Kicukiro: Mu Murenge wa Gahanga bibutse, ubuyobozi bwizeza abarokotse gukomeza kubaba hafi
Ubwo bibukaga ku rwego rw’Umurenge tariki 10 Mata 2022, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahanga, Emmanuel Rutubuka, yavuze ko tariki 10 Mata 1994 ari itariki ifite igisobanuro gikomeye kuko aribwo Abatutsi bari bahungiye kuri Paruwasi n’ahandi mu bice bitandukanye by’uwo murenge bishwe n’abicanyi bari barangajwe imbere n’uwayoboraga Segiteri Gahanga bagamije kubatsemba.

Urwibutso rwa Gahanga rushyinguyemo imibiri y’abantu bishwe cyane cyane ku itariki ya 10 Mata 1994 basaga 6,711 ndetse n’abandi bashyinguye mu rwibutso rwa Nunga 7,564 hakaba n’abashyingiye mu rwibutso rwa Karembure 2,522.
Emmanuel Rutubuka uyobora Umurenge wa Gahanga ati “Ibi ni umusaruro wa Politiki mbi y’ivangura ry’amoko ryamamajwe rigacengezwa mu Banyarwanda muri Repubulika ya mbere ndetse n’iya Kabiri.”

Yashimye Ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zahagaritse Jenoside zirangajwe imbere na Perezida Paul Kagame, zikarema ubuzima bushya ahari amacakubiri hagasimbuzwa Ndi Umunyarwanda, Abanyarwanda bakunga ubumwe.
Umwe mu barokokeye ahubatse urwibutso rwa Kagasa kuri Paruwasi ya Gahanga, witwa Kalisa Emmanuel, yavuze uburyo bahahuriye n’akaga gakomeye, benshi mu bahahungiye barahicirwa ariko abasha kwihisha mu muvu w’amaraso, abicanyi bamaze gutaha avamo arahunga.


Kalisa yashimiye abaturanyi b’iwabo yahungiyeho bakamuhisha kugeza ubwo Inkotanyi zamugeragaho zikamurindira umutekano hamwe n’abandi bari barokotse. Ashima Leta y’u Rwanda yabafashije bakabasha kwiga ndetse bagakora n’imirimo itandukanye ibafasha kwibeshaho no kwiteza imbere.

Perezida wa IBUKA ku rwego rw’Igihugu, Egide Nkuranga, yavuze ko n’ubwo hari intambwe imaze guterwa, urugamba rwo kurwanya Jenoside n’ingengabitekerezo yayo rutararangira.
Yamaganye abakomeje gukwirakwiza inyigisho mbi bifashishije cyane cyane imbuga nkoranyambaga, asaba abazi ukuri kutarebera. Ati “Uburyo bakoresha baturogera abana, natwe tubukoreshe tubarogora. Hari ababikora batukana, ariko twebwe ntituzatukana, ahubwo tuzakoresha ubundi buryo bw’ikinyabupfura ariko tubasubize. Baratsinzwe ni uko batabyemera.”

Egide Nkuranga uyobora IBUKA yasabye kandi inzego z’umutekano n’inzego z’ibanze gukurikirana abagihohotera abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko bakomeje kugaragaza ibikorwa n’amagambo byibasira abarokotse, cyane cyane mu gihe nk’iki cyo kwibuka.
Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, yavuze ko nk’ubuyobozi bazakomeza kuba hafi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ati “Ni inshingano yacu gukomeza kubitaho mu buryo bw’ubuzima ndetse n’imibereho. Nimuhumure, nimukomere, Jenoside ntabwo izongera kubaho ukundi.”
Uyu muyobozi w’Akarere ka Kicukiro kandi yashimye ingamba zafashwe na Leta y’u Rwanda zo guhangana n’icyorezo cya COVID-19 zikaba zaratumye ubu abantu babasha guterana bakibuka, mu gihe hari hashize imyaka ibiri bidashoboka kubera icyo cyorezo. Yasabye abantu gukomeza kwirinda no kubahiriza ingamba zo kucyirinda.

IBUKA na yo ivuga ko iyi myaka ibiri yagize ingaruka kuri bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bituma ibibazo by’ihungabana byiyongera kuri bamwe ndetse n’indwara ziterwa n’iryo hungabana kimwe n’ingaruka za Jenoside ziriyongera. Perezida wa IBUKA asaba abafite ibyo bibazo kwegera ubuyobozi ndetse n’inzego zibareberera kugira ngo bitabweho.











Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
Ohereza igitekerezo
|