Imwe mu Nkura yabyaye nyuma y’amezi ane zigaruwe mu Rwanda
Yanditswe na
KT Editorial
Mu kwezi kwa Gicurasi 2017, nibwo Inkura z’umukara zigera kuri 18 zagaruwe muri Parike y’Akagera, nyuma y’imyaka 10 zari zimaze zaracitse mu Rwanda.

Inkura imaze ukwezi ivutse muri Parike y’Akagera imeze neza
Nyuma y’Amezi ane zigeze mu Rwanda, Ubuyobozi bwa Parike y’Akagera bwatangaje ko imwe muri izi Nkura yiswe Ineza, imaze ukwezi ibyaye umwana wayo ameze neza.
Izi nkura uko ari 18 zagaruwe mu Rwanda, nyuma y’imyaka ibiri intare zirindwi zigaruwe muri Parike y’Akagera, bituma iyi Parike ibarirwa mu ma Parike afite inyamanswa eshanu zikomeye zizwi nka Big Five.
Uku kugaruka kw’izi nyamanswa muri Parike y’Akagera , byatumye umubare w’abayisura wiyongera, aho mu Kwezi kwa Nyakanga 2017 iyi Parike yinjije ibihumbi Magana abiri by’Amadolari ya Amerika, asaga 160.800.000 FRW.
Inkuru zijyanye na: Inkura
- Urugendo rutoroshye inkura zakoze zitahuka mu Rwanda (Amafoto)
- Inkura eshanu zaturutse i Burayi zageze mu Rwanda amahoro (Amafoto)
- U Rwanda rugiye kwakira izindi nkura eshanu
- U Rwanda rugiye kwakira izindi Nkura ziturutse i Burayi
- Izindi nkura 8 zagejejwe mu Rwanda
- Inkura zizongera 10% ku musaruro w’Ubukerarugendo
- Inkura 10 zageze mu Rwanda nyuma y’imyaka 10 zicitse
- Hagiye koherezwa inkura muri Pariki y’Akagera
- U Rwanda rugiye kuzana intare n’inkura zivuye muri Afurika y’Epfo
Ohereza igitekerezo
|
Ni byiza cyane.