- Abasoromyi b’icyayi bahugurirwa kubikora kinyamwuga kugira ngo babungabunge ubwiza bwacyo
Ibi ngo babikesha kuba barakomeje gukora umurimo wabo kuko n’uruganda ubwarwo rutahagaze gukora.
Théoneste Niyitegeka uyobora abasoroma (Kapita) agira ati “Umurimo wacu watugiriye akamaro cyane, kuko tutahuye n’ikibazo cy’inzara cyane. Nkanjye umugore n’abana banjye babiri baba ku Kitabi muri Nyamagabe. Ntibabashaga gukora kubera Guma mu Rugo, ariko narakoraga, nabona amafaranga nkaboherereza, na bo bakirwanaho.”
Umukobwa witwa Laurence Uwonkunda amaze imyaka ine akora umurimo wo gusoroma icyayi. Asoroma ibiro 30 ku munsi, agacyura amafaranga 1,200 (ikilo bagisoromera amafaranga 40). No mu gihe cya Guma mu Rugo ntiyahagaze gukora, bimubashisha gukomeza kuzigama ibihumbi bibiri buri cyumweru, n’ibihumbi 15 buri kwezi, abicishije mu bimina arimo.
Kuzigama abikesha kuba ubu yarabashije kwigurira inka n’ishyamba. Ishyamba ngo yariguze ibihumbi 400, ariko ubu ngo atabonye miliyoni n’ibihumbi 200 ntiyarirekura.
Gukomeza gukora mu gihe cya Guma mu Rugo no kugeza uyu munsi, byagiye bijyanirana no kwirinda Coronavirus.
Boniface Ntivuguruzwa umaze imyaka 10 muri uyu murimo wo gusoroma icyayi, avuga ko Coronavirus itaraduka bashoboraga gusoroma begeranye, ariko ko ubu bagenda bahana intera ndende.
Ati “Mbere yo gusoroma tubanza gukaraba amazi meza n’isabune, twajya gupimisha icyayi twasoromye nabwo bikaba uko. Twifashisha Kandagirukarabe batuzanira aho dukorera. No kwambara agapfukamunwa na byo ni ngombwa. Dupfuka neza amazuru n’umunwa. Ku mazuru ngakuraho iyo numva ngiye guhera umwuka kandi nta n’umuntu twegeranye.”
Izi ngamba zo kwirinda Coronavirus kandi ngo ntizimubuza gukora neza umurimo we, kuko nk’ubusanzwe asoroma ibiro hagati ya 50 na 60 ku munsi. Amafaranga makeya acyura ku munsi ni ibihumbi bibiri.
- Abasoromyi b’icyayi ntibegerana, kandi baba bapfutse umunwa n’amazuru mu rwego rwo kwirinda Coronavirus
Uruganda rw’icyayi rwa Mata aba basoromyi bakorera na rwo rwafashe ingamba zo kurinda ikwirakwizwa rw’indwara ya Coronavirus mu barukoramo, nk’uko bivugwa na Emmanuel Kanyesigye, uruyobora.
Agira ati “Mu rwego rwo kugabanya abakozi bijyanye n’amabwiriza yo kurwanya Coronavirus, ku bakozi 150 bakora imbere mu ruganda twagabanyijeho 21 gusa. Kugabanyaho abarenzeho ntibyari gukunda kuko uruganda rwagombaga gukomeza gukora.”
Icyakora ngo binjira babanje gukaraba intoki banambaye agapfukamunwa neza, kandi mu kazi bakirinda kwegerana. Muri iyi minsi bazatangira no gupimwa mbere yo kwinjira, kuko ibikoresho byo kwifashishwa uruganda rwabizanye.
Icyakora, abasarura icyayi bo ntibagabanyijwe kuko na mbere hose abitabira gukora aka kazi ari bakeya ugereranyije n’abo uruganda ruba rukeneye. Uretse ko no kwirinda kwegerana mu mirima yagutse bitagoranye.
Amafoto: NAEB
Inkuru zijyanye na: Coronavirus
- Mu Rwanda umuntu umwe yishwe na #COVID19, abakize ni 150
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, abakize ni icyenda
- #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 60, abarembye ni 8
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na COVID-19, abarembye ni 11
- Abanyeshuri bose bazajya mu biruhuko tariki 02 Mata 2021
- RBC na Kaminuza y’u Rwanda bagiye gukusanya amakuru azafasha mu kumenya icyerekezo cya Covid-19
- #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 136, abakize ni 23
- U Bushinwa buhakana ibyo gupima Covid-19 Abanyamerika mu kibuno
- Dore uko uturere duhagaze mu kugira abanduye Covid-19
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- #COVID19: Habonetse abanduye bashya 118, abakirwaye bose hamwe ni 925
- Ghana ibaye Igihugu cya mbere gihawe inkingo muri gahunda y’inkunga ya COVAX
- Hari ibigo byanze kwimura abana b’incuke, ntibyashimisha ababyeyi
- Perezida Kagame ashyigikiye umuyobozi wa OMS wanenze ibihugu bikize byiharira inkingo
- Mu Rwanda umuntu umwe yishwe na COVID-19, abakize ni 259
- Joe Biden yababajwe n’Abanyamerika basaga ibihumbi 500 bamaze kwicwa na Covid-19
- Mu Rwanda abagabo batatu bishwe na COVID-19
- Perezida Magufuli noneho yemeye ko igihugu cye gifite ikibazo cya Covid-19
- Muhanga: Resitora zabujijwe kugurisha inzoga hirindwa Covid-19
- Mu Rwanda abantu babiri bishwe na Covid-19 hakira 206
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|