Amakipe y’u Rwanda arahatana n’iyo mu Budage mu irushanwa “Umurage Handball trophy”

Kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru hateganyijwe irushanwa rya Handball rizahuza amakipe akomeye yo mu Rwanda n’ikipe ya FC St Pauli Handball yo mu Budage.

Ku bufatanye na Umurage communication for Development (UMC), Polulation Media Center (PMC), UNICEF, FC St Pauli Handball yo mu budage na Kimisagara Youth Center, Hopeline sports na FERWAHAND, hateguwe irushanwa ry’umukino wa Handball rizahuza amakipe y’abakiri bato, abakobwa ndetse n’abahungu rikazabera ku bibuga bya Kimisagara kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru.

Ikipe ya Fc St Pauli Handball iraba ihangana n'andi makipe yo mu Rwanda
Ikipe ya Fc St Pauli Handball iraba ihangana n’andi makipe yo mu Rwanda
Iyi kipe ya Fc St Pauli yashinzwe mu mwaka wa 1910, ikaba imaze imyaka 117
Iyi kipe ya Fc St Pauli yashinzwe mu mwaka wa 1910, ikaba imaze imyaka 117

Ku wa gatandatu hazatangira imikino y’abana bato baturutse hirya no hino ndetse n’abakobwa, hanyuma Ku cyumweru hakinwe amarushanwa y’amakipe y’abagabo akomeye yo mu Rwanda azaba yiyongeraho na FC St Pauli yo mu Budage.
Usibye iri rushanwa kandi hazaba hari n’icyumeru cy’ibikorwa bitandukanye bizagirwamo uruhare n’abagize iyi kipe yo mu Budage ya Fc St Pauli Handball Club harimo gutanga inkunga y’ibikoresho bageneye ikipe ya Gorillas Handball Club.

Alfred Twahirwa, Umuyobozi wa Gorillas Handball Club
Alfred Twahirwa, Umuyobozi wa Gorillas Handball Club

Amakipe yamaze kwemera ko azitabira iri rushanwa:

1. Icyiciro cy’abagabo:

 APR Handball club
 Police Handball club
 FC St. Pauli Handball
 Nyakabanda Handball club

2. Icyiciro cy’abagore:

 Gorillas Handball club Women
 GS Mwendo Women
 Duha Complex School
 GS de la SALLE

Ikipe ya Gorillas Hc y'abakobwa nayo izitabira iri rushanwa
Ikipe ya Gorillas Hc y’abakobwa nayo izitabira iri rushanwa
Ikipe ya Gorillas isanzwe yitabira amarushanwa atandukanye
Ikipe ya Gorillas isanzwe yitabira amarushanwa atandukanye

3. Icyiciro cy’abakiri bato:

 Gorillas Handball Academy
 GS Mwendo
 GS St Aloys Rwamagana
 GS de la SALLE

Abanyarwanda bazaba berekana urwego bagezeho muri Handball
Abanyarwanda bazaba berekana urwego bagezeho muri Handball
Mu irushanwa riheruka gutegurwa na PMC ryari ryiswe Impano n'Impamba Handball Trophy ryatwawe na Gorillas Hc mu bakobwa
Mu irushanwa riheruka gutegurwa na PMC ryari ryiswe Impano n’Impamba Handball Trophy ryatwawe na Gorillas Hc mu bakobwa
Amakipe azitwara neza azahabwa ibihembo birimo ndetse n'imidari n'ibikombe
Amakipe azitwara neza azahabwa ibihembo birimo ndetse n’imidari n’ibikombe

Ibindi bikorwa bindi biteganyijwe

Ku wa Kabiri tariki 22/08/2017: Abadage bazahugura abatoza banagaragaze uko session y’imyitozo ikorwa,

Ku wa gatatu tariki 23/08/2017: Abashyitsi bazasura Academie ya Mwendo mu Bugesera banakine na Gorillas HC Ku Kimisagara.

Ku wa kane tariki 24/08/2017: Hazabaho ibiganiro n’abafatanyabikorwa batandukanye, hanasinywe amasezerano y’ubufatanye hagati ya Gorillas HC na FC St Pauli Handball, nyuma habeho no gusabana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Aba bayobozi ba Gorillas HC ni abo gushimirwa kandi bakomereze aho. Imana ikomeze twese kutuba hafi mu guteza imbere umukino wacu wa handball ndetse na sport muri rusange.

Nephron yanditse ku itariki ya: 18-08-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka