Kuri uyu wa Kabiri ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi irakina umukino wa kabiri wa CECAFA, aho iza gukina na Zanzibar,uwo mukino uraza kuba ari uwa mbere ku ikipe ya Zanzibar.
Mu kiganiro twagiranye na Antoine Hey nyuma y’imyitozo yoroheje yo kuri uyu wa mbere, yadutangarije ko aza guhindura ikipe yose 100%, ugereranije n’abakinnyi bari babanjemo ku mukino wabahuje n’ikipe ya Kenya

’’Ku mukino wa Zanzibar twafashe gahunda yo guha amahirwe n’abandi bakinnyi batari bakinnye umukino wa mbere, aho tuza kubanzamo ikipe nshyashya yose, kuko ndi gushaka kugerageza ubundi buryo bwinshi’’

Antoine Hey kandi yadutangarije kandi ko kuba baratsinzwe umukino wa mbere, hajemo n’ibibazo by’umunaniro ku bakinnyi ndetse n’uburyo bakiriwe mu buryo bwari bugoye.
Abakinnyi bazabanzamo
Kimenyi Yves,Ombolenga Fitina, Rugwiro Herve, Mbogo Ally, Imanishimwe Emmanuel, Niyonzima Olivier Sefu, Nshimiyimana Amran, Niyonzima Ally,Sekamana Maxime, Nshuti Innocent, Hakizimana Muhadjili.
Umutoza Antoine Hey usanzwe ukinisha abakinnyi batatu inyuma, ashobora gukoresha abakinnyi bane inyuma, ku mukino baza gukina na Zanzibar kuri uyu wa Kabiri ku i saa saba za Kigali, ari zo saa munani za Nairobi, umukino ukabera kuri Kenyatta Stadium iherereye i Machakos
National Football League
Ibitekerezo ( 4 )
Ohereza igitekerezo
|
ESE byagenze gute ko ntabashije gukurikira
jye nagirinama ababishinjwe gushaka impamvu mubabiri inyuma kuko kariya nagasuzuguro
ibintu yakoze biramugaruka
Mwaramutse, none she équipe ya mbere yakinnye nabi? Ngaho nagerageze icyo dupfa ni intsinzi. Naho ubundi barashoboye