye.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko umunyamuryango nyawe akwiye kurangwa n’ubunyangamugayo,kandi akubaha gahunda leta igenera abaturage.
Musabyimana Jacqueline wo mu Karere ka Nyamasheke, aterwa ishema n’akazi akora ko gukora inkweto, nubwo hari abo bigitangaza, bavuga ko ashaje.
Ubushakashatsi bwakozwe na Minisiteri y’imari n’igenamigambi muri uyu mwaka bwerekanye ko 91% bya’abatuye Intara y’Amajyaruguru bakorana n’ibigo by’imari.
Impuguke mpuzamahanga zaje ’kwita izina’ abana b’ingagi, zisaba ibihugu guca ubukene n’inzara mu baturage, kugira ngo urusobe rw’ibinyabuzima rudakomeza gukendera.
Ku munsi wa mbere w’imyitozo kuri Stade Amahoro, Mugiraneza Jean Baptiste na Sugira Ernest batangiye imyitozo hamwe n’abakina imbere mu gihugu
Ndengabaganizi Euphrem, umuhinzi wa kawa mu Karere ka Ngoma, arasaba ubufasha nyuma y’inkongi y’umuriro yibasiye hegitari eshanu za kawa ye.
Mu kumwe kumwe gusa kwa Kanama 2016, abantu 42 batawe muri yombi bakekwaho ubujura bw’inka n’ihene.
Perezida Kagame yatangaje ko mu gihe cya vuba RwandAir itangira ingendo zayo mu Murwa mukuru wa Benin, Cotonou, kubera imibanire ibihugu byombi bifitanye.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, avuga ko iterambere ritashoboka nta mutekano kuko ari wo musingi waryo agasaba buri wese kuwubungabunga.
Leta y’u Rwanda irateganya kuzakoresha ingengo y’imari ya miliyari 5.5Frw mu matora ya Perezida azaba mu kwezi kwa Kanama mu 2017.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, batangiye abatishoboye 30 bo muri uwo murengeumusanzu wa Mituweri.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mupira w’amaguru yashyizwe mu itsinda rya Kabiri muri CECAFA izabera Uganda kuva taliki ya 11-20/09/2016 muri Uganda
Ubuyobozi bw’Ikigo kigisha imyuga kikanagorora urubyiruko rwangiritse cya Iwawa buratangaza ko kuba bamwe mu bajyayo baba batazi gusoma no kwandika bidindiza amasomo bahabwa.
Abaturiye Umugezi wa Mashyiga mu Karere ka Karongi barasabwa kumva ko ibikorwa byawushyizweho mu rwego rwo kuwubungabunga ari inyungu zabo, bakabyitaho.
Abakozi bashinzwe iterambere mu tugari tugize Akarere ka Karongi barashinjwa intege nke mu ikorwa ry’amatsinda ya "Twigire Muhinzi".
Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu, Dushimimana Lambert, aranenga bamwe mu bakozi b’akarere bamunzwe na ruswa kuko ngo bihesha akarere isura mbi muri rusange.
Abatuye mu Isanteri ya Nyarutovu, mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi bafite impungenge z’amapoto y’ amashanyarazi ashaje akaba yaratangiye kubagwira.
Akarere ka Ruhango gafatanyije n’abaturage barimo kubakira imiryango 12 y’Umurenge wa Ruhango yari ituye nabi, kandi ngo bizageza mu mpera za Nzeri 2016, bamaze gutuzwa neza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare burihanangiriza bamwe mu baturage bateye umugongo kurara irondo.
Perezida wa Benin, Patrice Talon, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu aho biteganyijwe ko azasura igice cyahiriwe inganda n’ubucuruzi (Free Trade Zone) n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itermambere (RDB).
Amapantaro y’amakoboyi acikaguritse azwi nka “Déchiré” yambarwa n’abantu batandukanye mu Rwanda, nyamara abenshi batanazi inkomoko yayo n’impamvu aba acikaguritse.
Abifite mu Karere ka Karongi barasabwa kongera ingufu mu kwita ku bana b’impfubyi kuko ababigiramo uruhare cyane ari abaciriritse.
Abaturiye ruhurura ya Mpazi mu Murenge wa Rwezamenyo w’Akarere ka Nyarugenge, baravuga ko kuva yakorwa, inzu zabo zazamuye agaciro.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Huye ruvuga ko bagenzi babo bagiye bandura Sida byagiye biterwa ahanini n’abantu bakuru babashukisha amafaranga, ariko hakaba n’abagiye bagemurwa na bagenzi babo.
Umuyobozi w’Akarere ka Kamonyi, Udahemuka Aimable, arasaba abaturage b’Umurenge wa Nyarubaka gushyira hamwe no gufasha abatishoboye kugira ngo na bo bagire ubuzima bwiza.
Abakinnyi batandatu mu ikipe y’igihugu Amavubi bamaze gusezererwa mu gihe iyi kipe ikomeje imyiteguro yo kwitegura umukino uzayihuza na Ghana kuri uyu wa Gatandatu
Abana batanu bo mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze bafatiwe ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi bavuga ko bari bagiye guhanurira U Burundi.
Kuri uyu wa 27 Kanama, Maniragaba Elisa w’imyaka 26 yishwe atewe icyuma na Mugisha Emmanuel w’imyaka 16 bapfa isambusa.
Abarimu bo muri GS. Nyumba baratabariza mugenzi wabo Ferdinand Ndorimana wagize impanuka ikomeye, ubu akaba akeneye arenga miliyoni ngo abashe kwivuza.
Miss Kwizera Peace, igisonga cya mbere cya Nyampinga 2016, agiye kumurika igitabo yanditse gikangurira abana gusoma no gukunda umurimo bakiri bato.
Umubano wihariye hagati y’Akarere ka Gasabo n’aka Ngomba witezweho gufasha buri karere gucyebura akandi, kuko kamwe ari ak’icyaro akandi kakaba ak’umujyi.
Dr. Joseph Mungarurire, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubushakashatsi n’Iterambere ry’Inganda (NIRDA), avuga ko umwaka wa 2018 uzarangira imiti yakorwaga na IRST yasubiye ku isoko.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Francis Kaboneka, yasabye abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge, kwimakaza ubuyobozi bwiza butarangwamo ruswa kugira ngo bageze abaturage ku cyerekezo kizima.
Abayobozi b’inego z’ibanze mu Karere ka Rulindo basabwe kurushaho kwegera abaturage bayobora kugira ngo bafatanyirize hamwe kwicungira umutekano.
Mu gihugu cya Kenya hari kubera imikino ihuza ibigo by’amashuri yisumbuye yo muri Afurika y’i Burasirazuba, aho kuri iki cyumweru ari bwo amarushanwa yafunguwe ku mugaragaro
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga barakangurira abaturage bako kwihutira kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) kuko ngo abatinda kubwishura baritesha amahirwe yo kuvurwa ku gihe.
Abagore baterwa inkunga n’umuryango Women for Women, baravuga ko ubumenyi bwo gucunga amatsinda bahabwa, bubaha icyizere cy’iterambere kabone nubwo inkunga bahabwa n’uyu muryango yahagarara.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana yasabye abamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali kwicungira umutekano, bubahiriza amategeko y’umuhanda kandi bagatangira amakuru ku gihe.
Ihuriro ry’Abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere ka Nyaruguru, ryavuze ko ryiyemeje gukumira umufatanyabikorwa wategura imishinga itazagerwaho bita “baringa”.
Umuryango w’Abibumbye wambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda 448 bari mu butumwa bwawo (MINUSCA) bwo kugarura no kubungabunga amahoro mu gihugu cya Santarafurika (Centrafrique).
Abavandimwe babiri bo mu Kagari ka Gasharu, Umurenge wa Gitesi mu Karere ka Karongi barashinjwa kwica uwo bava inda imwe bafatanyije n’umututuranyi.
Guhererwa serivise ahantu hashaje byatumye abatuye Akagari ka Munazi, mu Murenge wa Save muri Gisagara biyubakiye ibiro by’akagari bifite agaciro ka miliyoni 19.
Mu mushinga w’imyaka itatu wo gukangurira abana b’abakobwa gukunda umupira w’amaguru, u Rwanda rurizera ko uzarangira rufite amakipe atatu mu byiciro by’imyaka bitandukanye