Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 16 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 927 babasanzemo Covid-19, muri bo 188 bakaba babonetse i Kigali. Abakize ni 732, abantu 10 bitabye Imana, naho abarembye ni 74 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Basketball y’abagore itsinzwe na Kenya muri 1/2, ibura amahirwe yo kwitabira imikino ya AfroBasket izabera muri Cameroun.
Abapolisi bo mu ishami rishinzwe kurwanya ubucuruzi bwa magendu (RPU), kuri uyu wa Kane tariki ya 15 Nyakanga 2021, bafashe uwitwa Uwimaninyeretse Innocent w’imyaka 35, yafatanywe ibicuruzwa bya magendu ari byo ibitenge icyenda, imifuka 4 yuzuyemo imyenda ya caguwa n’umufuka wuzuyemo inkweto za caguwa.
Umwe mu baregwa mu rubanza ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be by’umwihariko abagabye ibitero byakomerekeyemo abantu mu Karere ka Rusizi, Nikuzwe Simeon, yiyamye umwunganizi we mu mategeko kuko ngo yamushishikarije kwemera icyaha atakoze, ahitamo gukomeza urubanza nta mwunganizi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Nyakanga 2021, wari umunsi wa nyuma ubanziriza Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali no mu turere umunani. Ni umunsi waranzwe n’urujya n’uruza rw’abakora ingendo hirya no hino, abahaha, abashaka amafaranga mu mabanki, ariko by’umwihariko benshi bakaba bagerageje gukora ingendo berekeza aho bashaka ko (…)
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyange mu Karere ka Ngororero n’urubyiruko rwawo, bahamya ko amateka y’Umurenge wa Nyange ari icyitegererezo cy’Ubumwe bw’Abanyarwanda.
Abahoze ari abasirikare bakuru mu mutwe wa CNLD Ubwiyunge yaje kwifatanya na PDR Ihumure ya Paul Rusesabagina bikabyara impuzamashyaka MRCD-FLN, ari na yo yagabye ibitero mu Rwanda, Nsanzubukire Felien na Munyaneza Anastase, basabye kurekurwa bagasubizwa mu buzima busanzwe.
Ubuyobozi bw’imipaka ku ruhande rwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu mujyi wa Goma bwangiye Abanyarwanda basanzwe bakorerayo kimwe n’abajyanayo ibicuruzwa kwambuka umupaka.
Ku munsi wa gatatu w’irushanwa mpuzamahanga rya Volleyball ikinirwa ku mucanga (Beach Volleyball) iri kubera mu Karere ka Rubavu, Abanyarwanda ntibabashije kugera mu cyiciro gikurikira.
Mu gihe Guverinoma y’u Rwanda ikomeje gukangurira Abanyarwanda ingamba zitandukanye zo kwirinda Covid-19 zirimo kwambara agapfukamunwa, gukaraba intoki, guhana intera hagati y’umuntu n’undi, hari kandi no gukunda kuba ahantu hagera umwuka uhagije.
Abenshi mu batuye Akarere ka Musanze, baravuga ko kuba Leta yafashe icyemezo cya Guma mu Rugo mu karere kabo, batigeze batungurwa mu gihe ngo bakomeje kubona ubwiyongere bukabije bw’abandura Covid-19 muri ako karere.
Guhera ku Cyumweru tariki 18 Nyakanga kugera ku wa Kane tariki 22 Nyakanaga 2021, u Rwanda ruzakira Abayobozi b’Imijyi itandukanye y’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (AIMF).
Uwitwa Niyonzima Valens wo mu Karere ka Nyanza mu Murenge wa Cyabakamyi mu Kagari ka Karama mu Mudugudu wa Karama yahishuye amayeri we na bagenzi be bamaze imyaka myinshi bakoresha mu kwiba amafaranga kuri ‘Mobile money’ z’abaturage. Ibi babikoraga biyita abakozi ba MTN n’ikigo ngenzuramikorere, RURA.
Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwatangiye igikorwa cyo gushyikiriza telefone zigezweho (smartphones) abayobozi b’imidugudu hagamijwe kuborohereza akazi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kudafata ibyemezo bihubutse bihutaza abaturage, ariko na none n’abaturage bakumva ko kubahiriza amabwiriza yo kwirinda Cociv-19 biri mu nyungu zabo.
Abahagarariye abafite ubumuga basanga hakwiye kubaho abahagarariye inyungu z’abafite ubumuga mu tunama dutanga amasoko mu bigo bitandukanye, kuko ari byo byafasha mu kubaka inyubako zitabaheza.
Abagore bakoresha ikoranabuhanga mu mirimo yabo ya buri munsi baratangaza ko abashoramari n’abikorera bakwiye kwibuka ko hakenewe uburinganire mu ikoranabuhanga, kugira ngo gahunda ya Leta y’ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga igerweho.
Mu kiganiro n’Abanyamakuru ku ngamba nshya zo kurwanya Covid-19 cyabaye ku wa Kane tariki 15 Nyakanga 2021, Abayobozi bo nzego z’ubuzima, abo muri Minisiteri zitandukanye ndetse na Polisi, bagize ibisobanuro batanga bijyanye n’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku itariki 14 Nyakanga yafatiwemo n’ingamba zo gushyira Umujyi (…)
U Rwanda rwakiriye icyiciro cya gatandatu cy’impunzi 133 zivuye mu gihugu cya Libya. Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yemeje ko zageze mu Rwanda mu ijoro rishyira kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Nyakanga 2021.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza Masudi Djuma nk’umutoza mukuru, naho Mukura VS itangaza itsinda ry’abatoza rizaba riyobowe na Ruremesha Emmanuel
Uwihoreye Jean Bosco Mustapha wamamaye ku izina rya Ndimbati, ni umugabo wubatse ufite umugore n’abana benshi, kuko ngo bitewe n’uko u Rwanda rwagize amateka akomeye, byatumye hari abana arera atarababyaye, hari n’abandi ngo bamufata nk’umubyeyi wabo, kandi na we akabafata nk’abana be, ku buryo ngo avuze ko afite umubare (…)
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iravuga ko n’ubwo uturere umunani n’Umujyi wa Kigali twashyizwe muri Guma mu Rugo guhera tariki ya 17 Nyakanga ndetse ibikorwa by’ubucuruzi bikazaba bifunze, ngo hari inganda zizakomeza gukora.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko ku wa Kane tariki 15 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 883 babasanzemo Covid-19, muri bo 227 bakaba babonetse i Kigali. Abakize ni 896, abantu 9 bitabye Imana, naho abarembye ni 74 nk’uko imibare yatangajwe ibigaragaza.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana Irene Ingabire Kamanzi, ukoresha izina rya Gaby Kamanzi, yasabye ko abantu bahagarika kumushyira ku gitutu cyo gushaka umugabo.
Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yahishuye ikiri inyuma y’ibiganiro arimo agirana n’abakuru b’igihugu byo mu Karere k’ibyaga bigari, avuga ko ibyo yaganiriye n’u Rwanda na Uganda ari byo aganira n’u Burundi, akemeza ko bitanga ikizere mu kuzamura imikoranire y’ibyo bihugu, bikagira (…)
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) rwatangaje ko nyuma y’imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 14 Nyakanga 2021 igafata ingamba zo gukumira ikwirakwira rya COVID-19 harimo no gushyira uduce tumwe muri Guma mu Rugo, Resitora zitegura amafunguro atwarwa n’abakiriya cyangwa kuyabashyira bitemewe.
Mu irushanwa mpuzamahanga rya Volleyball ikinirwa ku mucanga ririmo kubera i Rubavu, ikipe imwe y’u Rwanda ni yo yabashije kubona itike ya 1/8 cy’irangiza
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe kuzimya inkongi n’ubutabazi ku bari mu kaga, ritangaza ko ryatabaye umuturage wo mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyakiriba mu Kagali ka Nyarushyamba, umudugudu wa Makoro wahagamye mu giti akakivunikiramo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima, Lt. Col. Dr Mpunga Tharcisse, yatangaje ko bizeye ko gahunda ya Guma mu Rugo yashyiriweho Umujyi wa Kigali n’uturere umunani tubonekamo ubwandu bwinshi bwa Covid-19 izabugabanya ku kigero cya 75%.
Minisiteri y’Ubutegetsi (MINALOC) bw’igihugu iravuga ko muri gahunda ya Guma mu Rugo izatangira gushyirwa mu bikorwa ku wa 17 Nyakanga 2021 mu bice bimwe by’igihugu, habaruwe imiryango ibihumbi 211 izitabwaho mu rwego rwo kubafasha kubahiriza ingamba nshya zo kwirinda Covid-19.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko yiteguye gukora ibishoboka mu buryo ubwo ari bwo bwose kugira ngo ingamba nshya zafashwe n’Inama y’Abaminisitiri zijyanye n’amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Covid-19 zubahirizwe.
Eugénie Musaniwabo w’i Kaduha mu Karere ka Nyamagabe, ari we ngo wahimbye imbyino yamamaye izwi ku izina rya “Ngera” yaje no kumwitirirwa, avuga ko yayihimbye aburira bagenzi be basangiraga itabi bihishe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) iratangaza ko nyuma y’ingamba nshya zafashwe n’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa 14 Nyakanga 2021 zijyanye no kwirinda Covid-19, hagiye gushirwaho gahunda yo gupima icyo cyorezo mu tugari, iyo gahunda ikazatangira ku ya 17 Nyakanga 2021.
Matata Ponyo ushinjwa kunyereza umutungo wa Leta, afungishijwe ijisho guhera ku wa Gatatu tariki 14 Nyakanga 2021, urwandiko rwo kumuta muri yombi rwakozwe n’Urukiko rushinzwe kurinda Itegeko Nshinga, rukaba rwarasinywe ku wa Kabiri tariki 13 Nyakanga 2021 n’Umucamanza mukuru wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (…)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Jean Marie Vianney Gatabazi, asaba abo mu miryango irimo umuntu umwe cyangwa babiri barwaye Covid-19, kudasohoka ngo bajye guhura n’abandi bantu kuko na bo bashobora kuba baranduye n’ubwo baba bataripimisha, inzego zibishinzwe zigashyiraho uburyo bwo kubafasha kubaho.
Mu mategeko bijya bibaho ko ukekwaho icyaha akatirwa ifungwa cyangwa ifungurwa by’agateganyo mbere y’uko urubanza rujya mu iburanisha mu mizi. Nk’uko benshi babidusabye, muri iyi nkuru turagaruka ku gikorwa cy’ifunga n’ifungura by’agateganyo.
Raporo ya Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA) yo ku itariki ya 13 Nyakanga 2021, yagaragaje ibyangijwe n’imitingito mu Karere ka Rubavu, kubisana ndetse no gusimbura ibyangiritse burundu bikazatwara 91.430.692.000 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Abarwariye Covid-19 mu bice bitandukanye bigize Umujyi wa Kigali, barishimira uruhare rw’abajyanama b’ubuzima babakurikirana umunsi ku wundi bikabafasha koroherwa bakanakira vuba.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Basketball yarangije ku mwanya wa kabiri mu mikino y’amajonjora, izahura na Kenya muri ½ ku munsi w’ejo
Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 14 Nyakanga 2021 yafashe umwanzuro wo kugumisha Kigali n’uturere tumwe na tumwe mu rugo, kandi ishyiraho Minisiteri ishinzwe Ubumwe bw’Abanyarwanda, kubungabunga Umurage w’amateka no gutoza Uburere mboneragihugu.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 14 Nyakanga 2021, mu Rwanda abantu 3,104 bakingiwe Covid-19. Abayikize ni 1,015 naho abantu icyenda (9) bitabye Imana. Abanduye ni 934 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe baba 50,742 naho abakirwaye ni 14,553 mu gihe abarembye ari 74 nk’uko (…)
Kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Nyakanga 2021, mu Rwanda hatangiye irushanwa mpuzamahanga rya Volleyball ikinirwa ku mucanga ‘Beach Volley World Tour/Rubavu Open 2021’, rikaba ryitabiriwe n’ibihugu 39 byo hirya no hino ku isi, harimo amakipe 35 y’abagabo na 31 mu bagore.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Nyakanga 2021, yayoboye inama y’Abaminisitiri yafatiwemo imyanzuro itandukanye, by’umwihariko ingamba zigamije gukumira ubwiyongere bw’icyorezo cya COVID-19. Iyo nama yashyize Umujyi wa Kigali n’utundi turere 8 muri gahunda ya Guma mu Rugo guhera (…)
Ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki ya 13 Nyakanga 2021 mu masaha ya saa cyenda, mu Karere ka Musanze mu Murenge wa Cyuve hafatiwe abantu 10 barimo basengera mu rugo rwa Tuyisenge Philippe w’imyaka 47 ruherereye mu Mudugudu wa Murambi, Akagari ka Bukinanyana. Bari barenze ku mabwiriza yo kwirinda no kurwanya ikwirakwira rya (…)
Inyandiko isaba ko abantu bahohotera abakinnyi b’umupira w’amaguru bashingiye ku ruhu rwabo, bacibwa burundu ku bibuga by’umupira mu Bwongereza, imaze gusinywa n’abantu basaga 1.000.000 mu masaha make ashize ubukangurambaga butangiye.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ayoboye inama y’Abaminisitiri hifashishijwe ikoranabuhanga. Iyi nama irasuzumira hamwe ingamba zihariye zo kwirinda COVID-19.
Ntibikunze kubaho ko Padiri agirwa Umwepisikopi afite imyaka iri munsi ya 40, ariko Musenyeri Ntihinyurwa Thadée wizihiza Yubile y’imyaka 50 y’Ubusaseridoti ni umwe mu bapadiri baciye ako gahigo, nyuma y’uko ahawe inkoni y’ubushumba afite imyaka 39.
Abacururiza mu mujyi wa Muhanga baravuga ko kuba hari abashyiriweho inyuguti zibasaba gukora kuri 50%, ahandi ntizihashyirwe bagakora buri munsi ari akarengane kandi amabwiriza yo kwirinda Covid-19 akwiye kubahirizwa kuri bose.