Gasabo: Abiciwe i Ruhanga bazibukirwa ku mazina, imyambaro n’ibindi bimenyetso basize
Ubuyobozi bw’Umuryango IBUKA urengera inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi buvuga ko imibiri y’Abatutsi bishwe mu 1994 iri mu rwibutso rw’i Ruhanga mu Karere ka Gasabo izatwikiirwa kuko yangiritse, hagasigara amazina y’abishwe, imyambaro n’ibindi bimenyetso basize, bikazaba ari byo bivuga amateka yabo.

Leta y’u Rwanda ifite gahunda yo gutera imiti ku mibiri n’ibindi bimenyetso byasizwe n’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo bibashe kumara imyaka myinshi bitarangirika, ariko hari imibiri idashobora kubikwa ngo ijye igaragaza amateka y’ibyabaye, harimo iyo mu rwibutso rw’i Ruhanga.
Umuyobozi wungirije wa Ibuka mu Karere ka Gasabo, Claude Runihangabo yabwiye Kigali Today ko imibiri y’abiciwe i Ruhanga yangiritse bikomeye bitewe n’uko babamennyeho lisansi bakabatwika, bityo ikaba idashobora kujya yereka abantu amateka y’ibyabaye.

Urwibutso rw’i Ruhanga kuri ubu rushyinguwemo imibiri hafi ibihumbi 38 rwahoze ari urusengero rw’Abangilikani, hakaba hari hahungiye abantu baturutse hirya no hino mu mirenge imwe n’imwe igize uturere twa Gasabo, Rwamagana na Kicukiro.
Runihangabo avuga ko abo Batutsi baje bafite intwaro za gakondo zo kwirwanaho, bazi ko nta muntu uhungiye i Ruhanga ushobora kwicwa, ariko izari Ingabo z’u Rwanda (Ex FAR) zifatanyije n’Interahamwe, ngo zaraje zirabarasa zikoresheje indege, zinabatwikisha lisansi imibiri irangirika bikomeye.
Avuga ko ibi bikorwa by’iyicarubozo byanakorewe abagera mu bihumbi barimo kuboneka mu byobo rusange byo mu Gahoromani mu mirenge ya Rusororo na Masaka ya Kicukiro.


Yagize ati "Ibimenyetso dufite kugeza uyu munsi ni iyi myenda (bari bambaye). Inteko Ishinga Amategeko irimo kwiga uburyo imibiri imwe n’imwe n’ibindi bimenyetso byazaramba bikajya byerekwa abana n’abuzukuru bazavuka, amateka agakomeza gusigasirwa, ariko hano i Ruhanga ntibyoroshye".
Runihangabo avuga ko imva z’urwibutso rw’i Ruhanga zizatwikiirwa atari uko imibiri yangiritse gusa, ahubwo ari ukugira ngo imva zinarindwe abantu bashobora kwinjiramo bakazangiza.

Urukuta rwanditseho amazina y’abishwe bose ni rwo ruzubakwa mu minsi ya vuba(n’ubwo itaramenyekana), hamwe n’imyambaro na bimwe mu bikoresho byari bifitwe n’abishwe, bikaba bibitswe mu tubati tw’ibirahure.
Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Manirarora Annoncée avuga ko uburyo bwo gushyira imiti ibuza imibiri y’abishwe muri Jenoside kwangirika bwatangiye gukoreshwa mu nzibutso zimwe na zimwe nka Nyamata, Nyarubuye n’ahandi , ari na ko abantu bigishwa ibijyanye no kuyibika neza mu buryo burambye.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
Ohereza igitekerezo
|