Kayitare Fred na Mwesige Thomas ni abasore bakomoka mu Mudugudu wa Akayange ka mbere, Akagari ka Nyamirama, Umurenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare. Aba basore bakoze umuyoboro ureshya n’ibirometero 2,680 kugira ngo abaturage babone amazi meza ku gaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 29.
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed Ali, yageze mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri. Akigera mu Rwanda kKu kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali, yakiriwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda Dr. Vincent Biruta.
Umutoza Ally Bizimungu watoje amakipe atandukanye yo mu Rwanda, yitabye Imana nyuma y’iminsi yari amaze arwariye mu bitaro bya CHUK.
Mu mukino wabimburiye indi yo kuri iki Cyumweru, ikipe ya Mali nyuma yo gutsindwa na Kenya ihise isezererwa mu mikino ya AfroBasket 2021
Ibendera ry’Akagari ka Rungu mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze ryari ryabuze, ryamaze kuboneka, bakaba barisanze hejuru y’ibuye muri metero 50 uva ku biro by’Akagari.
Kanaka yatwaye umugore wa kanaka. Ni imvugo ikunda kumvikana kenshi ndetse ugasanga bari mu makimbirane ngo umugabo yatwaye umugore wa mugenzi we. Nyamara njyewe mbona ntawe umujyana ahubwo aba yahisemo kugenda kuko mbona ari amahitamo aba yagize.
Ku wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama 2021, Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Sénégal (Association de la Communauté Rwandaise du Sénégal/ACRS) wizihije umunsi w’Umuganura aho begeranyije ubushobozi bugeze kuri miliyoni eshatu (3,000,000) z’amafaranga y’u Rwanda yabafashije gukora ibikorwa bibiri: Kuganuza abana n’urubyiruko (…)
Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama 2021 abapolisi bo mu ishami rya Polisi y’u Rwanda bashinzwe kurwanya abanyereza imisoro(RPU) bafashe amabalo 18 y’imyenda ya caguwa n’inkweto imiguru 30 byinjizwaga mu Rwanda mu buryo bwa magendu. Ibyo bicuruzwa byafatiwe mu Karere ka Rusizi, Umurenge wa Gihundwe, Akagari ka (…)
Nyuma yo gusezerana mu mategeko ku wa Gatanu tariki 27 Kanama 2021, bukeye bwaho ku wa Gatandatu tariki 28 Kanama 2021, umuhanzi Igor Mabano yasabye anakwa umukunzi we bitegura kubana nk’umugabo n’umugore.
Ingabo z’u Rwanda(RDF) zungutse abandi basirikare bashya ku wa Gatandatu tariki 28 Kanama 2021 nyuma y’imyitozo yabereye mu kigo cya Gisirikare i Nasho mu Karere ka Kirehe mu Burasirazuba bw’u Rwanda.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 28 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 519 bakaba babonetse mu bipimo 26,058.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze n’inzego z’umutekano muri ako karere, bakomeje gushakisha uwaba yibye ibendera ry’Igihugu ryo mu Kagari ka Rungu ko mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze.
Mu mukino wa nyuma w’amatsinda, u Rwanda rutsinzwe na Cap-Vert ntirwabasha guhita rubona itike ya ¼ cy’irangiza aho rusabwa gutsinda Guinea ngo rubone itike
Imiryango 23 yo mu Karere ka Burera, yashyikirijwe amazu yubakiwe, abayigize banezezwa no guca ukubiri n’ubukode, abandi batandukana n’ikibazo cyo gusembera mu baturanyi.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Gatsibo cyane cyane abarokokeye i Kiziguro barifuza ko muri Kiliziya imbere hashyirwamo ikimenyetso kigaragaza amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi bari bahungiye muri iyo Kiliziya.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Musanze bwashyikirijwe dosiye iregwamo abantu batanu bakurikiranyweho icyaha cy’ubwicanyi cyakorewe umusore w’imyaka 21 .
Nyuma y’aho bimaze kugaragara ko hari insoresore zikora urugomo zikanambura abaturage, ziyise Abajangweri; ubuyobozi bw’Akarere ka Burera, buratangaza ko bwatangiye kuzihiga bukware, no kuzifatira ibihano, mu rwego rwo kuburizamo iyo myitwarire, bitarafata indi ntera.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) kivuga ko imvura y’Umuhindo wa 2021 izaba ingana nk’isanzwe igwa muri icyo gihe, ariko ikaba ishobora kuzagabanuka mu duce tumwe tw’Iburengerazuba, Amayaga n’uturere twa Bugesera, Kirehe na Ngoma.
U Rwanda rugiye kwita amazina abana b’ingagi 24, mu muhango wo Kwita Izina 2021, uzaba tariki 24 Nzeri 2021. Ni umuhango uzaba ubaye ku nshuro ya 17, ukazakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga kubera icyorezo cya Covid-19, nk’uko no mu mwaka ushize wa 2020 byagenze.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 28 Kanama 2021, i Kiziguro mu Karere ka Gatsibo mu Burasirazuba hashyinguwe mu cyubahiro imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside ikajugunywa mu cyobo. Imibiri ishyingurwa yose ni iyakuwe mu cyobo kiri i Kiziguro irenga 5,000 ndetse n’umubiri umwe wabonetse n’indi 15 yari ishyinguwe (…)
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) ruratangaza ko hari gahunda yo kwagura Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ikazagukira kuri hegitari zisaga 3700.
Ikipe y’igihugu ya Senegal yihereranye Sudani y’Amajyepfo iyitsinda amanota 104 kuri 75, iba ikipe ya mbere yujuje amanota 100 muri iyi mikino ya AfroBasket
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Musenyi, Twahirwa Gabriel wafashe amashusho na DASSO warwanye n’umworozi Safari George bahagaritswe mu kazi. Ku wa Gatanu tariki ya 27 Kanama 2021, nibwo aba bombi bamenyeshejwe ibyemezo bafatiwe ko bahagaritswe kubera gukoresha imbaraga zitari zikenewe mu gushyira mu bikorwa (…)
Mu gitondo cyo ku wa Gatanu tariki ya 27 Kanama 2021, umuyobozi mukuru wa Polisi y’Igihugu cya Lesotho, Commissioner of Police, Holomo Molibeli n’intumwa ayoboye basuye Abapolisi b’u Rwanda bakorera mu Ntara y’Iburengerazuba. Ku biro bya Polisi muri iyi Ntara mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Gisenyi aba bashyitsi bakiriwe (…)
Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda Dr Ngamije Daniel yatangaje ko u Rwanda rwongeye gutera intambwe mu gikorwa cyo gukora inkingo za Covid-19 nyuma yo kwemererwa guhabwa ikoranabuhanga rya mRNA n’ikigo cya BioNTech cyakoze urukingo rwa Pfizer.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 26 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 522 bakaba babonetse mu bipimo 18,193. Iyo Minisiteri itangaza kandi ko abantu 9 bitabye Imana kubera icyo cyorezo, bituma umubare w’abamaze gupfa bose uba 1065. Abitabye Imana ni abagore 4 n’abagabo 5. (…)
Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima (RBC) cyatangaje ko gahunda yo gukingira abantu bafata doze ya mbere y’urukingo rwa Covid-19 bisubitswe mu Mujyi wa Kigali, hakaba hagiye gukingirwa abafata doze ya kabiri.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancilla, ku wa Kane tariki 26 Kanama 2021, yayoboye inama yahuje ubuyobozi bw’Intara y’Amajyaruguru, ubw’Akarere ka Burera n’abavuga rikumikana mu mirenge yegereye umupaka w’u Rwanda na Uganda, yo mu Karere ka Burera ariyo Bungwe na Gatebe, bemeranywa guhashya ibiyobyabwenge.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) hamwe na Kaminuza y’u Rwanda (UR) byahaye impamyabushobozi abarangije kwiga muri iyo Kaminuza muri 2019 na 2020 bagera ku 8,908, ariko basabwa kwirinda kuganya ko nta kazi bafite.
Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda ‘’Amavubi ’’ yatangaje urutnde rw’abakinnyi 23 bagiye kwerekeza mu gihugu cya Maroc mu gushaka itike y’Igikombe cy’isi kizabera muri Qatar 2022.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirwakwiza amazi (WASAC), kiratangaza ko muri 2050 abatuye Umujyi wa Kigali bose bazaba bafite amazi mu nzu.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo, mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu tariki 27 yakoze operasiyo hafatwa abashoferi b’amakamyo 12 bageragezaga gutanga ruswa.
Umusore w’umwarimu w’imyaka 29 wo mu Karere ka Nyamasheke, wigeze kwandika urwandiko asa n’uwerekana ko agiye kwiyahura kubera kubengwa n’umukobwa w’inshuti ye biteguraga kubana, ubuyobozi bwamubonye mu rugo rw’undi mukobwa w’inshuti ye.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda “AMAVUBI” ikomeje imyitozo yo gutegura imikino ibiri yo gushaka itike y’igikombe cy’isi izabera muri Qatar umwaka utaha.
Mu gitondo cyo kuru uyu wa Gatanu tariki ya 27 Kanama 2021, imodoka itwara abagenzi ya kompanyi ya Excel Tours, yatewe amabuye n’abagenzi kubera amakosa y’umushoferi.
Polisi yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) yataye muri yombi abagera ku 100 bakekwaho gukoresha no gucuruza ikiyobyabwenge gishya bise bombe.
Abaturage bahinga icyayi mu Mirenge ya Nyundo na Nyamyumba mu Karere ka Rubavu, baravuga ko basabwe kwishyura imisoro y’ubutaka bwa Leta buhinzeho icyayi mu bishanga, bakifuza ko iyo misoro yakurwaho kuko igihe icyo ari cyo cyose Leta yashakaubwo butaka bayibusubiza.
Hari abaturage bavuga ko bazajya baraza ibishingwe mu nzu bararamo mu rwego rwo kubicungira umutekano nyuma yo kumva ko bazajya bishyurwa, bitandukanye n’uko bo bari basanzwe bishyura ababijyana.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari i Berlin mu Budage aho yitabiriye inama ya G20 Compact with Africa igamije guteza imbere ishoramari ry’abikorera muri Afurika.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA), kiratangaza ko abaturage bafite amafoto asa nabi mu ndangamuntu zabo cyangwa amafoto yabo akaba yarahindutse ugereranyije n’igihe bifotoreje n’impinduka zabaye mbese batayishimiye, bashobora kugana ibiro by’umukozi ushinzwe irangamimerere ku murenge basaba guhinduza ayo mafoto.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 26 Kanama 2021 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 570 bakaba babonetse mu bipimo 13,261.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Kanama 2021, Polisi y’u Rwanda yerekanye abantu 16 yafatiye mu Mujyi wa Kigali batwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha. Bamwe muri abo bashoferi bemereye itangazamakuru ko bari basomye ku bisindisha ariko bagahakana ko batari basinze. Igikorwa cyo kwerekana aba bashoferi cyabereye mu Karere ka (…)
Ku wa Gatatu tariki 25 Kanama 2021, umwana w’umuhungu w’imyaka 13 wiga kuri GS Kiyonza mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru, yafatanywe umuhoro n’icyuma yashakaga kwinjirana ku ishuri ngo abitere abo bagiranye amakimbirane.
Mu mukino wa kabiri wo mu itsinda A u Rwanda rutsinze ikipe y’igihugu ya Angola rwongera amahirwe yo kubona itike ya ¼ bwa mbere mu mikino ya AfroBasket
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB), rwataye muri yombi impuguke akaba n’umusesenguzi mu by’ubukungu mpuzamahanga, Dr Bihira Pierre Canisius, akurikiranyweho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Kanama 2021, urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, rwategetse ko Nsengiyumva François wamenyekanye ku izina rya ‘Igisupusupu’ arekurwa akaburana ari hanze.
Imidugudu 33 mu kKarere ka Nyagatare yesheje umuhigo wo kwishyura ubwisungane mu kwivuza 100%, yahawe ibyemezo by’ishimwe.
Guverineri w’Intara y’i Burengerazuba, Habitegeko François, aragaya abayobozi bitwara nk’abapagani cyangwa abacanshuro mu mirimo bashinzwe bahemberwa, ariko badakemurira igihe ibibazo by’abaturage.