Polisi ikorera mu Karere ka Ngororero, mu muhanda Karongi-Muhanga, yahagaritse imodoka yo mu bwoko bwa picknik RAE 607 X, itwawe na Hamis Mfizi Pascal apakiye abantu abajyanye i Kigali kandi batabifitiye uburenganzira, kuko bari barenze ku mabwiriza ya ‘Guma mu Karere’ yo kwirinda Covid-19.
Imiryango 310 yo mu Karere ka Burera iheruka kwibasirwa n’ingaruka z’ibiza, yahawe na Croix Rouge y’u Rwanda, amafaranga yo kubafasha kwiyubaka, igikorwa cyabereye muri imwe mu mirenge igize ako karere.
Ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye igikombe cya Copa America itsinze Brazil, mu mukino wabereye kuri Stade Maracana yo muri Brazil.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE), yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 10 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 830 babasanzemo Covid-19, muri bo 445 bakaba babonetse i Kigali. Yatangaje kandi ko abantu 17 bitabye Imana bazize icyo cyorezo, abakirwaye ni 15,110 naho abarembye ni 63 naho abakize ni 869 nk’uko imibare (…)
Abanya Ghana bagaragaje uburakari ku cyemezo cyafashwe n’Abadepite cyo kwemeza imishahara y’abagore b’Abaperezida n’aba ba Visi-perezida kubera uruhare rwabo rugaragara mu miyoborere y’igihugu.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Nyakanga 2021, ikindi cyiciro cy’abasirikare n’abapolisi b’u Rwanda berekeje muri Mozambique, bakaba bagiye mu bikorwa byo gucunga umutekano mu Ntara ya Cabo Delgado, imaze igihe kinini ifite ibibazo by’umutekano muke.
Ikigo Ngali Holdings gikusanya imisoro y’inzego z’ibanze, by’umwihariko kikaba ari cyo gifasha abarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19 kwishyura ihazabu basabwa, kigaragaza uburyo ikoranabuhanga n’abashinzwe umutekano bituma nta muntu ushobora gukwepa no kunyereza ayo mafaranga.
Mu igihe impamvu y’iyicwa rya Perezida Jovenel Moïse ikiri urujijo, ku wa Gatanu tariki 9 Nyakanga 2021 Abayobozi bo muri Haiti, basabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) ndetse n’Umuryango w’Abibumbye, kubatabara kugira ngo ibikorwa remezo bifatiye runini ubuzima bw’igihugu birindwe.
Bamwe mu rubyiruko rw’abakorerabushake bo mu Karere ka Musanze, kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru bagizwe Abanyamabanga Nshingwabikorwa abandi baba abashinzwe iterambere ku rwego rw’Utugari two mu Karere ka Musanze.
Umuyobozi w’Umujyi wa Johannesburg, Geoff Makhubo, yitabye Imana ku wa Gatanu tariki 9 Nyakanga 2021, akaba yarazize Covid-19, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyanza ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abayobozi mu nzego z’ibanze, bafashe abantu 41 barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya Covid-19, muri bo harimo 19 bafatiwe mu ishyamba barahahinduye akabari, bakaba bafashwe ku ya 07 na tariki ya 08 Nyakanga 2021.
Ibihugu bine birimo u Rwanda ruzakira amajonjora y’igikombe cya Afurika “AFROBASKET” 2021 mu bagore byamaze kugera I Kigali, mu mikino izatangira kuri uyu wa Mbere
Umuyobozi mukuru w’uruganda rubyaza amashanyarazi nyiramugengeri rurimo kubakwa mu Karere ka Gisagara, Dominique Gubbini, avuga ko kurutaha muri uku kwezi kwa Nyakanga 2021 bitagishobotse kubera icyorezo cya Covid-19.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera, ku wa Gatanu tariki 9 Nyakanga 2021, bwashyikirije ibitaro bya Butaro imbangukiragutabara nshya, izunganira abaturage mu kubagabanyiriza imvune baterwaga n’urugendo rurerure bajyaga bakora bajya gushaka serivisi z’ubuvuzi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 9 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 946 bakize Covid-19, abayanduye ni 887 muri bo 386 bakaba babonetse i Kigali. Abantu 13 bitabye Imana, naho abarembye ni 68 nk’uko imibare yatangajwe na MINISANTE ibigaragaza. Abitabye Imana ni abagore batanu b’imyaka 86, (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 09 Nyakanga 2021, ni bwo umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa, DIGP/OPs Felix Namuhoranye, yahaye impanuro abapolisi b’u Rwanda barenga 300 bagiye mu butumwa bw’akazi mu gihugu cya Mozambique.
Raporo nshya yakozwe n’Umuryango nterankunga, Oxfam, ivuga ko abantu 11 ku isi bapfa buri munota bishwe n’inzara, ndetse inagaragaza ko umubare w’abafite ibibazo by’inzara ku isi wiyongereyeho inshuro esheshatu (6) mu mwaka ushize.
Niyomukiza Josua uyobora Umudugudu wa Mubuga, mu Murenge wa Gahunga, Akarere ka Burera akomeje gushinjwa n’abaturage be urugomo, nyuma y’uko ngo aherutse gukubita abaturage babiri akabakomeretsa bamara iminsi barwariye mu bitaro.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Amavubi atakitabiriye CECAFA igomba kubera muri Ethiopia.
Umunyarwanda wari ufungiye mu gihugu cya Uganda utashatse ko amazina ye n’isura ye bigaragara mu itangazamakuru kubera umutekano w’umuryango we, avuga ko yaraye amanitse ku mapingu, ayararana ku maguru iminsi umunani, akaba asize Uganda umutungo wa Miliyari eshatu n’igice z’Amashilingi ya Uganda.
Mu Karere ka Nyamagabe, Isibo y’Ubunyangamugayo iherereye mu Mudugudu w’Isuri, Akagari ka Gatare, Umurenge wa Gatare, ni yo yahize andi masibo mu bikorwa by’indashyikirwa mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020-2021.
Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu bijyanye n’igisirikare, Gen James Kabarebe, yavuze ko umutwe wa FLN wateraga u Rwanda ’uturutse i Burundi’ uri mu bihe bya nyuma byo kubaho (mu marembera).
Kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Nyakanga 2021, Urwego ry’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu batanu rufunze, bakaba bakurikiranyweho ibyaha byo kurema umutwe w’abagizi ba nabi, kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya n’impapuro mpimbano, aho bagurishaga ibibanza n’inzu z’abandi.
Ikipe ya Kiyovu Sports yamaze gusinyisha umutoza Haringingo Francis uheruka guhagarikwa na Police FC, ahabwa intego yo kwegukana igikombe
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko, bisabwe na Guverinoma ya Mozambique, u Rwanda rwatangiye kohereza abantu 1000 bagize umutwe w’ingabo na Polisi mu Ntara ya Cabo Delgado iherereye mu Majyaruguru ya Mozambique ikaba muri iyi minsi yibasiwe n’ibikorwa by’iterabwoba bihungabanya umutekano.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Nyakanga 2021, abayobozi bakuru b’Igihugu bakiriye Urubyiruko rw’Abanyarwanda rurenga 60 abenshi baturutse ku mugabane w’i Burayi, rukaba rwaje kwiga amateka yo kubohora u Rwanda n’ibyo rwagezeho muri iyi myaka 27 ishize.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ivuga ko iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo muri Gicurasi 2021, ryatumye ibihumbi by’Abanye-Congo bahungira mu Rwanda ndetse n’Abanyarwanda bagenda bataha bava mu gihugu cya Uganda, ari impamvu ebyiri zikomeye zazamuye imibare y’abandura Covid-19 mu (…)
Ku wa Gatatu tariki 7 Nyakanga 2021, Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwakiriye ikirego kivugwamo umugabo witwa Habyarimana Viateur wishe umugore we w’imyaka 35 amuteye icyuma.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Nyakanga 2021, igihugu cya Sudan y’Epfo kirizihiza isabukuru y’imyaka icumi (10) kibonye ubwigenge.
Abatuye mu Karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge mu kagari ka Biryogo, barishimira ko kuri ubu ntaho bazongera guhurira n’ivumbi cyangwa ibyondo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Umuco n’urubyiruko, Bamporiki Edouard, asanga imico Abanyarwanda batira ahandi irimo no gutera ivi, akenshi baba batazi ibisobanuro byayo, aho yagiriye inama abasore bitegura kurushinga, ko bagombye kwiga gutereta batera imitoma ariko badapfukamiye abo bakunda.
Ministiri w’Ubuzima, Dr Daniel Ngamije, yatangaje ko u Rwanda rurimo kwakira inkingo za Covid-19 zo mu bwoko bwa Pfizer-Biontech zitangira guhabwa abaturage guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 09 Nyakanga 2021.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko hari ibimenyetso bigaragaza ko virusi ya COVID-19 yihinduranyije izwi ku izina rya Delta yageze mu Rwanda kandi igira ubukana bwica vuba abantu bayanduye bafite ibindi bibazo by’uburwayi nk’uko bimaze kugaragara mu bipimo bigenda bifatwa mu Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Kane tariki 08 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 911 babasanzemo Covid-19, muri bo 326 bakaba babonetse i Kigali. Abakize ni 984, abantu 14 bitabye Imana, naho abarembye ni 71 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Kuri uyu wa Kane tariki 08 Nyakanga 2021, Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bwafunze ibyumba 22 by’inzu y’ubucuruzi izwi nka Downtown ikorera ahari Gare yo mu Mujyi wa Kigali.
Ku mugoroba wo ku itariki 06 Nyakanga 2021, abapolisi bakorera mu Karere ka Karongi bafashe uwitwa Niyoyita Jean Pierre w’imyaka 28 na Ntambara Fred w’imyaka 48, bakaba barafashwe bamaze kwambura abaturage Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 55, biyita abasirikare nyamara barirukanywe mu ngabo z’u Rwanda.
Ku wa Kane tariki ya 08 Nyakanga 2021, ku mupaka wa Kagitumba hagejejwe Abanyarwanda 11 bari bafungiye mu gihugu cya Uganda. Bagizwe n’abagabo 10 n’umugore umwe, bose bakaba bari bafungiye ahakorera Urwego Rushinzwe Iperereza mu Gisirikare cya Uganda (CMI) i Mbuya.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François, atangaza ko urugamba rwo kurwanya Covid-19 mu Ntara ayobora rugiye kongerwamo izindi nzego z’abikorera kugira ishobore guhashywa, harimo n’Abihayimana.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’utugari mu Karere ka Rubavu bari banditse basezera ku mirimo baravuga ko babihatiwe, bakaba bongeye kwandikira ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu babusaba gutesha agaciro amabaruwa banditse basezera.
Kuri uyu wa Kane taliki ya 08 Nyakanga 2021, mu Ngoro y’Umukuru w’Igihugu cya Congo i Brazzaville, Ambasaderi Théoneste Mutsindashyaka yashyikirije Perezida wa Republika ya Congo, Nyakubahwa Denis Sassou N’Guesso, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Kuva ku itariki ya 01 Nyakanga 2021, Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rukurikiranye umwarimu akaba ari n’Umuyobozi ushinzwe imyitwarire y’abanyeshuri muri rimwe mu mashuri yo muri Kigali, akaba akurikiranyweho icyaha cy’Ubuhemu.
Perezida Jovenel Moïse yishwe arashwe ejo ku wa Gatatu tariki 7 Nyakanga 2021 nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe wa Haiti, Claude Joseph. Perezida Jovenel ngo yari iwe mu rugo ari kumwe n’umugore we, na we wakomeretse ndetse ubu akaba ari mu bitaro.
Abarwayi 304 ba COVID-19 ni bo bari kwitabwaho n’abaturanyi babo mu miryango aho barwariye, inzego z’ubuzima n’ubuyobozi na zo zigakurikirana uko bamerewe harebwa niba batava aho barwariye ngo babe bakwirakwiza ubwandu, no gufasha abakeneye ibyo kurya.
Abacururiza mu Mujyi wa Kigali mu gace kazwi nka Car free zone baravuga ko bafite icyizere cy’uko ibikorwa byabo by’ubucuruzi bizarushaho kugenda neza, bitewe n’uko igice cy’aho bakoreramo kirimo kuvugururwa.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rwamagana yeretse itangazamakuru abashoferi bane batwara abagenzi mu modoka ntoya, bafashwe barimo kuvana abagenzi mu Mujyi wa Kigali baberekeza mu turere two mu Ntara y’Iburasirazuba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyagatare, Ingabire Jenny, arasaba abahinga mu bibanza byagenewe inyubako zo guturamo mu mujyi wa Nyagatare, guhinga imyaka migufi, cyane cyane imboga n’imbuto, hirindwa ko imyaka miremire iba indiri y’abajura.