
Uyu mutoza amaze ibyumweru bitatu adatoza iyi kipe, ariko impamvu adatoza ngo ni uko, yaba yarahagaritswe n’ubuyobozi bw’iyi kipe.
Kuri uyu wa Kabiri yavuze ko nyuma y’iminsi ibiri, azamenyesha itangazamakuru niba yirukanywe cyangwa se akomeje akazi ke.
yagize ati” Nibyo maze igihe ntatoza, ariko nta makuru mfite mutegereze nzayabaha ejo Ku wa gatatu cyangwa ejo bundi ku wa kane”.
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR, ntiburatangaza niba uyu mutoza umaze igihe adatoza yarirukanywe.
Umunyamabanga wayo Adolphe Camarade na Kazungu Clever uyivugira, batangarije Kigali Today ko nta makuru bafite kuri ibi bivugwa.
Kanyankore Yaounde yerekanwe nk’umutoza mukuru wa APR tariki ya 26 Nyakanga 2016, avuye mu ikipe ya Vitalo yo mu gihugu cy’u Burundi.
Yari yungirijwe na Yves Rwasamanzi ndetse na Ibrahim Mugisha nk’umutoza w’abazamu, ari nabo bari gutoza iyi kipe muri iyi minsi.
National Football League
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
urwishe yanka koko!!! namwe c mwyoborwa nabi ?ko ari rayon na kiyovu !!!kanyankore......
birakaze none ya magambo yavuze