
Sosiyete izwi nka Kigali Investment Company (KIC Ltd) niyo iyiguze itsinze abandi bashoramari batandukanye bayihataniraga mu cyamunara cyamaze amasaha agera kuri atatu.
UTC yari isanzwe ari iy’umushoramari Tribert Ayabatwa Rujugiro, yatejwe cyamunara kubera ibibazo by’imisoro.

Me Nsabimana Vedatse, umuhesha w’Inkiko ni we wari uhagarariye icyo cyamunara cyatumye Rujugiro yamburwa uburenganzira ku nzu yari afiteho imigabane ingana na 97% mu gihe abandi banyamigabane bane bagabanaga 3% asigaye.

Iyo nzu kuva yuzura muri 2006, yagize ibyashara byinshi kuko yari imwe mu zigezweho bituma abafite ibikorwa byiyubashye bayigana. Mu bayikoreragamo bazwi harimo nk’isoko rya Nakumatt, aho banywera ikawa hazwi nka Bourbon Coffee na Banki ya Access.
Umuvugizi wa KIC, James Rudasingwa yavuze ko iyo nzu izakomeza kuba iy’ubucuruzi kandi bazafata neza abayikodesha n’abazayizamo nyuma.
Yagize ati “Ubusanzwe ni inzu y’ubucuruzi natwe nta kindi duteganya kuyikoreramo uretse ubucuruzi. Uyu ni umwuga wacu, tuzakoresha ubunararibonye dufite mu gufata neza abakiriya ndetse tunarenze uko bari basanzwe bafashwe."
Yongeraho ko iyo nzu izabafasha kongera umusaruro w’ibikorwa byabo by’ubucuruzi ndetse n’imisoro binjiza izamuke.
Uwayoboye icyo cyamunara, Me Nsabimana yavuze ko abegukanye iyo nzu bazahita bahabwa ibyangombwa byayo.
Ati “Amategeko ateganya ko abatsindiye iyi nzu batagomba kurenza umunsi w’ejo batarashyira kuri konti amafaranga bayiguze. Ibyo nibabirangiza tuzabaha icyangombwa cyerekana ko baguze muri cyamunara hanyuma bajye mu byo batsindiye."
Ohereza igitekerezo
|
Imisoro ni hatarit Kabira!
yewe akumiro ngo ni amabuno koko!!! kuvunikira ibintu bikaribwa na rubanda ahaaa ziriye abandi zitakwibagiwe gitimujisho we