Hadutse avoka zitagira ikibuto ziribwa n’igishishwa

Abakunzi ba avoka ku isi bashyizwe igorora kuko hadutse avoka itagira ikibuto izafasha abakunda urwo rubuto kuyirya uko babyifuza.

Izi avoka zera muri Espanye ziribwa zose n'ibishishwa
Izi avoka zera muri Espanye ziribwa zose n’ibishishwa

Izo avoka zera mu gihugu cya Espanye (Spain) zera mu Kwezi k’Ukuboza gusa. Kubera ko iyo zeze ziba zishakishwa n’abatari bake bituma zitagera henshi ku isi.

Zisanzwe zicuruzwa mu Bufaransa ariko ngo muri uku kwezi zizacuruzwa no mu Bwongereza aho avoka imwe izaba igura Amapawundi abiri, abarirwa mu 2000RWf.

Iyo avoka nto ugereranije n’izisanzwe, iribwa yose kuko nta kibuto igira ku buryo n’igishishwa cyayo kiribwa mu gihe avoka zisanzwe zo bakuramo ikibuto n’ibishishwa byayo bakabijugunya.

Abaziriye bahamya ko zifite icyanga kimeze nk’icy’izisanzwe. Gusa ariko ngo ziryoha iyo zahiye neza.

Avoka zisanzwe zigira ikibuto kandi ntiziribwa igishishwa
Avoka zisanzwe zigira ikibuto kandi ntiziribwa igishishwa
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 10 )

Ejo cg ejobundi Gazakorwa inzu yubatse mu kirere (idakora ku butaka)!!!!!!!

Alphonse Mbigirente yanditse ku itariki ya: 14-07-2018  →  Musubize

Nibyiza cyane hazakorwe ni myembe itagira urubuto. murakoz

NDAYISABA Vianney yanditse ku itariki ya: 23-03-2018  →  Musubize

izo avoka ninziza muzigeze murwanda

erivine yanditse ku itariki ya: 1-03-2018  →  Musubize

bazazane ingemwe kuko urumvako ntambuto iyozizigira baribuzane imbuto

kagame yanditse ku itariki ya: 21-02-2018  →  Musubize

Aha ndumva izo avok zikaze kbx! ubwo se bazigeza mu rwanda zitaboze koko? abazungu bararenze kbx.

Arizo yanditse ku itariki ya: 29-12-2017  →  Musubize

IZO VOKAZITURUKA HE?

DUHORANIMANA yanditse ku itariki ya: 28-12-2017  →  Musubize

ZIZE TUZITUBURE NATWE TUZITERE

EMAI yanditse ku itariki ya: 20-12-2017  →  Musubize

Izovokazirakaze

Ngendahimana Fraco yanditse ku itariki ya: 19-12-2017  →  Musubize

ubwose nimba ntakibuto zigira bazitera gute mubutaka

turabashimiye yanditse ku itariki ya: 8-12-2017  →  Musubize

Icyo ni ikibazo cyiza, ariko ndibaza ko ushobora no gutera ingeri y’igiti.

Ahubwo rero bene biriya bintu by’ibyaduka ni ibyo kwitonderwa. Mu Rwanda twizere ko bazabiturinda kuko iterambere rigenda rizana ibintu bidasanzwe ugasanga abantu barakurizamo indwara zidafitiwe imiti. Abazungu ni abanyabwenge, bakora ibintu bitera indwara, bagahindukira bakagakora imiti kugira ngo babone isoko.

MURARYE MURI MENGE

Bido yanditse ku itariki ya: 8-12-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka