U Bushinwa buhakana ibyo gupima Covid-19 Abanyamerika mu kibuno

Ni inkuru yanditswe n’ibinyamakuru bitandukanye hirya no hino ku isi, barimo BBC, 7 sur 7 n’ibindi, bavuga ko u Bushinwa bwabeshyuje amakuru y’uko ngo bwaba bwarategetse Abadipolomate b’Abanyamerika kwipimisha Covid-19, ariko abaganga bagafata ibizamini mu kibuno.

Ku wa Kane tariki 25 Gashyantare 2021, nibwo u Bushinwa bwabeshyuje ayo makuru, yo kuba bwarahatiye Abadipolomate b’Abanyamerika kwipimisha Covid-19 batanze ibizamini mu kibuno. Ibyo kubeshyuza ayo makuru ngo byakozwe mu rwego rwo kugarura umubano mwiza kuko ubu ngo hashize iminsi havugwa ubwumvikane bukeya hagati y’ibyo bihugu bibiri by’ibihangange.

Mu ntangiriro z’uyu mwaka wa 2021, nibwo u Bushinwa bwatangiye gupima Covid-19 hafashwe ibizamini byo mu kibuno, kuko bavugaga ko ubwo buryo ari bwo bwizewe cyane kurusha uburyo busanzwe bukoreshwa bwo gufata ibizamini mu mazuru no mu muhogo, kuko ngo Coronavirus yaba imara igihe kinini mu nzira y’igogora.

Ibinyamakuru byo muri Amerika ‘Vice’ na ‘Washington Post’, bivuga ko Abakozi ba Leta b’Abanyamerika bari mu kazi mu Bushinwa (Abadipolomate), bapimwe Covid-19, bafashwe ibizamini mu kibuno, ariko ngo byakozwe ari ukwibeshya kuko ubundi ngo batari mu bagombaga gupimwa muri ubwo buryo.

Mu kiganiro n’Abanyamakuru, M.Wang ,umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga w’u Bushinwa yabeshyuje ayo makuru.

M.Wang yagize ati “U Bushinwa ntibwigeze butegeka Abadipolomate b’Abanyamerika gutanga ibizamini byo mu kibuno".

Ubwo buryo bwo gupima Covid-19 gutyo, bwatangijwe mu minsi ya vuba aha, ubwo icyorezo cyongeraga kugaragaza ubukana muri icyo gihugu, bukaba bukoreshwa cyane cyane i Pékin. Ni uburyo kandi ngo bukoreshwa ku banyamahanga baje mu Bushinwa, kuko ngo bahita bashyirwa mu kato, iyo bari aho mu kato ngo bapimwa Covid-19, batanze ibyo bizamani byo mu kibuno.

Umudipolomate uturuka muri kimwe mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere ukorera mu Bushinwa yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abafaransa (AFP) ko yagarutse mu Bushinwa avuye mu gihugu cye, agasabwa kujya mu kato aho atuye, nyuma bagiye kumupima Covid-19, bashaka gufata ibyo bizamini byo mu kibuno, aranga, ariko ngo abo bafata ibizamini ntibigize babimuhatira.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, abayobozi b’Abashinwa bavuze ko uburyo bwo gupima Covid-19, busanzwe bumenyerewe ari bwo bukoreshwa cyane, kuko ubwo bwo gufata ibizamini mu kibuno ngo bukoreshwa gake cyane.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka