Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwa Loni zibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santrafurika na Sudani y’Epfo, zifatanyije n’Abanyarwanda ndetse n’Isi yose mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Muri Santrafurika, umuhango wo kwibuka wateguwe ku bufatanye n’Abadipolomate b’u Rwanda bari muri icyo gihugu, ubera mu murwa mukuru Bangui. Ni umuhango witabiriwe n’Umukuru w’icyo gihugu, Faustin Archange Touadera.
Mu ijambo rye, Olivier Kayumba, ukuriye intumwa z’Abadipolomate b’u Rwanda muri Santrafurika, yashimiye Perezida Touadera kuba yarifatanyije n’Abanyarwanda baba muri icyo gihugu, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Yashimangiye ko amateka y’u Rwanda mbere ya 1994 yaranzwe n’inzangano, amacakubiri ndetse no kwamburwa ubumuntu, byavuyemo gutakaza inzirakarengane z’Abatutsi zirenga miliyoni muri Jenoside yabakorewe mu 1994.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Madam Sylvie Baïpo-Temon, yashimye imbaraga zakoreshejwe na Guverinoma y’u Rwanda n’Abanyarwanda mu bwiyunge n’ubumwe bw’Igihugu, nk’ikimenyetso cy’umurimo ukomeye n’ubushake bwa politiki bwa Perezida Kagame, uhora yibanda ku miyoborere myiza n’iterambere ry’ubukungu.
Muri Sudani y’Epfo, ibikorwa byo kwibuka byabereye mu kigo cya Tomping, aho Ingabo z’u Rwanda zifite ibirindiro i Juba.
Ni umuhango kandi witabiriwe n’abanyacyubahiro batandukanye barimo Minisitiri w’ibikorwa by’inama y’Abaminisitiri muri Sudani y’Epfo, Dr Martin Alia Lomuro, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Deng Dau Deng, umugaba mukuru wungirije w’Ingabo, Lt Gen Thoi Chany na Komiseri wa Polisi muri UNMISS, Madamu Christine Fossen n’abandi.
Mu izina rya Guverinoma ya Sudani y’Epfo, Minisitiri Lomuro yashimiye ubuyobozi bw’u Rwanda kuba bwarakomeje ubumwe, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka 28
- Muri IPRC-Huye bamaganye imvugo urubyiruko rwadukanye ya ‘Twibuke twisana’
- Imiryango yazimye ni igisobanuro nyacyo cya Jenoside yakorewe Abatutsi – GAERG
- Bibutse abari abakozi b’Iposita 26 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi
- Kwibuka imiryango yazimye ni ukuyisubiza agaciro
- AERG Icyizere isanga abapfobya Jenoside barushywa n’ubusa
- Ecole Primaire Intwari: Bibutse abarimu n’abanyeshuri bishwe muri Jenoside, bamagana ivangura ryakorwaga mu mashuri
- Gasabo: Bibutse Abatutsi baguye mu Iseminari ya Ndera muri Jenoside
- CHUB: Biyemeje gukiza ababagana aho kuhapfira nk’uko byagenze muri Jenoside
- Kaminuza ya UTB yiyemeje gukoresha ikoranabuhanga mu guhangana n’abapfobya Jenoside
- #Kwibuka28 : Abarokotse Jenoside bo muri Nyakabanda baracyafite ibibazo bibakomereye
- Bugesera: Abarokokeye ahitwa Nyiramatuntu bibutse Jenoside, bashima Inkotanyi zabarokoye
- Barasaba ko abari abakozi ba ‘Caisse Sociale’ batahigwaga bajya batumirwa mu kwibuka
- Mali: Minisitiri w’Intebe yifatanyije n’Abanyarwanda n’inshuti zabo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
- Senegal: Bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, abanyeshuri bahabwa ibiganiro ku mateka yayo
- Rwamagana: Abarokotse baracyafite intimba kubera imibiri y’ababo itaraboneka
- Gisenyi: Bagiye gushyingura mu rwibutso umubiri wabonetse ahubakwa Umudugudu
- Basuye urwibutso rwa Kigali biyemeza kurwanya Jenoside mu buryo bwose
- Huye: Mu mwaka utaha baratangira kubaka urwibutso rw’Akarere
- Abarokotse Jenoside ku Mayaga barasaba kubakirwa inzu y’amateka yayo
- Rukumberi: Barifuza ko abari ku isonga muri Jenoside bafatwa bagahanwa
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|