Ikipe ya Kepler Women BBC ikina mu cyiciro cya mbere muri shampiyona y’u Rwanda muri Basketball yamaze gusinyisha umunya-Amerika ukomoka muri Sudani y’Epfo, Akon Rose wanyuze mu makipe atandukanye arimo REG Women BBC ndetse na APR Women BBC.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yitabiriye inama mpuzamahanga yatumijwe n’Umwami wa Jordanie, Abdullah II bin Al-Hussein, Perezida wa Misiri Abdel Fattah El-Sisi ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN) António Guterres igamije kwiga ku kibazo cya Gaza.
Imishinga itandatu y’urubyiruko yiganjemo iy’ikoranabuhanga niyo yahize iyindi mu cyiciro cya gatandatu cy’irushanwa ritegurwa rikanashyirwa mu bikorwa n’Umuryango Imbuto Foundation (iAccelerator).
Umukinnyi Dushimimana Olivier wakiniraga ikipe ya Bugesera FC yamaze kumvikana na APR FC kuzayikinira kuva mu mwaka w’imikino wa 2024-2025.
Indege ya RwandAir itwara imizigo ya Boeing B7378SF, yatangiye gukorera ingendo i Dubai no muri Djibouti, mu koroshya ingendo zo mu kirere ku bicuruzwa biva mu Rwanda cyangwa ibituruka muri ibyo bice birujyanwamo.
Kuri uyu wa 10 Kamena mu mikino y’akarere ka Gatanu muri Basketball iri kubera mu gihugu cya Uganda, amakipe y’u Rwanda yatsinzwe aho abakobwa batsinzwe na Tanzania, naho abahungu batsindwa na Uganda
Ikipe ya The Champion Sport Academy yegukanye igikombe mu irushanwa ryo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu mukino wa Karate ryakinwe mu mpera z’icyumweru gishize tariki ya 8 Kamena 2024.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye, tariki 10 Kamena 2024, yahaye impanuro abapolisi 240 bitegura kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo.
Umunya-Serbia Darko Nović ni we mutoza mushya uzasimbura Umufaransa Thierry Froger ku ntebe yo gutoza ikipe ya APR FC yigeze gukina nayo akayisezerera mu mikino Nyafurika.
Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron asheshe Inteko nyuma y’aho ishyaka Rassemblement Nationale ritavuga rumwe n’ubutegetsi rije imbere mu mashyaka y’u Bufaransa yatsindiye imyanya myinshi mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), ibintu bitarimo kuvugwaho rumwe kugeza ubu.
Ubuyobozi bwa Komisiyo ya Loni Ishinzwe Ubukungu muri Afurika (UN ECA), bwatangaje ko hari imishinga irimo uwa Gako Beef bagiye guteramo inkunga u Rwanda.
Abantu benshi bashobora kuba bamwumva ku izina rya Polisi Denis kubera inyubako ye yamwitiriwe iherere ku Kimihurura hafi y’Inteko Ishinga Amategeko ikaba iteganye n’ahakorera Minisiteri y’Ubutabera ariko batazi amwe mu mateka y’urugendo rwe muri Politike.
Icyamamare Celine Dion, yagaragaje ibibazo by’ubuzima afite bitewe n’indwara yitwa ‘Stiff Person Syndrome’. Iyo ikaba ari indwara idasanzwe ihungabanya cyane imikorere y’imitsi n’imikaya y’umubiri w’umuntu.
Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 10 Kamena 2024, Perezida wa Sena, Dr François Xavier Kalinda na ba Visi Perezida Mukabaramba Alvera na Nyirasafari Espérance bakiriye iri tsinda ry’abasenateri bo muri Namibia bagize Komisiyo y’Uburezi, Ikoranabuhanga n’Urubyiruko mu Nteko Ishinga Amategeko ya Namibia, bagirana ibiganiro (…)
Abakozi b’Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya na Komisiyo y’icyo gihugu ishinzwe Ubutabera muri rusange, baramara icyumweru i Kigali bari hamwe na bagenzi babo b’u Rwanda, aho barimo kungurana ubunararibonye ku buryo bunoze bwabafasha kuburanisha imanza.
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Repubulika ya Sanfrafurika Maj Gen Zépherin Mamadou yagiriye uruzinduko mu Rwanda aho yasuye icyicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda (RDF).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera buratangaza ko guhera ku wa Kane tariki 13 Kamena 2024, buzaba buri gukorera mu nyubako nshya yubatswe mu buryo bujyanye n’igihe, iheruka kuzura mu Kagari ka Kabona mu Murenge wa Rusarabuye.
Indege ya gisirikare ya Malawi yari irimo Visi Perezida wa Malawi, Saulos Chilima hamwe n’abandi bantu icyenda, yaburiwe irengero, nyuma y’uko yari imaze guhaguruka i Lilongwe mu murwa mukuru w’icyo gihugu, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024.
Ikipe ya Rayon Sports na APR FC zamaze kwemezwa nk’amakipe ya mbere agiye gukina umukino wa mbere muri Stade Amahoro kuva yavugururwa
Urukiko rwa rubanda rwa Buruseli mu Bubiligi, ruhanishije Nkunduwimye Emmanuel uzwi nka Bomboko igifungo cy’imyaka 25 ku byaha yahamijwe bya Jenoside, ibyibasiye inyokomuntu ndetse no gufata ku ngufu.
Abashakashatsi n’abahanga mu bijyanye no kubaka ubudaheranwa basanga hakwiye gushyirwaho gahunda zikomatanyije kugira ngo zifashe kubaka ubudaheranwa bwuzuye ndetse no kuvura ibikomere cyane cyane mu bihugu bikiri cyangwa bisohotse mu ntambara na Jenoside.
Ababyeyi barerera mu ishuri ry’incuke riri mu rwunge rw’amashuri rwa Kiruli mu Murenge wa Base mu Karere ka Rulindo, bagaragaza ko iri shuri rifite akamaro kanini, kuko rifasha abana babo kugira ubumenyi buri ku rwego rwo hejuru, babagereranyije n’abataragize amahirwe yo kunyura muri iryo shuri.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice, avuga ko abagihisha amakuru y’ahari imibiri itarashyingurwa mu cyubahiro y’Abatutsi bazize Jenoside, ari abo kunengwa kuko babangamira inzira y’Ubumwe, Kwiyubaka n’Ubudaheranwa abanyarwanda bahisemo.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda mu Rwanda, Prof. Ngabitsinze Jean Chrysostome, yagiranye ibiganiro na Madamu Aurelia Patrizia Calabrò, Umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku nganda UNIDO, ku rwego rw’akarere baganira ku bufatanye mu guteza imbere inganda.
Umwe mu bagize Guverinoma ya Israel Benny Gantz akaba n’umuyobozi w’Ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri iki gihugu, tariki 9 Kamena 2024 yatangaje ko yeguye mu nshingano ze zo gukomeza kuba muri Guverinoma iyobowe na Benjamin Netanyahu kubera kudashyiraho gahunda ihamye yo kurangiza intambara yatangijwe muri Gaza.
Ikipe ya Mukura VS iri kugana ku musozo w’ibiganiro na kapiteni w’ikipe ya Vital’O FC yo mu Burundi, Niyonizeye Fred ushobora kugera mu Rwanda vuba yerekeza i Huye nyamara yari yamaze kumvikana na Rayon Sports ategereje kwishyurwa.
Paul Bahati, afite ubumuga bw’ingingo. Akomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, ariko akaba akora ubucuruzi bwambukiranya umupaka muto uhuza u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Kongo mu Karere ka Rubavu.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyateguje ko amezi ya Kamena, Nyakanga na Kanama 2024, hateganyijwe ubushyuhe buri hejuru gato y’ikigero gisanzwe mu mpeshyi.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kumvikana n’umukinnyi w’Umurundi Nduwimana Frank ukinira ikipe ya Musongati FC iwabo ugitegereje ko ahabwa amafaranga.
Abantu 42 barahiriye kwinjira mu Muryango RPF Inkotanyi mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, baravuga ko bazakomeza kwita ku byagezweho kandi bagatanga imbaraga zabo ngo bakomeze kubaka Igihugu.
Ku wa Gatandatu tariki 08 Kamena 2024, Abanyarwanda baba mu gihugu cya Niger n’inshuti zabo, abahagariye ibihugu byabo, abakozi b’imiryango mpuzamahanga n’abandi, bibutse ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabereye mu murwa mukuru wa Niger, Niamey, ku nsangamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Kwibuka (…)
Umunya-Uganda Ojera Joackiam avuga ko amakuru yavugaga ko yaraye ageze mu Rwanda aje gukinira Police FC bivugwa ko bumvikanye ntaho ahuriye n’ukuri kuko akiri mu Misiri aho agifite imikino 12 yo gukinira ikipe ye.
Ikipe za REG na RRA mu bagore n’abagabo ni zo zegukanye irushanwa Memorial Rutsindura ya 2024 ryakinwaga ku nshuro ya 20 mu mpera z’iki cyumweru
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwasubitse urubanza ruregwamo abagabo batatu, bakekwaho gukubita uwitwa Twagirayezu Samuel bikamuviramo gupfa.
Ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 09 Kamena 2024, Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, yarahiriye kongera kuyobora iki gihugu muri manda ya Gatatu, mu birori byabereye i New Delhi, ahitwa Rashtrapati Bhavan.
Umunya-Kenya Laban Korir mu bagabo ndetse na mugenzi we Joan Kipyatich mu bagore begukanye irushanwa mpuzamahanga mu gusiganwa ryitiriwe amahoro ’Kigali International Peace Marathon 2024’ ryabaye ku cyumweru tariki 09 Kamena 2024.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Musoni Paula, yakiriye mugenzi we wa Bangladesh ushinzwe Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Zunaid Ahmed Palak, baganira ku byo u Rwanda rumaze kugeraho ndetse n’ibyo ibihugu byombi byakwigiranaho.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yakiriwe n’Umwami wa Brunei akaba na Minisitiri w’Intebe w’Iki gihugu, Hassanal Bolkiah ibni Omar Ali Saifuddien III.
Ku wa 8 Kamena 2024, ikipe y’igihugu ya Uganda y’abagore yegukanye irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu mukino wa Cricket itsinze Zimbabwe ku mukino wa nyuma, u Rwanda rutwara umwanya wa gatatu.
Pasiteri Ng’ang’a uzwi cyane muri Kenya yishyuje abakirisitu be bari mu rusengero Amashilingi ya Kenya 1000 ku icupa rimwe ry’amazi, utayafite agasabwa kujya kwicara inyuma mu rusengero, maze bamwe mu babibonye bavuga ko ibyo yakoze ari ukwiba abakene.
Gateka Esther Brianne, wamenyekanye mu kuvanga imiziki nka DJ Brianne, kuri iki Cyumweru tariki 09 Kamena 2024, yabatijwe yakira Yesu Kristo nk’umwami n’umukiza we.
Mu Karere ka Gasabo habereye imurikabikorwa ry’imishinga y’abiga mu mashuri yisumbuye, irimo uwo gusudira bakoresheje amazi arimo umunyu, bigasimbura icyuma cyitwa ‘Poste à Souder’.
Urukiko rwa Afurika rw’Uburenganzira bwa Muntu (African Court on Human and Peoples’ Rights) rwongeye gusaba Tanzania gukura igihano cyo kwicwa mu mategeko yayo, mu rwego rwo gushyira mu bikorwa amasezerano yo ku rwego rw’Umugabane wa Afurika yerekeye uburenganzira ku buzima (rights to life).
Abanyetorero ‘Bethesda Holy Church’ baturutse hirya no hino mu Rwanda, berekeje i Ntarama mu Karere ka Bugesera ku wa Gatandatu tariki 08 Kamena 2024, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, boroza n’inka icumi abarokotse.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 8 Kamena 2024 mu ishuri rya Petit Séminaire Virgo Fidelis de Butare hatangiye irushanwa ngaruka mwaka ry’iminsi ibiri “Memorial Rutsindura” rigamije kwibuka Alphonse Rutsindura wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, aho amakipe ya REG, Gisagara, APR y’abagore na RRA yageze ku (…)