Paul Sanyangore, umupasitoro wo muri Zimbabwe yatunguye abayoboke b’idini rye ubwo bari mu materaniro afata telefoni ye igendanwa ahamagara Imana aho iri mu ijuru baravugana.
Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bigaragaza ko igihe cyo guca “Caguwa” kitaragera, igihari ubu ngo ni uguteza imbere ibikorerwa muri ibyo bihugu.
Abakecuru b’incike za Jenoside yakorewe Abatutsi b’i Nyamagabe bavuga ko banezerwa n’uko batakiyumva nk’incike kuko bafite igihugu nk’umuryango wababyariye abana babitaho.
Umuyobozi w’ikigo cyigisha abana batumva batanavuga cy’i Huye, yifuza ko abana bigisha batajya bakora ibizamini by’indimi bisa n’iby’abandi banyeshuri.
Apotre Gitwaza Paul, uyobora itorero Zion Temple ku isi, yavuze ko byoroshye ko abana be biga muri Amerika kuruta uko bakwiga mu Rwanda, kuko nta bushobozi afite bwo kubarihira amashuri mu Rwanda .
Abaturage batuye Zone Birindi mu karere ka Gicumbi, bavuga ko kugirango bagere aho bivuriza bibasaba amasaha atari munsi y’atatu, bagasaba kwegerezwa ivuriro.
Agasobanuye ni izina ryahawe filime zatangijwe n’umugabo uzwi ku izina rya Yanga (younger) ahagana mu 1997. aho azisobanura azikura mu ndimi z’amahanga akazishyira mu Kinyarwanda.
Abayisilamu bibumbiye mu ihuriro ryitwa “Abasangirangendo” bagabiye inka 10 abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu Murenge wa Rusenge muri Nyaruguru.
Perezida Paul Kagame yabwiye umuryango w’Abayahudi ko amateka ya Jenoside Isiraheri n’u Rwanda byanyuzemo, yatumye habaho ipfundo ry’ubucuti ridasanzwe.
Umujyi wa Kigali urizeza abari basanzwe bakoresha imihanda iri kwagurwa muri uwo mujyi ko bitarenze Nyakanga 2017 izaba yuzuye yongeye gukoreshwa.
Mu isiganwa mpuzamahanga ryitiriwe Amahoro ryaberaga mu Rwanda, Umunyarwandakazi Nyirarukundo Salome yegukanye umwanya wa mbere mu gice cya Marathon
Umutoza wa Rayon Sports Masudi Djouma avuga ko imikino ya shampiyona isigaye bari kuyikina by’umuhango kuko bamaze gutwara igikombe ngo igikombe cy’amahoro nicyo kibaraje ishinga.
Mu Iserukiramuco ryitwa “International Cultural fiesta” ryabereye mu Ntara ya Liaoning mu Bushinwa, Abanyarwanda biga muri kaminuza yitwa Shenyang Aerospace, bamuritse Umuco Nyarwanda mu ndirimbo no mu mbyino, bisusurutsa imbaga yaryitabiriye.
Umukinnyi wa film muri Hollywood Dwayne Johnson uzwi nka ’The Rock’ yatangaje ko bishimishije cyane kumva abafana be bifuza ko yazitabira amatora ya perezida USA mu matora ya 2020.
Kuri uyu wa Gatandatu mu karere ka Bugesera habereye isiganwa ry’amamodoka, aho Gakwaya Jean Claude na Mugabo Jean Claude ari bo baryegukanye
Ikipe ya Pipiniere yamaze kumanuka mu cyiciro cya kabiri inganyije na Rayon Sport yamaze kwegukana igikombe cya shampiyona.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction y’i Rubavu ni we wegukanye isiganwa ry’amagare rytiriwe "Kwibuka", ryavaga mu Ruhango ryerekeza i Karongi
Abasirikare, abapolisi n’Abasiviri b’ibihugu umunani byo muri Afurika basoje mahugurwa i Musanze, biyemeje kurwanya Jenoside bahereye ku byo babonye mu Rwanda.
Abaganga bashinzwe kuvura abana kanseri mu bitaro bya Butaro byo mu karere ka Burera bemeza ko iyo bavuwe hakiri kare bakira neza.
Ubushinjacyaha bukuru buratangaza ko ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Caporali Habarugira Jean Damascene wahoze mu ngabo z’igihugu, yamaze gutabwa muri yombi na Polisi y’igihugu.
Umujyi wa Kigali watangaje imihanda izifashishwa n’abatwara ibinyabiziga, mu gihe hari imwe mu izifashishwa muri Kigali Peace Marathon izaba ifunze.
Imodoka 9 zirimo izizaturuka i Burundi eshatu ndetse n’iz’abanyarwanda ni zo zizitabira isiganwa ry’amamodoka ribera i Bugesera kuri uyu wa Gatandatu
Umuhanzi Diamond Platinumz yatangiye gucururiza indirimbo abahanzi bo mu Rwanda ahereye ku muhanzi DJ Pius.
Bruce Melody agiye kwerekeza i Nairobi muri Kenya mu igerageza ryo kuririmba ngo hasuzumwe niba ashobora gukorana na Coke Studio.
Ikompanyi yitwa Digitata Insights na MTN Rwanda batangije ku mugaragaro uburyo bwitwa MeMe bwo koherereza abakiriya ba MTN ubutumwa bugufi bumenyekanisha serivisi runaka.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) rigiye kwibuka abahoze ari abakinnyi, abayobozi n’abakunzi bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda habereye amatora y’abadepite icyenda bazahagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga amategeko ya Kane y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba(4th EALA).
Ikigo giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA), ndetse n’Ishuri rikuru IPRC-Kigali, basaba abiga imyuga n’ubumenyingiro kurangiza berekana ibyo bavumbuye aho kwerekana ibitabo.
Minisitiri w’ubuzima Dr Diane Gashumba arahamagarira abakora muri serivisi z’ubuzima guhagurukira ikibazo cy’abana bapfa bavuka.
Abadepite mu Nteko ishinga Amategeko y’u Rwanda barasaba ko ibihugu bicumbikiye impunzi z’Abanyarwanda byabohereza iwabo kuko mu Rwanda ari amahoro.
Urugereko rushinzwe kuburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyaha byambukiranya Imipaka, kuri uyu wa 18 Gicurasi 2018 rwasubukuye urubanza rwa Ntaganzwa Ladislas wahoze ari Burugumesitiri wa Komini Nyakizu muri Perefegitura ya Butare ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abarwayi ndetse n’abarwaza ba kanseri ku bitaro bya Butaro, bifuza ko imiti y’iyi ndwara yazajya itangirwa no mu bindi bitaro kugira ngo bagabanirizwe imvune.
Application yiswe VugaPay yifashishwa mu kohererezanya amafaranga “Mobile Money” yakozwe n’abana babiri b’Abanyarwanda bava indi imwe, yaje ku isonga mu mishinga icumi mishya y’ikoranabuhanga itanga icyizere muri Afurika.
Abaririmbyi Charly na Nina batangaza ko iyo bafite akazi kenshi kuryama babyibagirwa ku buryo ngo bashobora kuryama amasaha ane cyangwa ari munsi yayo.
Ikigo cy’igihugu cy’ubuzima (RBC) gitangaza ko kuba Ingabo z’u Rwanda (RDF) zitabira gutanga amaraso yo gufasha abarwayi bizatuma atazongera kubura.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa kane tariki ya 18 Gicurasi 2017, Madame wa Perezida wa Kenya, Margaret Gakuo Kenyatta yatangaje ko azifatanya na Madame Jeannette Kagame muri Kigali International Peace Marathon.
Ababyeyi bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Kamonyi, bamaze amezi 10 badahabwa inkunga y’ingoboka ibunganira mu mibereho.
Bamwe mu batoza b’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri mu Rwanda batangaza ko uko amakipe akina igikombe cy’amahoro atomborana bidakorwa neza.
Ministeri y’umuco na Siporo mu Rwanda iratangaza ko yashimishijwe n’ishema ikipe y’igihugu ya Beach Volley y’abakobwa yahesheje igihugu itwara igikombe cy’afurika
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwegukana igikombe cya Shampiona hari bimwe mu byaranze inzira yanyuzemo kugera itwaye igikombe
Abasirikare bakuru, abashakashatsi, abarimu n’impuguke mu bya politiki n’umutekano bari bateraniye mu ishuri rikuru ry’igisirikare cy’u Rwanda (RDF Command and Staff College) riri i Nyakinama muri Musanze, biyemeje kutarebera ibiteza umutekano muke muri Afurika.
Abashinzwe ubuzima mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana bemeza ko siporo yabaye imbarutso yo gutuma abaturage basaga 500 bipisha ku bushake indwara zitandura.
Mu magambo aremereye, kuri uyu wa 17 Gicurasi 2017, urubanza rwa Dr Kabirima Jean Damascene ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Rusenge muri Nyaruguru, rwakomeje yisobanura ku makuru yatanzwe n’ubushinjacyaha.
Ababyeyi batatu bo mu Karere ka Nyaruguru bafashe umwanzuro wo kwibera mu kato, nyuma y’uko umuganga ababwiye ko uburwayi bwo kujojoba bita “Fistula” bafite burenze ubushobozi bwe.
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya 8 cya Shampiona itsinzwe rimwe gusa, inganyije inshuro enye, mu gihe isigaje imikino ine ngo Shampiona irangire
Ikipe ya Rayon Sports yegukanye igikombe cya Shampiona nyuma yo gutsinda Mukura ibitego 2-1 byatsinzwe na Moussa Camara