Kicukiro: Iperereza ririmo gukorwa kuri Gerenade yatewe mu rugo rw’umuturage
Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB ruvuga ko hari iperereza ririmo gukorwa kuri Gerenade yatewe mu rugo rw’umuturage ruri mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 07 Mata 2022 ahagana saa munani n’iminota 50.

Umwe mu bayobozi mu muryango IBUKA urengera inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ari mu babwiwe ko urugo rw’umuturage witwa Twagira rwatewemo igisasu cya grenade kigakomeretsa umuntu umwe wo muri rwo.
Ngo yabwiwe ko ari abagizi ba nabi bateye gerenade kwa TWAGIRA, igakomeretsa umwana we w’umukobwa, ubu akaba arimo kuvurirwa mu bitaro bya Kaminuza CHUK.
Iki gikorwa cy’ubugizi bwa nabi cyabereye mu Mudugudu witwa Indakemwa, mu Kagari ka Nyakabanda mu Murenge wa NIBOYE w’Akarere ka Kicukiro.
Uwo muyobozi avuga ko bahise batangira kubaza iwabo wa Twagira(mu Karere ka Huye) niba atararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, kugira ngo hamenyekane niba icyo gitero kidafitanye isano n’ibikorwa by’ingengabitekerezo ya Jenoside, ariko nyuma ngo byaje kumenyekana ko atari mu barokotse.
Kigali Today yabajije Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira Thierry iby’icyo gitero ku rugo rwa Twagira, avuga ko hakirimo gukorwa iperereza.
Umuryango IBUKA uvuga ko mu gihe u Rwanda ruba rwegereza cyangwa ruri mu bihe byo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abayirokotse bajya basagarirwa bakagirirwa nabi mu buryo butandukanye, kugira ngo bagire ubwoba bareke gutanga ubuhamya bw’ibyababayeho n’ababigizemo uruhare.
Icyakora inzego z’Ubuyobozi mu Rwanda zivuga ko zitazihanganira uwo ari we wese wagerageza gusubiza u Rwanda mu bihe bibi rwanyuzemo.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
Ohereza igitekerezo
|
nonese ko muvuga ko ntaho bihuriye ningenga bitekerezo kdi habamo abarokotse Genocide njye mbizi neza.nubwo nyiri iki gipangu nta muzi ariko afitemo abandi bakibamo bakodesha barokotse.
Hari n’abatararokotse jenoside yakorewe abatutsi bashobora guhohoterwa kubera ubuhamya baba bafite, mu rwego rwo kubatera ubwoba ngo batavuga ibyo bazi.