Dore uko uturere duhagaze mu kugira abanduye Covid-19

Imibare igaragazwa na Minisiteri y’Ubuzima yerekana ko kuva Covid-19 yagera mu Rwanda muri Werurwe 2020 kugeza ubu, akarere gafite abayanduye benshi ari aka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali gafite 3,891 naho agafite bake ni aka Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba gafite 26.

Imibare igaragaza uko uturere duhagaze mu kugira abanduye Covid-19
Imibare igaragaza uko uturere duhagaze mu kugira abanduye Covid-19

Igishushanyo cy’iyo Minisiteri kigaragaza uko uturere dukurikirana mu kugira abanduye Covid-19, cyerekana ko uturere tugize Umujyi wa Kigali ari two tuza imbere mu kugira abanduye benshi, aho habanza Nyarugenge n’abantu 3,891, hagakurikiraho Gasabo n’abanduye 2,658 naho Kicukiro ikagira 2,656.

Kugira abanduye benshi mu Mujyi wa Kigali biri mu byatumye mu minsi ishize uwo mujyi ushyirwa muri Guma mu rugo nubwo ejobundi yakuweho, ingendo ziwuhuza n’uturere two mu zindi Ntara nazo zikaba zarahagaritswe kugeza uyu munsi.

Uturere dukurikira Umujyi wa Kigali ahanini ni udukora ku mipaka y’u Rwanda n’ibindi bihugu, aho dukurikirwa n’aka Rusizi gafite abanduye 967, Kirehe 820, Rubavu 786 na Huye 607.

Uturere tuza mu myanya ya nyuma mu kugira abanduye bake ni Nyanza 147, Ngororero 104, Burera 73, Nyabihu 66 na Rutsiro ifite 26, nk’uko bigaragara ku rubuga rwa Twitter rw’umukozi wa Minisitri y’Ubuzima ushinzwe imikoranire n’itangazamakuru, Julien Mahoro Niyingabira.

Kugera ku itariki ya 25 Gashyantare 2021, abanduye Covid-19 mu Rwanda ni 18,553 mu gihe abayikize ari 17,279 naho abo yahitanye ni 258. Abakirwaye ni 1.016 harimo abarembye icyenda (9), hakaba hamaze gufatwa ibipimo 996,342.

Imibare igaragaza kandi ko benshi mu bishwe na Covid-19 bari hagati y’imyaka 60-69 kuko muri icyo cyiciro hapfuye abantu 62 naho munsi y’imyaka 20 akaba ari ho hapfuye bake kuko ari babiri (2).

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka