Ruhango: Ibikomere bya Jenoside ntibyamubujije gukora no kwiyubaka
Umubyeyi witwa Nyitamu wo mu Karere ka Ruhango warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, aratangaza ko n’ubwo abana n’ibikomere yatewe na Jenoside yakorewe Abatutsi, agerageza gukora agamije kwiyubaka kugira ngo abamuhemukiye batamusuzugura.

Uwo mubyeyi avuga ko nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yize, yarangiza agakora umwuga w’uburezi, akaba abifatanya no gutegura ubukwe, kororo no guhinga bya kijyambere ku buryo ashobora gusarura za miliyoni mu mirima ye.
Nyiratamu avuga ko inshuti zo mu muryango ari zo zahuruje ibitero byabahize bikanabicira ababo, ariko akaza gukomeza kwihishahisha mu misozi ya nzaratsi, Kibanda na Nyiranduga, kugeza ubwo arokowe n’izahoze ari Ingabo za RPA Inkotanyi, aho yari yihishe na murumuna we ku witwa Balthazar.
Amaze kurokoka yisanze abo mu muryango we benshi barishwe muri Jenoside, ariko atangira urugendo rwo kwigira ku bikomere byinshi, dore ko ibyamubayeho mu mezi atatu y’inzira y’umusaraba, yibuka gusa ibyabaye ijoro ry’itariki ya 6 na 7 Mata 1994, kuko ibindi yibuka atazi amatariki byagiye biberaho kuko yari akiri muto cyane.

Avuga ko mu bikomeje kumubabaza ari ukuba mu muryango yashatsemo nta n’umwe yigeze amenya usibye umugabo we, ubu abana bakaba bamubaza nyirakuru na sekuru kuko basa, akabura icyo abasubiza kuko nawe atabazi.
Agira ati “Buri gihe ntanga itangazo nyuma yo gutanga ubuhamya nsaba uwaba azi umuryango nashatsemo, yaba databukwe cyangwa mabukwe kuba yambabarira akanyereka yenda agafoto kabo nkajya mbona uko nsobanurira abana, kandi uzabinkorera nzamugororera ntacyo nzamutwara nk’uko babikeka”.
Amaze kugera kuri byinshi n’ubwo afite ibikomere bya Jenoside
Nyiratamu asaba abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kwihangana bagakora bakiteza imbere, kuko nawe yabishoboye ku mwuga we w’ubwarimu akaba anabyaza umusaruro amasambu ye, akanorora kandi bikamuteza imbere.

Avuga ko ashobora gusarura toni ebyiri z’ibishyimbo, toni y’imyumbati, kuko ku manywa aba ari mwarimu, nijoro akaba umukozi mu yindi mirimo nko gutegurira abafite ibirori imitako no kurimbisha aho bakorera ubukwe.
Agira ati “Byose mbikorana ibikomere, n’ubwo mbifite ndakomeye ntabwo nihebye ngo bimperane. Nakomeje gukora cyane abana banjye mbarihira amashuri yisumbuye kandi bishyura atari make, ntabwo nifuza ko hari uwazansuzugura, nkora amanywa n’ijoro n’abandi batinyuke bakore kugira ngo turusheho kwiyubaka”.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cy’icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens, yavuze ko nyuma yo guhagarika Jenoside hari byinshi byakozwe ngo ubuzima bw’Abarokotse Jenoside n’Abanyarwanda muri rusange babashe kugaruka mu buzima.

Habarurema avuga ko Abarokotse Jenoside bagize uruhare runini mu gukira ibikomere, ubu bakaba babanye neza n’ababahemukiye, ibyo bikaba bimwe mu bituma bongera gutera intambwe mu bikorwa bigamije kubateza imbere kandi bizakomeza.
Avuga ko nyuma y’imyaka 28 Jenoside ihagaritswe, hakozwe byinshi mu kubaka u Rwanda n’Abanyarwanda, kandi ko nk’abazi aho bava n’aho bageze bakwiye gukomeza gukora cyane kugira ngo Abatutsi bishwe bahabwe agaciro.
Agira ati “Hakozwe byinshi biganisha ku kubaka u Rwanda n’Abanyarwanda, hari byinshi twagezeho, nk’abazi aho bava n’aho bageze biradusaba gutekereza cyane tugakora cyane, kuko mu Batutsi bishwe ni ho dukwiye gukura imbaraga zitubashisha kubaka Igihugu”.

Avuga ko ubumwe bw’Abanyarwanda buzafasha Abanyaruhango gukomeza gukorera hamwe, kandi ubuyobozi bukababa hafi kugira ngo bakomeze inzira y’iterambere.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
Ohereza igitekerezo
|