Mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Kamena 2024 Perezida Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa inshingano zitandukanye muri Guverinoma abasaba gukorera Igihugu nk’uko bikwiye mu nyungu z’abanyarwanda bose ntawe baheje.
Abakozi b’Ikigo cy’Igihugu cy’Amahugurwa mu by’Imicungire y’Abakozi n’Umutungo (RMI) bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, banagabira inka uwarokotse Jenoside utishoboye wo mu Murenge wa Shyogwe, mu rwego rwo gukomeza gufata mu mugongo abarokotse Jenoside.
CIP Kipchirchir Kipruto, ukuriye sitasiyo ya polisi yo mu mujyi wa Londiani, mu Burengerazuba bwa Kenya yarashe umucamanza mukuru witwa Monica Kivuti mu rukiko rwa Makadara, aramukomeretsa nyuma y’uko afashe icyemezo mu rubanza ruregwamo umugore we.
Mu gihe hari abafite ibiti by’imyembe n’ibindi byangizwa n’udusimba tw’utumatirizi bavuga ko bananiwe kuturwanya, umuhinzi witwa Prudence Sendarasi yagaragaje ko kuturwanya bishoboka, ndetse agira inama abandi bavuga ko bananiwe kuturwanya.
N’ubwo itegekonshinga ry’u Rwanda rivuga ko Umunyarwanda wese afite uburenganzira bwo kwishyira akizana, akajya, akanatura aho ashatse, abana bafite ubumuga bw’uruhu bo bavuga ko ababyeyi bababuza kujya kure y’iwabo mu rwego rwo kubarinda kuba bashimutwa.
Umubyeyi witwa Muhongerwa Chantal warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ku Mayaga asanga abakoze Jenoside bakiriho, baragiriwe imbabazi zitagira urugero ku byaha bakoze, bityo ko bakwiye kujya bashimira Perezida Kagame, kuko yihanganiye ubugome bwabo ndengakamere akabasubiza Ubunyarwanda.
Icyiciro cya 18 cy’impunzi n’abimukira 113 baturutse muri Libya ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 13 Kamena 2024 baraye bageze mu Rwanda.
Musabyimana Jean Claude, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), yakiriye Madamu Coumba Dieng Sow, uhagarariye Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buhinzi n’ibiribwa (FAO) mu Rwanda baganira ku bikorwa byo guteza imbere imirire myiza.
U Rwanda rwifatanyije n’u Bwongereza kwizihiza isabukuru y’amavuko y’imyaka 76 y’Umwami Charles III, no kwishimira umubano uri hagati y’ibihugu byombi.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Kamena 2024, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda, Karén Chalyan, uri gusoza inshingano ze.
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, David Adedeji Adeleke OON uzwi nka Davido, yatangaje ko yishimiye icyemezo cyafashwe n’ubuyobozi bwa Recording Academy butegura ibihembo bya Grammy Awards ku kwagurira ibikorwa muri Afurika no mu Burasirazuba bwo Hagati.
Muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, umugabo utuye muri Leta ya Colorado, ubu arafatwa nk’umunyamahirwe udasanzwe, kuba akiri muzima nyuma yo kurokoka isasu abikesha umukufi w’ifeza (Silver Necklace) yari yambaye mu ijosi.
Itangazo ryavuye mu Biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024, rivuga ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashyizeho abayobozi bashya b’inzego zitandukanye, barimo Injeniyeri Fulgence Dusabimana, wabaye Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ibikorwa Remezo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuwa Gatatu tariki 12 Kamena mu 2024, nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe, yakoze impinduka ashyira abayobozi mu myanya itandukunye muri Guverinoma, harimo na Yusuf Murangwa wahawe kuyobora Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi.
Mu gihe habura amasaha mbarwa ngo irushanwa rihuza amakipe y’Ibihugu yo ku mugabane w’iburayi rizwi nka EURO 2024 ritangire, hari byinshi byitezwe birimo no kureba uzegukana Igikombe kigiye gukinwa ku nshuro ya 16.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 13 Kamena 2024, mu kigo cya Gisirikare cya Gako giherereye mu Bugesera hatangijwe ku mugaragaro imyitozo ya Gisirikare yiswe ‘Ushikiriano Imara 2024’.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yatangaje ko ku wa Mbere tariki 17 Kamena, 2024 ari umunsi w’ikiruhuko kubera umunsi mukuru w’Igitambo wa EID AL ADHA.
Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera yatangaje icyunamo mu gihugu hose cy’iminsi 21 cyo kunamira Visi Perezida, Saulos Chilima n’abagenzi bose Icyenda baherutse kugwa mu ndege ya gisirikare yari yaburiwe irengero iza kuboneka bose bamaze gupfa.
Itangazo ryatanzwe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024, rivuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyizeho abagize Guverinoma bashya barimo Uwimana Consolée wagizwe Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango(MIGEPROF).
Mu Mujyi wa Musanze hashyizwe ibuye ry’ifatizo ahari kubakwa inyubako nini, izatangirwamo serivise zitandukanye zirimo iz’ubucuruzi, aho iteganyijwe kuzura itwaye amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari ebyiri.
Abatuye mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara kuri ubu barishimira kuba amwe mu mavomero y’amazi meza yari yarakamye ubu ashobora kwifashishwa noneho kuko yagejejwemo amazi.
Abantu 80 bapfuye baguye mu mpanuka y’ubwato mu bwarohamye mu mugezi wa Kwa, mu bilometero 70 uvuye mu Mujyi wa Mushie, mu Ntara ya Maï-Ndombe, hafi y’umupaka w’igihugu cya Congo-Brazzaville gihana imbibi na Repubulika ya Demokarasi ya Congo.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), ku wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024 yagiranye ibiganiro n’abafatanyabikorwa bayo mu iterambere ndetse n’imiryango itari iya Leta, baganira ku nshingano z’iyo Minisiteri na bimwe mu bikorwa iteganya byihutirwa.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024 yatangiye uruzinduko rw’akazi muri Bangladesh ku butumire bwa mugenzi we w’icyo gihugu.
Perezida Kagame yakoze impinduka muri Guverinoma ashyira abayobozi bashya mu myanya barimo Ambasaderi Nduhungirehe Olivier wagizwe Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane asimbura Dr Vincent Biruta wagizwe Minisitiri w’Umutekano mu gihugu.
Umusore witwa Dufitumugisha Desiré, bamusanze hafi y’igisimu cyahoze gicukurwamo amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa gasegereti yamaze gushiramo umwuka.
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun n’itsinda ayoboye, bishimiye urwego rw’abanyeshuri biga muri Wisdom School mu kuvuga neza ururimi rw’Igishinwa, yizeza iryo shuri ubufasha butandukanye mu rwego rwo gukomeza kuzamura urwego rw’amanyeshuri mu kurushaho guteza imbere urwo rurimi.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, ikipe ya APR FC yatangiye imyitozo yagaragayemo abakinnyi batatu bashya iheruka gusinyisha, yitegura umukino uzayihuza na Rayon ku wa 15 Kamena 2024 hafungurwa Amahoro Stadium.
Umuraperi akaba n’umuririmbyi wo muri Nigeria, Skales, yamaganye mugenzi we wamamaye muri Afrobeats, Wizkid nyuma yo gutangaza amagambo ataravuzweho rumwe ko injyana ya Hip-Hop yapfuye.
Olive Mukarusine wari ufite umugabo wakoraga mu ruganda rw’icyayi rwa Gisakura, bakaba bari batuye muri imwe mu mazu yarwo, avuga ko ibyakoreshejwe mu kwica Abatutsi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 nta kitaramugezeho, akabaho mu buzima bwuzuye umubabaro na nyuma y’uko ihagarikwa n’Inkotanyi kuko yari (…)
Polisi yo mu mujyi wa Kampala muri Uganda yatangaje ko yatangiye gukora iperereza ku birego by’ihohotera bishinjwa umuhanzi w’icyamamare muri icyo gihugu no mu Karere, Joseph Mayanja uzwi cyane ku izina rya Dr Jose Chameleone.
Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga basanga hari imbogamizi zikomeye zituruka ku kuba ururimi rw’amarenga rutaremerwa gukoreshwa mu Rwanda ku rwego rumwe n’izindi ndimi zemewe, kuko hari serivisi nyinshi n’uburenganzira batabona mu buryo bwuzuye.
Urubyiruko rutandukanye rufite ikoranabuhanga n’udushya mu bikorwa by’ubuhinzi, rugaragaza ko hakiri imbogamizi ruhura nazo rwifuza ko inzego zibishinzwe zabafasha mu kuzikemura kugira ngo babashe kugeza ibikorwa byabo mu gihugu hose.
Umukinnyi Tuyisenge Arsene wari umaze imyaka ibiri akinira Rayon Sports ari mu muryango winjira muri mukeba wayo APR FC kuko bamaze kumvikana.
Ishyirahamwe ry’umukino w’Intoki wa basketball mu Rwanda (FERWABA) ryasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Inyange Industries Azamara umwaka umwe.
Minisitiri w’ingabo, Juvenal Marizamunda yakiriye ndetse aganira n’intumwa z’Abasenateri bo muri komite ishinzwe ububanyi n’amahanga baturutse mu Bufaransa zigizwe na Marie-Arlette Carlotti, Jean-Luc Ruelle na François Bonneau.
Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibivugwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, ivuga ko ryabeshye Urukiko Rukuru rw’u Bwongereza, rigamije gutambamira gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda.
Mu bisanzwe mu muhanda Kigali-Musanze, ntibikunze kubaho ko imodoka zaba izitwara abagenzi n’iz’abantu ku giti cyabo zanyura ahitwa kuri Nyirangarama zitahahagaze.
Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) bwatangaje ko umunsi mukuru w’igitambo (EID AL ADHA 2024) uzizihizwa ku Cyumweru tariki 16 Kamena 2024.
Musenyeri Linguyeneza Vénuste wari Umuyobozi wa Paruwasi yo mu Bubiligi ahitwa i Waterloo/Brabant Wallon yo muri Archidiocèse ya Bruxelles-Malines yitabye Imana mu ijoro ryo ku itariki 09 kamena 2024.
Umuryango Mpuzamahanga ushinzwe abimukira, (International Organisation for Migration) watangaje ko abimukira 39 bapfuye abandi 150 baburirwa irengero nyuma y’uko ubwato barimo burohamye muri Yemen.
Mu muhango wayobowe n’Umuhuzabikorwa w’Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri muri Mozambique, Maj Gen Alex Kagame abaturage bo mu Karere ka Mocimboa Da Praia bashyikirijwe ikigo cy’amashuri abanza cya Escola Primaria de Ntotwe nyuma yo kongera kugisana no kubaka ibyari byarangijwe n’ibyihebe.
Kuri uyu wa Kabiri, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsindiye Lesotho igitego 1-0 muri Afurika y’Epfo mu mukino w’umunsi wa kane w’imikino yo gushaka itike y’Igikombe cy’Isi 2026, yongera kuyobora itsinda ryayo
Perezida Paul Kagame witabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku kibazo cy’intambara ihanganishije Israel na Hamas muri Gaza n’uburyo bwo kuyishakira ibisubizo, yagiranye ibiganiro n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II bin Al-Hussein, ari na we wayitumije.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, zishe ibyihebe 70 mu byari byagabye igitero ku birindiro byazo ndetse no mu midugudu ibarizwa mu gice zigenzura.
Alain Kirasa watozaga ikipe ya Gasogi United yamaze kwerekeza mu ikipe ya Gorilla FC asinya kuyitoza mu gihe cy’umwaka umwe.
Perezida wa Malawi Lazarus Chakwera yatangaje ko Visi Perezida, Saulos Chilima n’abagenzi bose Icyenda bari kumwe mu ndege ya gisirikare yari yaburiwe irengero yabonetse yashwanyaguritse burundu nta n’umwe wabashije kurokoka.
Ikipe ya Kepler Women BBC ikina mu cyiciro cya mbere muri shampiyona y’u Rwanda muri Basketball yamaze gusinyisha umunya-Amerika ukomoka muri Sudani y’Epfo, Akon Rose wanyuze mu makipe atandukanye arimo REG Women BBC ndetse na APR Women BBC.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga yatumijwe n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II bin Al-Hussein, Perezida wa Misiri Abdel Fattah El-Sisi ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) António Guterres igamije kwiga ku kibazo cya Gaza.
Imishinga itandatu y’urubyiruko yiganjemo iy’ikoranabuhanga niyo yahize iyindi mu cyiciro cya gatandatu cy’irushanwa ritegurwa rikanashyirwa mu bikorwa n’Umuryango Imbuto Foundation (iAccelerator).