Abahanga mu bijyanye n’imyitozo bavuga ko guhumeka neza ari uguhumekesha inda n’imbavu. Ni kimwe mu byo siporo ya Yoga yigisha, kuko ifasha umuntu mu guhumekesha igice cyo kunda n’icyo ku mbavu.
Ibihumbi by’abaturage bazindukiye kujya gushyigikira umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame bavuga ko bagiye kumugaragariza ibyishimo by’ibyo yabagejejeho harimo; umutekano, imihanda, amazi, amashanyarazi, amashuri na girinka yahinduye ubuzima bwabo.
Ikigo gishinzwe kugenzura ibiribwa n’imiti mu Rwanda FDA, hamwe n’Ihuriro ry’Abatumiza imiti n’ibikoresho byo kwa muganga (AIGPHAR), bemeranyije ko imiti yose igomba kwandikwa, kugira ngo biheshe u Rwanda kwemerwa ku rwego mpuzamahanga.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, MINALOC yihanganishije umuryango w’ababuze uwabo ubwo habaga umuvundo w’abantu ku muryango wasohokeragamo abitabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza i Rubavu.
Mukarere ka Nyamagabe kuri iki cyumweru tariki 23 Kamena 2024 habereye impanuka y’imodoka y’Imbangukiragutabara yari itwaye umurwayi irenga umuhanda umushoferi ahita apfa abandi 4 barakomereka.
Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, mu matora y’Umukuru w’Igihugu ategerejwe mu minsi imbere Mpayimana Filippe, yavuze ko hakwiye gushyirwa ingengo y’imari ya siporo mu Mirenge ndetse n’izina ‘Amavubi’ ryitwa ikipe y’Igihugu rigahindurwa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iterambere ry’Ubwikorezi (RTDA), kiratangaza ko guhera mu mwaka utaha w’ingengo y’imari 2024-2025, hirya no hino mu Gihugu hazubakwa ibiraro (amateme) byinshi byo mu bwoko bwa ‘Stone Arch Bridges’, bizwiho kudasohora imyuka yangiza ikirere.
Mu Karere ka Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru hari Koperative yitwa UKC (Uruhimbi Kageyo Cooperative) ihinga ikanatunganya ubwatsi bw’amatungo ikoresheje ikoranabuhanga ridakeneye gukoresha ubutaka, ibyo bita ‘Hydroponic Fodder Technology.’ Iyo koperative imaze imyaka hafi ine ikora, yatangijwe n’abiganjemo urubyiruko (…)
Amakipe yari ahagarariye u Rwanda mu irushanwa ryo kumugabane mu mukino wa volleyball yo ku mucanga (FIVB Continental Cup) yaraye asezerewe yose yongera kubura itike yo gukina imikino olempike.
Ikiganiro EdTech Monday cya Master Card Foundayion cyo kuri uyu wa 24 Kemena 2024, gitambuka kuri KT Radio n’imbuga nkoranyambaga za Kigali Today, kiragaruka ku buryo mu Rwanda hatezwa imbere ikoranabuhanga mu burezi binyuze mu mikino.
Mu bikorwa byo kwiyamamaza k’Umukandida wa RPF-Inkotanyi, byabereye mu Karere ka Rubavu n’abo mu twa Nyabihu na Rutsiro bihana imbibi Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Utumatwishima Abdallah, yavuze ko ubwo baheruka kuza kwamamaza umukandida w’umuryango RPF mu 2017, Intore z’Akarere ka Rubavu zatanze impano (…)
Abaturage batuye mu Karere ka Rubavu bavuga ko bashimira umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, kubera uburyo yabatabaye ubwo Sebeya yari yabateye igasenyera abarenga igihumbi naho abandi ibihumbi bitanu bagashyirwa mu nkambi.
Mu ijambo umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, yagejeje ku baturage bo mu Karere ka Rubavu, yababwiye ko yaje kubasuhuza no kugira ngo bafatanye mu rugendo basanzwemo.
Musafiri Ilidephonse utuye mu Murenge wa Bugeshi mu Kagari ka Bipfura mu Kagari ka Nsherima mu Karere ka Rubavu yabwiye Perezida Kagame wiyamamariza kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itaha ko ntawatera u Rwanda ngo agere I Kigali aciye ku batuye umurenge wa Bugeshi uhana imbibi n’igihugu cya Repubulika Iharanira (…)
Perezida Paul Kagame yageze aho kwiyamamariza mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu saa tanu n’iminota ine kuri iki Cyumweru tariki 23 Kamena 2024, asuhuza abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari baje kumwereka ko bamushyigikiye kandi biteguye kumutora.
Abakora ubuhinzi bifashishije inzira zitandukanye zo kuhira, bavuga ko bahura n’imbogamizi nyinshi zirimo n’igiciro kiri hejuru cy’umuriro w’amashanyarazi bagasaba ubufasha inzego bireba.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’lgihugu yasohoye itangazo rivuga ko nta muganda rusange w’ukwezi kwa Kamena 2024 uzaba nkuko byari bisanzwe.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF yemeje ko igikombe cy’Afurika cy’Ibihugu cya 2025 (CAN2025)kizakinirwa muri Maroc kizatangira tariki 21 Ukuboza 2025 gisozwe tariki 18 Mutarama 2026.
Ihuriro ry’abaganga b’igitsina gore bavura bifashishije kubaga ‘Women in Surgery Rwanda’ (WiSR), rirahamagarira abakobwa n’abagore biga ubuganga kwitabira ishami ryo kuvura hifashishijwe kubaga, kuko umubare w’abagore bari muri iri shami kugeza ubu ukiri muke ugereranyije na bagenzi babo b’abagabo.
Abaturage ibihumbi baraye bagenda bajya ahiyamamariza umukandida w’umuryango wa FPR Inkotanyi wiyamamariza mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu tariki 23 Kamena 2024.
Ba rwiyemezamirimo bagizwe n’abari n’abategarugori 25, bafite imishinga itandukanye bagiye guherekezwa ku bufatanye bwa BK Foundation n’Inkomoko, aho baterwa inkunga irimo iy’amahugurwa, ubujyanama mu kunoza imishinga ndetse imishinga ihize indi igafashwa kubona igishoro.
Mukabunani Christine Umuyobozi w’Ishyaka PS Imberakuri akaba n’umukandida ku mwanya w’Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, yijeje abaturage ba Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza ndetse na Nasho mu Karere ka Kirehe ko ishyaka rye niriramuka ritowe rikagira ubwiganze azavugurura ubwisungane mu kwivuza ndetse n’ubuhinzi.
Nyuma y’inama nyunguranabitekerezo yahuje Abanditsi bakuru, inzego zihagarariye itangazamakuru ndetse na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC yabaye tariki 20 Kamena 2024, Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) rwasabye abanyamakuru bose ko bagomba gukora inkuru zabo bya kinyamwuga ndetse bakirinda kubogama.
Mu byifuzo by’abikorera bo mu Karere ka Huye, hakunze kuzamo icy’uko ibiro bya MAGERWA by’i Huye byakongera gufungura imiryango.
Ikigo cy’Igihugu cy’ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda (NIRDA) ku bufatanye n’Umuryango mpuzamahanga uteza imbere umutungo kamere (World Resource Institute-WRI) bararebera hamwe uko ikoranabuhanga ryarushaho gukoreshwa mu kubyaza umusaruro ibiribwa byangirika mu Rwanda.
Muri Kenya, abantu basaga 200 ni bo bamaze gukomereka abandi 100 batabwa muri yombi mu myigaragambyo yo kwamagana umushinga wa Guverinoma wo kuzamura imisoro ikiyongeraho Miliyoni 2.7 z’Amadolari, nk’uko bitangazwa n’ihuriro ry’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri icyo gihugu.
Abanyeshuri batsinze irushanwa ngarukamwaka ryiswe ‘Capital Market University Challenge (CMUC 2024), bahawe ibihembo nyuma yo kurusha abandi gusobanura no kwitabira gahunda z’Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda.
Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Filippe, avuga ko natorerwa kuyobora u Rwanda azateza imbere inganda nto no gushyiraho amategeko agenga ubukomisiyoneri.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba batangiye urugendo rwakira Umukandida w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame wiyamamaza kuyobora u Rwanda.
Nsengiyumva Eric umuturage witabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Musanze ku mukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame byatangiye kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Kamena 2024 yashimangiye ko imiyoborere myiza ye yatumye areka igicugutu yagendagaho ubu akaba asigaye agenda kuri Moto.
Ku munsi wa mbere w’ibikorwa byo kwiyamamaza, Ishyaka Riharanira Demukarasi n’Imibereho Myiza y’Abaturage (PSD), ryatangaje ko nirihagararirwa mu Nteko Ishinga Amategeko rizaharanira ko umusoro ku nyongeragaciro uva kuri 18% ukagera kuri 14%.
Umukandida w’Umuryango wa RPF Inkotanyi, Paul Kagame, yavuze ko nk’Abanyarwanda, urebye mu mateka banyuzemo n’aho bageze, ntawashidikanya kuvuga ko hari impinduka zakozwe zigaragaza, kandi ko ntawe ukwiye guterwa ubwoba n’abasebya u Rwanda ndetse n’abagambirira kurugirira nabi.
Impunzi zituye mu Nkambi ya Mugombwa mu Karere ka Gisagara zivuga ko zishimiye uko zifashwe n’Igihugu cy’u Rwanda kandi uko iminsi igenda yicuma zigenda zishakamo ibisubizo nk’abandi Baturarwanda babifashijwemo cyane cyane n’amahugurwa bagenda bahabwa yo ‘Kwigira’.
Nyuma y’uko Nkunduwimye Emmanuel wamenyekanye nka Bomboko, ahamijwe ibyaha bya Jenoside, ibyibasiye inyokomuntu ndetse no gufata ku ngufu maze agahanishwa gufungwa imyaka 25, abarokotse Jenoside mu murenge wa Gitega aho yakoreye ibyaha, batangaje ko bishimiye umwanzuro w’urukiko.
Mu gihe kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Kamena 2024 hatangiye ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida babyemerewe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC), Polisi y’u Rwanda yasabye abaturage kurangwa n’umutuzo ndetse no kubahana.
Hirya no hino mu bice by’umujyi wa Musanze no mu nkengero zawo hamwe no mu bice by’icyaro, mu masaha y’urukerera rwo kuri uyu wa Gatandatu tariki 22 Kamena 2024, abaturage benshi bari bamaze gusesekara mu mihanda, babukereye na morale nyinshi, barimo berekeza ku kibuga kinini kiri I Busogo, aho umukandinda w’Umuryango RPF (…)
Perezida Paul Kagame yakiriye itsinda riturutse mu kigo Miller Center for Social Entrepreneurship, bagirana ibiganiro byibanze ku ngingo zitandukanye mu kwiteza imbere.
Mu gihe kitageze ku kwezi, Abanyarwanda bazaba babukereye kwihitiramo Umukuru w’Igihugu uzayobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri imbere.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa, arasaba bamwe mu baturage bajya mu Gihugu cya Uganda kunywerayo kanyanga kubicikaho kuko bagaruka mu ngo zabo bagateza amakimbirane n’urugomo mu nzira bagenda banyuramo zose.
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard yakiriye Umunyamabanga Wungirije akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga (UNOPS), Bwana Jorge Moreira Da Silva.
Minisiteri y’Ubuzima, MINISANTE, yatangaje ko iri muri gahunda yo kongera no kuzana ibikoresho bishya byifashishwa kwa muganga, birimo imashini zipima indwara zinyuranye zo mu mubiri, bikaba byitezweho kuruhura bamwe mu bajyaga kwivuriza mu mahanga.
Banki ya Kigali (BK) irashishikariza abagore kwitabira gufata inguzanyo itanga zidasaba inyungu, mu mushinga wayo yise Kataza na BK, uri muri gahunda ya ‘Nanjye ni BK’, mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere bashora mu mishinga itandukanye irimo cyane ubucuruzi butoya.
Nyuma y’amarushanwa yateguwe na Polisi n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCD), hagamijwe kwimakaza isuku n’umutekano no kurwanya igwingira mu bana, Umurenge wa Gasaka wabaye uwa mbere mu mirenge 101 igize Intara y’Amajyepfo, wegukana utyo imodoka.
Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’ikinyamakuru France 24 cyo mu gihugu cy’Ubufaransa tariki 20 Kamena 2024 abajijwe niba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iramutse ishoje intambara ku Rwanda habaho kurwana hagati y’Ibihugu byombi yasubije ko uretse na Congo, u Rwanda rwiteguye kurwanya uwo ari we wese (…)
Bamwe mu babyeyi barerera mu ishuri ribanza rya Migeshi mu Kagari ka Migeshi, Umurenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, barashinja Ubuyobozi bw’iryo shuri kubuza abana gukora ibizamini, aho bwishyuza ababyeyi amafaranga 1000 y’impapuro z’ibizamini.