Abanya-Jordan 14 bapfiriye mu mutambagiro wa Kisilamu wa Hajj muri Arabie Saoudite kubera ubushyuhe bwinshi.
Polisi yafatiye litiro 2,000 z’inzoga itemewe yitwa Nzoga Ejo, mu rugo rwa Ndagijimana Callixte w’imyaka 42 wo mu Kagari ka Bukinanyana, Umurenge wa Cyuve, Akarere ka Musanze, aratoroka, hafatwa umugore we witwa Mukeshimana Béâtrice bafatanyaga kwenga izo nzoga.
Perezida Paul Kagame avuga ko icyo atakoze cyashobokaga mu gihe gishize agomba kuzagikora, akongeraho n’ibindi bijyanye n’igihe kigezweho, mu rwego rwo kurushaho guteza imbere u Rwanda.
Umuturage witwa Sindikubwabo Jean Marie Vianney, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Rwempasha mu Karere ka Nyagatare akekwaho kwica imisambi 10. Bikekwa ko yayicaga akoresheje imiti y’uburozi yashyiraga mu binyampeke harimo ibigori n’umuceri, iyo misambi yabirya igapfa.
Ku wa Gatandatu tariki ya 15 Kamena 2024, Abanyarwanda baba muri Burkina Faso, abayobozi mu nzego zinyuranye za Leta, abahagariye ibihugu byabo, abakozi b’imiryango mpuzamahanga n’inshuti bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabereye mu murwa mukuru wa Burkina Faso, Ouagadougou, ku (…)
Mu isiganwa ry’amamodoka ryaberaga mu karere ka Huye na Gisagara, ryasojwe Gakwaya Claude na Mugabo Claude ari bo baryegukanye
Nyuma y’uko Inteko Nkuru ya AEBR yateranye tariki 11 Gicurasi 2023 yatoreye Bishop Ndayambaje Elisaphane kuba Umuvugizi Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Amatorero y’Ababatisita mu Rwanda (AEBR), ku Cyumweru tariki 16 Kamena 2024, yimitswe ku mugaragaro.
Mu mikino ya nyuma y’Akarere ka gatanu muri Basketball mu batarengeje imyaka 18 yaberaga mu gihugu cya Uganda yaba mu bahungu n’abakobwa, ikipe y’igihugu ya Uganda yegukanye igikombe itsinze ikipe y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kicukiro ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, bateguye ubukangurambaga bugamije kumenyekanisha amatora ari imbere mu Rwanda y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’ay’abadepite. Ubwo bukangurambaga babujyanishije n’amarushanwa atandukanye, bukaba bwari bufite insanganyamatsiko igira iti “Imiyoborere (…)
Ikipe y’umupira w’amaguru y’Abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu n’abandi bayobozi bakuru b’Igihugu (Republican Guard) yatsinze iy’Ishuri ritangirwamo imyitozo y’ibanze ya Gisirikare (BMTC Nasho) ibitego 3-0, yegukana Igikombe cyo #Kwibohora30.
Mu ma saa moya zo mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Kamena 2024, inzu ibikwamo ibicuruzwa, mu nzu z’ubucuruzi ziherereye ahitwa mu Kizungu rwagati mu mujyi i Huye, hafi y’isoko, yahiriyemo iby’agaciro ka miliyoni 70, nk’uko bivugwa na nyir’ibyo bicuruzwa witwa Viateur Akimana.
Abasore n’inkumi bitabiriye irushanwa ry’isiganwa ry’abatwara abagenzi ku magare rizwi nka “Visit Musanze Tournament 2024” bo mu Karere ka Musanze, bahize abandi bashyikirijwe ibihembo, biyemeza kurangwa n’imyitwarire ibahesha agaciro, bagakuraho urujijo ku bafata umwuga wabo nk’akazi kadafite icyo kamaze.
Ephron Bizigira w’i Runga mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza ahinga imboga za dodo zikagara ku buryo n’igiti kimwe cyatunga umuryango, kuko zitanga umusaruro mwinshi.
Umuhanzi Sam Gakuba wamamaye mu muziki nka Samlo kuwa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024, yakoze ubukwe n’umukunzi we Mutesi Betty, bari maranye imyaka umunani bakundana.
Umusore w’imyaka 36 wo mu Kagari ka Mpenge Umurenge wa Muhoza, Akarere ka Musanze, afungiye kuri Polisi Sitasiyo ya Muhoza, aho akekwaho gusambanya umukobwa w’imyaka 15.
Obed Gasangwa, ni umusore wasoje amashuri yisumbuye, ubu akaba yitegura kwinjira muri Kaminuza. Afite ubumuga bw’uruhu we n’umuvandimwe we.
Ubuyobozi bw’Ishuri ribanza ryitwa Le Petit Prince riri i Gikondo mu Mujyi wa Kigali, buvuga ko abana baryigamo bazajya barangiza amashuri bafite ubumenyi bubafasha guhangana n’imvugo hamwe n’ibikorwa bipfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ikipe ya Sina Gerard FC yegukanye igikombe cya Shampiyona mu cyiciro cya gatatu nyuma yo gutsinda ikipe ya Motar FC ibitego 4-1 mu mukino wa gatanu w’imikino ya kamarampaka (Playoffs).
Mu mpera z’iki cyumweru mu karere ka Huye na Gisagara hari kubera isiganwa ry’amamodoka rizwi nka Huye Rally, ariko ryanasusurukijwe na Moto zisimbuka
Imikino yo ku wa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024 yabimburiwe n’umukino wahuje ikipe y’Igihugu ya Hongiriya yakiriye ikipe y’igihugu y’u Busuwisi aho aya makipe yombi abarizwa mu itsinda rya mbere. Uyu mukino wabereye kuri Stade ya RheinEnergies Stadion.
Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Nyundo, ubwo yahaga Isakaramentu rya Batisimu abasore 22 bagororerwa mu Kigo Ngororamuco cya Iwawa, umunani bagarukira Imana naho 40 bahabwa Isakaramentu ry’Ugukomezwa, yabasabye guhinduka baca ukubiri n’ingeso mbi zabazanye Iwawa.
Ishuri ryisumbuye rya Stella Matutina ryatsinze amarushanwa y’ibiganiro mpaka bihuza ibigo by’amashuri yisumbuye bitandukanye byo hirya no hino mu Gihugu azwi nka iDebate, akaba yaratewe inkunga na BK Foundation.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko Minisiteri y’Ubuzima ku bufatanye n’izindi nzego, bashakishije ubushobozi bwo kugura imbangukiragutabara 246 ku buryo iza mbere 80 zamaze gutangira kugezwa mu bitaro hirya no hino mu Gihugu.
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame tariki 14 Kamena 2024 yashyizeho abayobozi Nshingwabikorwa bashya b’Uturere twa Nyarugenge na Gasabo.
Umukino wa gicuti wahuje aya makipe yombi muri Stade Amahoro ivuguruye yakubise yuzuye, warangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Abajyanama b’Ubuzima baturutse hirya no hino mu Gihugu, bahurira i Kigali kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Kamena 2024. Yababwiye ko icy’ingenzi cyatumye yifuza kubonana na bo, kwari ukugira ngo abashimire kubera ibintu byinshi bakora nta gihembo, ibigaragara (…)
Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ubutwari bw’Abanyabisesero, kuva mu itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi kugeza ishyizwe mu bikorwa, bukwiye kubera isomo Abanyarwanda bose kugeza ku babyiruka.
Banki ya Kigali (BK) yatangiye gahunda yo gufasha amavuriro n’ibitaro kubona inguzanyo yo kugura ibikoresho byo kwa muganga, mu rwego rwo gufasha abari mu rwego rw’ubuzima kubona ibikoresho bigezweho.
Mu itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ryo ku itariki 14 Kamena 2024, rishyira mu myanya abayobozi batandukanye, hagaragayemo batatu bahoze bayobora Uturere mu myaka ishize.
Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, agiye kuyobora icyo gihugu muri manda ya kabiri, nyuma y’uko yatowe n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite ku majwi 283, arushije Julius Malema wagize amajwi 44.
Mu Karere ka Busegera hasojwe imurikabikorwa ry’iminsi itatu ryateguwe n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Bugesera (JADF), intego nyamukuru ikaba ari ukugaragaza uruhare rwa JADF mu Iterambere ry’Akarere ka Bugesera.
Abahesha b’Inkiko b’Umwuga bihaye umukoro wo gukomeza gutandukana n’abanyamategeko bo muri Leta za mbere, bateshutse ku ihame ryo kubahiriza amategeko nta vangura.
Umunyarwenya Fred Omondi, akaba murumuna w’icyamamare mu gusetsa, Eric Omondi yitabye Imana nyuma y’impanuka yabaye ku mugoroba wo ku wa gatanu. Yaguye mu bitaro bya Mama Lucy aho yari yahise ajyanwa kwitabwaho.
Mu gihugu cy’u Budage, ku wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024, hatangiye kubera irushanwa ry’Igikombe cy’u Burayi, Euro 2024, aho iki gihugu cyatsinze Scotland ibitego 5-1 mu mukino ufungura.
Abarokokeye muri Saint Paul, Sainte Famille, CELA na CALCUTTA, tariki 14 Kamena 2024, bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024, Perezida Kagame yayoboye Inama y’Abaminisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye, ndetse ishyira mu myanya bamwe mu bayobozi, abandi bahindurirwa iyo bari barimo.
Urugaga Nyarwanda rw’amakoperative (National Cooperatives Confederation of Rwanda/NCCR), rwiyemeje kuzakomeza kurwanya abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside, kandi bigisha abandi cyane cyane urubyiruko rubakomokaho.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024, Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), yatangaje urutonde ndakuka rw’abakandida bemerewe kwiyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, azaba muri Nyakanga 2024.
Abaturage b’Akarere ka Ruhango bitabiriye imurikabikorwa ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere (JADF), baratangaza ko bashimira uruhare rwabo kuko ibyo babigishije byabagiriye Akamaro.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Kamena 2024, Niyonzima Olivier Seif wakiniraga Kiyovu Sports yakoranye n’ikipe ya Rayon Sports imyitozo itegura umukino wiswe “Umuhuro mu Mahoro”, uzayihuza na APR FC kuri uyu wa Gatandatu kuri Stade Amahoro.
Ingoro Ndangamurage y’Ibidukikije iherereye i Karongi mu Ntara y’Iburengerazuba, ifite umwihariko wo kuba ari yo yonyine yo muri ubu bwoko iri muri Afurika. Iri mu zikunzwe cyane kuko yubatse ku kigobe cy’ikiyaga cya Kivu, mu gice n’ubusanzwe gisurwa na ba mukerarugendo benshi baba bakeneye kuruhuka mu mutwe no kwihera (…)
Madamu Jeannette Kagame yashimiye abanyamuryango ba AVEGA Agahozo, ku bw’ubuzima bugoye babayemo nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ariko bakabasha kubaho neza kandi bagafasha mu kugaba ineza, amahoro n’urukunndo mu kubaka umuryango Nyarwanda.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024 yasheshe ku mugaragaro Inteko Ishinga Amategeko, Umutwe w’Abadepite, ashimira abari bayigize kubera imirimo myiza bakoze muri manda yabo bashoje.