Perezida Kagame yagiye gushyigikira mugenzi we João Lourenço mu kurahira

Perezida Paul Kagame yageze i Luanda muri Angola mu muhango w’irahira rya Perezida João Lourenço uherutse gutsinda amatora muri icyo gihugu.

Nyuma yo kurahira, Perezida Kagame yahise ahura na Perezida João Lourenço amushimira
Nyuma yo kurahira, Perezida Kagame yahise ahura na Perezida João Lourenço amushimira

Lourenço yatsinze amatora aheruka n’amajwi 64.5%, ahagarariye Ishyaka rya Rubanda riharanira ukwishyira ukizana kwa Angola "MPLA".

Uwo muyobozi mushya afite gahunda yo gufungura imiryango ku mahanga mu bijyanye n’ubukungu no kugabanya ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bihora bihindagurika.

Akimara gutsinda ayo matora, Perezida Kagame ari mu ba mbere bamwifurije ishya n’ihirwe mu mirimo ye mishya.

Yagize ati "Intsinzi nziza kuri Perezida João Lourenço ku ntsinzi wegukanye. Tukwifurije ibyiza hamwe n’abaturage ba Angola."

Angola ifite abaturage bagera kuri miliyoni 27.5. Iza ku mwanya wa kabiri mu gucukura peteroli muri Afurika.

Perezida Kagame ni umwe mu bayobozi bagiye gushyigikira João Lourenço mu irahira rye
Perezida Kagame ni umwe mu bayobozi bagiye gushyigikira João Lourenço mu irahira rye
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka