Urubanza rwa Rusesabagina ruzasubukurwa ku wa 05 Werurwe 2021
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 26 Gashyantare 2021, Urukiko rukuru urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka, rwanzuye ko ruzasubukurwa urubanza rwa Paul Rusesabagina ku wa Gatanu tariki ya 05 Werurwe 2021.

Uwo mwanzuro ufashwe nyuma y’aho Paul Rusesabagina yangiye kuburana ku nzitizi yari yatanze mbere kuko ngo hari indi ikomeye yagize nyuma yo guhabwa umwanzuro w’uko urwo rukiko rufite ububasha bwo kumuburanisha, uwo mwanzuro ukaba wafashwe mu ibiranisha ryo mu gitondo cyo kuri uyuwa Gatanu.
Umwunganizi wa Paul Rusesabagina, Maître Gatera Gashabana, yavuze ko bataburana kuko batari biteguye, bitewe n’uko batari bazi umwanzuro uri bufatwe n’Urukiko.
Yavuze ko nyuma yo kumenya umwanzuro bahise bagira inzitizi ikomeye kurusha izo bari baratanze mbere.
Yagize ati “Ntitwaburana kuko ntitwiteguye bitewe n’uko nyuma yo kumenya umwanzuro duhise tugira inzitizi ikomeye kuruta izo twatanze mbere. Iza mbere ntitwaziburana kuko ni amakuru twabahaga cyangwa imbogamizi twabagaragarizaga”.

Maître Gashabana yasabye urukiko ko bahabwa igihe bakabanza kugaragaza inzitizi bafite ikomeye.
Ubushinjacyaha bwo bwasabaga Urukiko ko rutakwemera ubusabe bwa Rusesabagina bwo gusubika urubanza, ahubwo akaba yaburana ku nzitizi yatanze mbere.
Nyuma yo kwiherera, Urukiko rwanzuye ko Rusesabagina Paul ahabwa uwo mwanya wo kugarariza urukiko inzitizi ikomeye afite.
Urukiko rukaba rwafashe icyemezo cy’uko iyo nzitizi izaba yagejejwe ku Rukiko ku wa Kabiri tariki ya 02 Werurwe 2021, ikaba ariyo izaburanwa ku wa Gatanu tariki ya 05 Werurwe 2021.







Inkuru zijyanye na: Rusesabagina
- Hari aho tutanyuzwe nk’Ubushinjacyaha - Ruberwa Bonaventure
- Nsabimana Callixte ni we wenyine wagabanyirijwe igihano mu bareganwa na Rusesabagina
- Urukiko rw’Ubujurire rwahamije Rusesabagina, Nsabimana na Nizeyimana ibyaha byo gukora iterabwoba
- Isomwa ry’urubanza ruregwamo Rusesabagina na bagenzi be ryimuwe
- Urukiko rwifuje ibirenze ubuhamya na raporo by’abaregera indishyi mu rubanza rw’abareganwa na Rusesabagina
- Nsabimana Callixte ureganwa na Rusesabagina arasaba Urukiko kwita ku kuba yarafunzwe agiye gukora ubukwe
- Abaregwa hamwe na Rusesabagina ntibaburanye kuri uyu wa Gatanu
- Ubushinjacyaha na MRCD-FLN bakomeje impaka, Nsabimana aracyasaba kurekurwa
- Ubushinjacyaha burasabira Rusesabagina na Nizeyimana gufungwa burundu
- Nsabimana Callixte ngo ntiyishimiye gufungwa mu gihe hari uwayoboye ibitero bya FLN utarafunzwe
- Rusesabagina ntiyitabye urubanza rw’ubujurire
- Indishyi Rusesabagina n’abandi bo muri FLN basabwa zizava he?
- Dore ibihano byahawe buri wese mu bareganwa na Rusesabagina
- Urukiko rwahamije Rusesabagina na Nsabimana icyaha cyo kuba mu mutwe w’iterabwoba
- Urubanza ruregwamo Rusesabagina na bagenzi be ruragana ku musozo: Bimwe mu byaruranze
- Ese itangazamakuru mpuzamahanga ryaba ryaragize uruhare mu gukorana na FLN?
- Ibimenyetso byerekana uruhare rwa Rusesabagina mu bikorwa bya gisirikare bya FLN
- Uko MRCD ya Rusesabagina yitiriye u Rwanda ibitero byahitanye abantu mu Majyepfo
- Nikuzwe Simeon ureganwa na Rusesabagina yanze umwunganizi we ahitamo kwiburanira
- Nsabimana Callixte yongeye gutakambira urukiko n’Umukuru w’igihugu
Ohereza igitekerezo
|