Amajyaruguru: Uko umuhango wo gutangiza icyunamo wagenze (Amafoto)

Nk’uko byagenze mu gihugu hose, no mu turere twose tugize Intara y’Amajyaruguru, ku wa kane tariki 07 Mata 2022, hatangijwe icyumweru cy’icyunamo cyo kwibukwa ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Guverineri Nyirarugero n'abayobozi batandukanye muri Rulindo bacanye urumuri rw'ikizere
Guverineri Nyirarugero n’abayobozi batandukanye muri Rulindo bacanye urumuri rw’ikizere

Ahenshi uwo muhango wabereye ku nzibutso zishyinguwemo Abazize Jenoside, aho nyuma yo kunamira inzirakarengane zazize uko zavutse, habaye ibiganiro byatangiwemo ubutumwa bujyanye n’icyo cyumweru.

Rulindo

Akarere ka Rulindo niko katangirijwemo icyumweru cy’icyunamo ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru, aho Guverineri Nyirarugero Dancille, yifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Murambi, umuhango ubera ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Mvuzo, ahashyinguwe imibiri 6700 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside.

Nyuma yo kunamira inzirakarengane zishyinguwe muri urwo rwibutso no gucana urumuri rw’icyizere, hatanzwe ubuhamya bw’abarokokeye Jenoside muri ako gace, hanatangwa ikiganiro gifite insanganyamatsiko igira iti “Twahisemo kuba Umwe" cyatanzwe na Habiyaremye Oswald.

Mu Karere ka Rulindo aba ni abitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe abatutsi
Mu Karere ka Rulindo aba ni abitabiriye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe abatutsi

Mu ijambo rye, Guverineri Nyirarugero yihanganishije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abasaba kudaheranwa n’agahinda, ahubwo bagaharanira gukomeza kubaho neza.

Yasabye kandi ubufatanye mu kwamagana abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside, abapfobya n’abayikana Jenoside, abibutsa ko mu gihe bakomeje kwinangira hari ibihano bikomeye bibateganyirijwe.

Uwo muyobozi kandi, yasabye abitabiriye iyo gahunda kuba hafi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kubafata mu mugongo no kubungabunga inzibutso, kandi bigakorwa iminsi yose atari mu bihe byo kwibuka gusa.

Gakenke

Bunamiye abashyinguye mu rwibutso rwa Ruli mu Karere ka Gakenke
Bunamiye abashyinguye mu rwibutso rwa Ruli mu Karere ka Gakenke

Mu gutangiza icyumweru cy’icyunamo hibukwa ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu Karere ka Gakenke uwo muhango witabiriwe na ba Depite Bitunguranye na Murebwayire Christine, wabereye ku nzibutso ebyiri, urwa Buranga mu Murenge wa Kivuruga no ku rwa Ruli mu Murenge wa Ruli.

Kuri izo nzibutso zishyinguyemo inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, naho hatangiwe ikiganiro mu nsanganyamatsiko igira iti “Twahisemo kuba umwe”.

Abayobozi batandukanye mu Karere ka Gakenke bitabiriye uwo muhango
Abayobozi batandukanye mu Karere ka Gakenke bitabiriye uwo muhango

Muri uwo muhango hunamiwe inzirakarengane zishyinguwe muri urwo rwibutso, hacanwa urumuri rw’icyuzere hanatangwa n’ubutumwa bugenewe abaturage.

Burera

Umuhango wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bashyinguye mu rwibutso rwa Rusarabuye
Umuhango wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, bashyinguye mu rwibutso rwa Rusarabuye

Umuhango wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu Karere ka Burera wabereye mu Midugudu, ariko ku rwego rw’akarere umuhango ubera ku rwibutso rwa Jenoside rwa Rusarabuye mu Murenge wa Rusarabuye, ahunamiwe inzirakarengane zishyinguwe muri urwo rwibutso hashyirwa indabo.

Ni gahunda yakomereje mu cyumba mberabyombi cy’Akarere ka Burera, aho ubuyobozi bwaganirije abaturage ku bijyanye n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, banagirwa inama ku myitwarire ikwiye kubaranga.

Urwibutspo rwa Jenoside rwa Rusarabuye mu Karere ka Burera
Urwibutspo rwa Jenoside rwa Rusarabuye mu Karere ka Burera

Gicumbi

Umuhango wo gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu Karere ka Gicumbi wabereye ku Rwibtuso rwa Mutete, ruruhukiyemo imibiri 1045 y’Abatutsi bishwe mu 1994. Abitabiriye uwo muhango bunamiye abashyinguye muri urwo rwibutso hanacanwa urumuri rw’icyizere.

Meya wa Gicumbi afatanyije n'abayobozi banyuranye bacanye urumuri rw'icyizere
Meya wa Gicumbi afatanyije n’abayobozi banyuranye bacanye urumuri rw’icyizere

Mu ijambo rye, Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi Nzabonimpa Emmanuel, yavuze ko uku kwezi kwa Mata 1994 kwiyanditse ku buryo budasibangana mu mateka y’u Rwanda, ubwo rwagwaga mu icuramburindi rya Jenoside yaranzwe n’ubugome n’ubwicanyi bw’indengakamere bwaruhekuye.

Yibutsa abaturage ko iki cyumweru cy’icyunamo kibabera gutekereza bagasubiza agaciro Abatutsi bazize Jenoside, no gukora ibindi bikorwa bigamije guhangana n’ingaruka zayo.

Musanze

Gahunda yo gutangiza icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu Karere ka Musanze yabereye ku Rwibutso rwa Busogo, ibimburirwa n’umuhango wo gucana urumuri rw’Icyizere kuri ‘Monument’ iri ku Rwibutso rushya rw’Akarere, ruruhukiyemo imibiri isaga 800 y’abazize Jenoside. Biteganyijwe ko urwo rwibutso ruzatahwa ku mugaragaro muri iyi minsi yo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Bacanye urumuri rw'icyizere
Bacanye urumuri rw’icyizere

Ni umuhango wabimburiwe n’urugendo rwo kwibuka, hanatangwa ibiganiro binyuranye bivuga ku mateka yaranze Jenoside muri rusange, no mu Karere ka Musanze by’umwihariko.

Mu Karere ka Musanze umuhango wo Kwibuka nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi wabimburiwe n'urugendo
Mu Karere ka Musanze umuhango wo Kwibuka nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi wabimburiwe n’urugendo

Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka