Perezida Paul Kagame yatangarije abitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku bukerarugendo, ko u Rwanda rwashyizeho uburyo inyungu ziva muri pariki zigirira akamaro n’abazituriye.
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye Shampiona na APR zegukanye igikombe cy’Amahoro zizahurira i Rubavu mu gikombe kiruta ibindi mbere y;uko Shampiona itangira
Abanyarwanda bakorera cyangwa bifuza gukorera ubucuruzi muri Tanzania baracyahura n’ibibazo bitandukanye bibaca intege mu kazi kabo bakifuza ko byahinduka.
U Rwanda rwashyikirije Congo (DRC) umupolisi wo muri icyo gihugu witwa Sgt Major Nemegabe Ndosa Paul wafatiwe mu Rwanda avuga ko yari yataye ubwenge.
Ikipe ya Mukura yamaze gusinyisha amasezerano y’imyaka ibiri, umukinnyi wakiniraga ikipe ya Vital’o n’ikipe y’igihugu y’u Burundi.
Musanabera Bellancile, umukecuru ufite imyaka 80 utuye mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro ntazongera kurara yikanga ko inzu ye imugwaho kuko bayimusaniye ikaba nshya.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Epfo bahuriye n’abakora muri Ambasade y’u Rwanda mu igikorwa cyo kwizihiza umunsi mukuru w’Umuganura wa 2017.
Ikipe ya Polisi yabonye itike yo gukina umukino wa nyuma mu mikino ya gipolisi ihuza amakipe ya gipolisi muri Afurika yo hagati n’iy’Iburasirazuba iri kubera i Kampala muri Uganda.
Guverinoma yongeye ingufu mu kugarura Umuganura,kuko wari utangiye kugenda uzima, nyuma y’imyaka igera ku 1200 wizihizwa n’Abanyarwanda.
Liliane Mbabazi wahoze mu itsinda rya Blue 3 hamwe na Sindi Sanyu na Jack Chandiru, Yimukiye mu Rwanda n’abana be, akazanakora umuziki ucurangitse Kinyarwanda.
Ndagijimana Daniel Utuye mu kagari ka Ruyonza mu murenge wa Ruramira muri Kayonza yegukanye irushanwa ryo gusiganwa ku magare bishimira intsinzi ya Perezida Paul Kagame.
Amagaju yabihije ibyishimo bya Rayon Sports ku munsi wo kwerekana igikombe cya Shampiyona i Huye, aho yayitsinze ibitego 2-1 .
Nkazamurego Alain Pacifique yahimbye ‘Software’, ikoreshwa mu gucuruza no kugura ibicuruzwa bya Made in Rwanda bidasabye ko ugura n’ugurisha bahura.
Ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), umuririmbyi The Ben yakoze igitaramo cyiswe “Kwita Izina Gala Dinner” cyabereye muri Kigali Convention Center.
Meddy, umuririmbyi w’umunyarwanda ariko uba muri Amerika yageze mu Rwanda aho yaje mu gitaramo cyiswe "Beer Fest".
Umuhanzi Ngabo Meddy yakandagije ibirenge bye Ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, nyuma y’imyaka irindwi atahakandagira.
Abaturage n’abayobozi babo bafatanyije n’inzego z’umutekano hirya no hino mu gihugu bazindukiye mu gikorwa cy’umuganda usoza ukwezi kwa Kanama.
Abaturage 1500 batishoboye bo mu murenge wa Musanze mu karere ka Musanze ntibazongera kurembera mu rugo kuko bishyuriwe Mitiweri izabafasha kwivuza.
Umuririmbyi Bruce Melody atangaza ko indirimbo “Ikinya” ikunzwe n’abati bake muri iki gihe, yayihimbye akamara umwaka n’igice ayitegura.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yizeje Kaminuza y’u Rwanda inkunga ya Guverinoma kugira ngo ireme ry’uburezi rigerweho mu mashuri yose mu Rwanda.
Inka ebyiri zirimo ihaka z’uwitwa Hategekimana Jean Marie Vianney utuye mu Murenge wa Bumbogo muri Gasabo, zatwitswe n’abantu bataramenyekana ku wa gatatu w’iki cyumweru.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko buri Munyarwanda amaze kumenya akamaro ko kuboneza urubyaro, ku bw’ibyo akaba ari we ukwiye kwihitiramo umubare w’abo azabyara.
Umuhanzi Senderi avuga ko agiye gukora ibitaramo byo gukusanya amafaranga yo kugura amagare yo guha abaturiye umugezi wa Nyabarongo bagorwa no kubona amazi meza.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi yasabye abamurika ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda kongera ubwiza n’ubuziranenge, abagira inama yo kurebera kuri bamwe mu banyamahanga baje kumurika ibyo bakora.
Abaturage bo mu Murenge wa Kabatwa mu Karere ka Nyabihu bakoraga urugendo rw’ibirometero bajya kwivuriza ku mavuriro yo muri Musanze na Rubavu basubijwe kuko bubakiwe ivuriro rishya.
Ababyeyi bo mu murenge wa Munyaga muri Rwamagana ntibazongera kuvunika bajya kubyarira mu bitaro bya Rwamagana kuko begerejwe inzu y’ababyeyi yujuje ibyangombwa.
Abunzi 910 bakorera mu Karere ka Gicumbi bamaze kwiyungura ubumenyi mu gukemura amakimbirane abaturage baba babagejejeho.
Ikipe ya Gorillas Handball Club na Fc St Pauli Handball yo mu Budage basuye abana batorezwa umukino wa Handball muri Gs Mwendo iherereye mu Karere ka Bugesera bayurwa n’urwego rw’imikinire babasanganye.
Umuti witwa Baygon na Off irwanya imibu yatumye malariya igabanuka ku kigero cya 48% ku bivuriza ku kigo nderabuzima cya Gishari.
Iribagiza Azela utuye mu Murenge wa Mwendo muri Ruhango ahamya ko igihingwa cya Geranium kuva yagihinga kimaze kumwinjiriza imari itubutse yamufashije kwikura mu bukene.
Nyuma y’umunsi wa nyuma w’amajonjora mu mikino ihuza amakipe yisumbuye, ibigo 9 byo mu Rwanda muri 21 byageze muri 1/4 cy’irangiza
Kuri sitasiyo ya polisi y’i Huye hafungiye abagabo batatu bakurikiranweho kwiba no kugurisha ibyuma by’amapironi n’iby’impombo zifashishwa mu gukora ibiraro.
Inka zo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi zibasiwe n’indwara yitwa ubutaka ifata inka ikagagara ubundi igahita ipfa nta bindi bimenyetso.
Ikipe ya Polisi yerekeje muri Uganda kwitabira imikino ihuza amakipe y’abapolisi yo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba izabera i Kampala guhera tariki ya 24 kugeza tariki ya 30 Kanama 2017.
Ibitaro bya gisirikare bya Kanombe bigiye gutangira gukoresha imashini nshya ipima kanseri, izajya itanga ibisubizo mu minsi itanu, mu gihe mbere byafataga ibyumweru bibiri.
Dieudonné Twahirwa uhinga urusenda akanarugemura mu mahanga, avuga ko uyu mwaka ashobora kuzinjiza miliyoni 46RWf, nyuma yo kubona isoko mu mahanga.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Musabyimana Jean Claude arahamagarira abaturage bo mu Karere ka Gicumbi gukaza irondo kugira ngo barusheho kwicungira umutekano.
Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu n’iterambere mu biyaga bigari (GLIHD), urasaba ko amategeko ahana abakora uburaya yahinduka kuko hari aho abashyira mu kato.
umugabo ushinjwa ubwicanyi warugiye guhanishwa kwicwa atewe urushinge muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, yarusimbutse hasigaye amasaha ane.
Abaturage 397 bo mu Karere ka Nyanza baturuka mu miryango 95 ntibazongera kurwara ngo barembere mu rugo kuko bahawe ubwisungane mu kwivuza.
Ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), umuririmbyi The Ben agiye gukora igitaramo cyiswe “Kwita Izina Gala Dinner” kizabera muri Kigali Convention Center.
Umuririmbyi The Ben avuga ko amaze kwibonera imbona nkubone abakobwa batatu basutse amarira babitewe n’uko bamubonye ari ku rubyiniro aririmba.
Umuyobozi bw’Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugene aranenga urubyiruko rutegura imihigo itagaragaza impinduka kandi ari zo zikenewe mu irerambere ry’igihugu.
Kuri uyu wa 22 Kanama 2017 nibwo ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje urutonde rw’abakinnyi izifashisha mu mwaka w’imikino wa 2017-2018.