Polisi y’Igihugu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanga riratangaza ko umuhanda Kigali - Muhanga - Huye wongeye kuba nyabagendwa, nyuma y’ibyumweru bibiri wangijwe n’amazi y’imvura yasenye umuhanda hagati y’isantere ya Ruyenzi na Bishenyi mu Karere ka Kamonyi.
Minisitiri w’Uburezi, Dr. Valentine Uwamariya, avuga ko iyo umuyobozi adafite intego yo guharanira ibyiza ku bo ashinzwe, n’akamaro ko kubaho kwabo ntacyo biba bimubwiye no kubica yabica.
Ubuyobozi bw’Umuryango IBUKA urengera inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi buvuga ko imibiri y’Abatutsi bishwe mu 1994 iri mu rwibutso rw’i Ruhanga mu Karere ka Gasabo izatwikiirwa kuko yangiritse, hagasigara amazina y’abishwe, imyambaro n’ibindi bimenyetso basize, bikazaba ari byo bivuga amateka yabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’inzego z’ubutabera barashakisha umugabo wo mu Murenge wa Kavumu uvugwaho kwica umugore we agahita atoroka ubu akaba yabuze.
Abahanga mu bijyanye n’ibikoresho by’ikoranabuhanga, bavuga ko ibitagikoreshwa iyo bibitswe cyangwa bikajugunywa ahatarabugenewe, bishobora kugira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu cyangwa bikangiza ibidukikije muri rusange.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 11 Mata 2022 yatangiye uruzinduko rw’iminsi itatu agirira muri Repubulika ya Congo (yahoze yitwa Congo Brazzaville).
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Ingabire Assoumpta, arasaba abayobozi b’inzego z’ibanze kwirinda utuntu duto dutuma bica akazi, bikagira ingaruka ku mitangire ya serivisi.
Abanditse amateka y’ubuzima bwabo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, basanga ibitabo byabo bifite ubutumwa bigenera abakuze gusa, bakaba basanga hanakwiye kubaho uburyo bwo kandikira abana.
Ubwo bibukaga ku rwego rw’Umurenge tariki 10 Mata 2022, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahanga, Emmanuel Rutubuka, yavuze ko tariki 10 Mata 1994 ari itariki ifite igisobanuro gikomeye kuko aribwo Abatutsi bari bahungiye kuri Paruwasi n’ahandi mu bice bitandukanye by’uwo murenge bishwe n’abicanyi bari barangajwe (…)
Ku Cyumweru tariki 10 Mata 2022, ubwo wari umunsi wa 46 w’intambara u Burusiya bwagabye kuri Ukraine, amakuru yiriweho yavugaga ko Ukraine yitegura intambara ikomeye izahanganamo n’ingabo z’u Burusiya mu burasirazuba bwayo.
Ku Cyumweru tariki ya 10 Mata 2022, imibiri 315 y’inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu cyahoze ari amakomini yavuyemo Akarere ka Gakenke, yashyinguwe mu cyubahiro.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko kuva ku ya 07 Mata 2022, ibikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi byatangira, hamaze kugaragara ibikorwa birimo ingengabitekerezo ya Jenoside bitanu, dosiye zikaba zaramaze kugezwa ku Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku Cyumweru tariki 10 Mata 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 babiri, bakaba babonetse mu bipimo 3,823.
Polisi y’u Rwanda, ku wa Gatanu tariki ya 08 Mata 2022, yafashe uwitwa Manirafasha Jean Bosco w’imyaka 40, ukurikiranweho kujya gukora ikizamini cy’uruhushya rw’ agateganyo mu izina ry’undi. Yafatiwe ku Muhima ahari hagiye gukorerwa ikizamini hifashishijwe ikoranabuhanga (online).
Polisi ikorera mu Karere ka Rulindo tariki ya 08 Mata 2022 yafashe abajura batatu batoboye inzu y’umuturage biba ibikoresho bitandukanye birimo Decoderi ya Canal +, iminzani 2, Indangururamajwi, n’amafaranga y’u Rwanda 12,760 banakomeretsa uwitwa Twagirumukiza Theogene wari uvuye mu kazi nyuma yo kumwambura ibyo yari afite.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Nyamagabe barifuza ko ubuyobozi bw’imirenge bakoreramo bwarushaho kubegera, kugira ngo bafatanye kugeza umuturage aheza bose baba bifuza. Bagaragaje iki cyifuzo mu nama rusange y’ihuriro ry’Abafatanyabikorwa (Jadf) tariki 5 Mata 2022.
Umuryango ‘Our Past’ wahurije urubyiruko ku rwibutso rwa Kigali ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 09 Mata 2022, abantu batandukanye baruganiriza ku mateka avuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Uwo mugoroba wo #Kwibuka, wari ugizwe n’imivugo, amakinamico n’ibiganiro byatanzwe n’impuguke zitandukanye ku mateka ya (…)
Abagize Urwego rwunganira Akarere mu gucunga Umutekano (DASSO) mu Karere ka Musanze, binjiye mu rugamba rwo guhangana n’ikibazo cy’igwingira mu bana, bahereye ku kubaka uturima tw’igikoni no koroza amatungo magufi agizwe n’inkoko zitera amagi, aho kuva ku wa Gatatu tariki 6 Mata 2022, batangiye kubishyikiriza abagore (…)
Senateri Mureshyankwano Marie Rose yasabye abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi gushaka ukuri kw’amateka y’u Rwanda no kwitandukanya n’abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside.
Abagize umuryango ‘Humura’ ku wa Gatandatu tariki ya 09 Mata 2022, bagiye mu gihugu cya Uganda kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bakajugunywa mu migezi, imibiri yabo igakurwa ku nkombe z’ikiyaga cya Victoria, ikaza gushyingurwa mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rwa Ggolo mu Karere ka Mpigi muri (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 09 Mata 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 umunani, bakaba babonetse mu bipimo 3,485.
Perezida Paul Kagame, ku wa Gatandatu tariki 09 Mata 2022 yayoboye Inama y’Abaminisitiri yafatiwemo imyanzuro ikurikira:
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 muri Komini Mutura, Kanama, Karago Giciye, Gaseke, Ramba, Kayove na Kibirira n’ayandi yari akikije ishyamba rya Gishwati, bavuga ko imyaka 28 ishize bashakisha imibiri y’ababo biciwe ku musozi wa Muhungwe ariko babuze amakuru.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu tariki 09 Mata 2022, yayoboye Inama y’Abaminisitiri, nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byatangaje aya makuru. Ni inama yitezweho kwiga ku ngingo zitandukanye harimo n’izijyanye no gusuzuma ingamba zashyizweho zigamije guhangana n’icyorezo cya COVID-19.
Tariki ya 07 Mata 2022, Ambasade y’u Rwanda muri Senegal inashinzwe Ibihugu bya Mali, Gambia, Cap-Vert na Guinea Bissau ifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye muri Senegal, bibutse ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Minisiteri ya Siporo yatangaje amabwiriza azagenderwaho n’abakora ibikorwa bya Siporo mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994.
Umugabo witwa Ayindemeye Jean Marie Vianney w’imyaka 44, uvuka mu Kagari ka Bugaragara mu Murenge wa Shyorongi, Akarere ka Rulindo, ukekwaho kwica umugore we akoresheje isuka ubwo hari ku itariki 04 Werurwe 2022, yaburanishirijwe mu ruhame yemera icyaha anagisabira imbabazi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 8 Mata 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bane, bakaba babonetse mu bipimo 4,922.
Munana Samuel ukuriye Umuryango w’abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD) avuga ko mu butabera bigoye ko bahabwa ubutabera nyabwo kuko ahanini ahabereye icyaha ntihaba hari abasemuzi ngo babafashe uko bikwiye ahubwo bakagendera ku babyeyi n’umuntu ufite Ubumuga bwo kutumva no kutavuga kandi nyamara ntiyivugire.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Jean Damascene Bizimana, yasobanuye uko ubukana bw’amabwiriza ya Juvenal Habyarimana akiri Minisitiri w’Ingabo ari kimwe mu ntandaro za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Perezida wa Ibuka mu Karere ka Nyaruguru, Muhizi Bertin, avuga ko kuba indege yari itwaye uwari Perezida Habyarimana yaraguye i Kigali mu ijoro ryo ku itariki ya 6 Mata, Abatutsi bagatangira kwicwa mu Ruramba tariki 7 Mata 1994, bigaragaza ko Jenoside yari yarateguwe kera.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RSB) bari mu bukangurambaga hirya no hino mu gihugu buhamagarira abafite ibinyabiziga kubigirira isuku muri moteri no gukoresha amavuta afite ubuziranenge mu rwego rwo kwirinda kohereza mu kirere imyuka igihumanya kuko (…)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga, baravuga ko hari amasomo menshi bigiye muri Politiki y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, ariko hakabamo abiri y’ingenzi kuri bo, yose akaba yaratumye barushaho kwiyubaka aho guheranwa n’agahinda.
Igikomangoma Charles cya Wales mu Bwami bw’u Bwongereza, yifatanyije n’Abanyarwanda n’Isi yose kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, maze atera igiti mu rwego rwo kubaha icyubahiro.
Imvura ivanze n’urubura yibasiye Akagari ka Taba mu Murenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 08 Mata 2022. Iyo mvura yateje inkangu yafunze umuhanda Kigali-Musanze mu gihe cy’iminota 30, abaturage baratabara bakora umuganda, umuhanda wongera kuba nyabagendwa.
Mu Karere ka Musanze ku wa Gatatu tariki 06 Mata 2022, hasojwe inama yateguwe n’Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga (NCDP), igamije kunoza igenamigambi rizifashishwa mu mihigo u Rwanda rwahigiye mu nama mpuzamahanga igamije kurushaho guteza imbere abantu bafite ubumuga.
Uwitwa Kwitonda Mubaraka, yafatanwe Litiro 3,500 z’inzoga z’inkorano, bikekwa ko yari akuye mu Karere ka Kayonza, azijyanye mu Karere ka Rubavu.
Abanyamategeko ba Leta barasabwa kurushaho gukoresha imbuga nkoranyambaga, kugira ngo zibafashe kurushaho kunoza akazi kabo, hirindwa amakosa amwe n’amwe bashobora gukora bikaba byashora Leta mu manza.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika na Sudani y’Epfo, zifatanyije n’Abanyarwanda ndetse n’Isi yose mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Muri iki gihe Abanyarwanda bibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, abaturage bo mu Karere ka Musanze, barahamagarirwa gukomera ku mahitamo y’Ubumwe butajegajega, kwirinda imvugo cyangwa imigirire n’imitekerereze iganisha ku ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko ariyo ntwaro izatuma babasha (…)
Ikomyo ipakiye umucanga izwi nka Howo, ikoze impanuka mu Karere ka Kamonyi, umanuka ahitwa Gihinga hazwi nko mu Rwabashyashya, igonga imodoka nyinshi, ariko ngo ntiharamenyekana niba hari abo iyo mpanuka yahitanye.
Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu yahoze ari Komini Murambi (ubu ni mu Karere ka Gatsibo) yagaragaje umwihariko w’uko yakozwe mu gihe gito hicwa benshi, hakaba hari n’abagore bari baribumbiye mu cyo bise Interamwete bagamije gutera akanyabugabo basaza babo ngo badacika intege mu kwica.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki 8 Mata 2022, yageze i Nairobi muri Kenya, aho yitabiriye isinywa ry’amasezerano yo kwinjira mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) kwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Umubyeyi witwa Nyitamu wo mu Karere ka Ruhango warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, aratangaza ko n’ubwo abana n’ibikomere yatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi, agerageza gukora agamije kwiyubaka kugira ngo abamuhemukiye batamusuzugura.
Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko hari iperereza ririmo gukorwa kuri Gerenade yatewe mu rugo rw’umuturage ruri mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 07 Mata 2022 ahagana saa munani n’iminota 50.
Nk’uko byagenze mu gihugu hose, no mu turere twose tugize Intara y’Amajyaruguru, ku wa kane tariki 07 Mata 2022, hatangijwe icyumweru cy’icyunamo cyo kwibukwa ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.