Ubushakashatsi bwakozwe na Komisiyo y’ubutabera n’amahoro mu Rwanda, bwagaragaje ko ibihano biremereye bigenwa n’itegeko rihana ihohoterwa rishingiye ku gitsina, biri mu bituma abagore bahohoterwa n’abagabo babo ntibashake ubufasha mu mategeko.
Minisitiri wa Siporo, Aurore Munyangaju Mimosa ari kumwe na Minisitiri w’Ibikorwa remezo, Dr Ernest Nsabimana, basuye Stade Huye ku wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022, maze banyurwa n’uko yavuguruwe.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 18 mu mukino wa Handball, yatsinzwe na Misiri umukino wayo wa kabiri w’Igikombe cya Afurika, kirimo kubera muri BK Arena i Kigali, ibitego 44-30.
Urwego rw’Igihugu rw’iterambere RDB rwatangaje bamwe mu banyacyubahiro bazitabira umuhango wo kwita amazina abana b’ingagi 20. Muri aba banyacyubahiro harimo Umunya-Côte d’Ivoire wamamaye mu mupira w’amaguru, Didier Drogba n’Igikomangoma Charles cya Wales mu Bwami bw’u Bwongereza. Aba bari ku rutonde rw’abazita izina abana (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, avuga ko urubyiruko mu Rwanda rufite umukoro wo kubaka amahoro no kwigisha ibihugu bituranye, kubaka amahoro kuko ruzi neza ikiguzi cyayo.
Guhera ku ya 31 Kanama 2022, nibwo humvikanye inkuru y’ifatwa rya Bruce Melodie, akaba akurikiranyweho ibyaha by’ubwambuzi bushukana, kuko ngo hari amafaranga yakiriye avuga ko azaririmbira mu Burundi ariko ntiyabikora.
Ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya 11 cy’impunzi n’abasaba ubuhungiro 101 bavanywe muri Libya, bose bakaba bageze mu Rwanda amahoro.
Ishuri ryigisha umukino wa karate cyane ku bana bato ‘The champions Sports Academy’ ryazamuye mu ntera abana 95 bava ku mikandara imwe bajya ku yindi.
Habiyambere Phocas wo mu kigero cy’imyaka 30 wo mu Kagari ka Rwambogo mu Murenge wa Musanze mu Karere ka Musanze, biravugwa ko amaze imyaka isaga 20 afungiranye mu nzu aho byanamuviriyemo ubumuga bukomeye bw’ingingo busanga ubwo mu mutwe yari afite.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 31 Kanama 2022 mu Rwanda habonetse abantu 12 banduye Covid-19 bakaba barabonetse mu bipimo 2,922.
Ikipe ya Rayon Sports yatsinze Mukura VS mu mukino wa gicuti wateguwe na Mukura VS ubwayo ariko ikawakirira kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo yatsindiweho ibitego 2-1.
Abaturage bagana Ikigo nderabuzima cya Nyakiriba, giherereye mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Nyabihu, baravuga ko bagorwa no kuba inzu ababyeyi babyariramo yaho (Maternité), imaze igihe yarafunze imiryango, ubu ababyeyi batwite bakaba bakora ingendo ndende kandi zivunanye, bajya kubyarira ku bindi bigo nderabuzima cyangwa (…)
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafunze Muhizi Anatole, ukekwaho kubeshya Perezida wa Repubulika ubwo yari mu ruzinduko mu Karere ka Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba, akaba yaramubwiye ko yariganyijwe inzu ye.
Umuhanzi The Ben yasezeranye mu mategeko n’umukunzi we Uwicyeza Pamella, umuhango wabereye mu Murenge wa Kimihurura, mu Karere ka Gasabo.
Akarere ka Gicumbi kashyizeho gahunda ya Ngira nkugire Tugeraneyo, izabafasha kugabanya umubare w’abana bagwingiye.
Abacuruzi b’ibiribwa n’imyambaro mu Murenge wa Mimuli bari mu byishimo, nyuma yo kubakirwa isoko rya kijyambere rifite agaciro k’arenga Miliyoni 684Frw, mu gihe bari bamaze umwaka bakorera mu gishanga.
Ibigo bigize BK Group byatangarije abanyamigabane babyo hamwe n’abakiriya muri rusange, ko byungutse miliyari 28 na miliyoni 300 z’amafaranga y’u Rwanda mu gice cya mbere cy’umwaka wa 2022.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, baremeye mituweli abantu 1400 bo muri uwo murenge batishoboye, mu rwego rwo guteza imbere ihame ry’imibereho myiza y’Abanyarwanda.
Abahinzi b’ibihumyo bavuga ko umuntu washora amafaranga nibura ibihumbi 50Frw muri icyo gihingwa ku butaka butarenga metero kare(m²) imwe mu rugo iwe, ashobora gukuramo ibihumbi 100Frw mu gihe kitarenga amezi atatu.
Umunya-Mali Moussa Camara uheruka gusinyira ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangira imyitozo n’abandi bakinnyi ku kibuga cy’imyitozo kiri ku Ruyenzi
Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa yaraye asuye ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi aho iri mu mwiherero mu karere ka Huye.
Umuyobozi wa nyuma wa Leta zunze Ubumwe z’Abasoviyete (URSS), Mikhaïl Gorbatchev, yitabye Imana ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, afite imyaka 91 y’amavuko.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko nyuma yo kumenya ko umurimo ari ingenzi mu gutegura ahazaza heza, biyemeje gukangurira bagenzi babo gukura amaboko mu mifuka bagakora.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yashimiye ubuyobozi bw’umujyi wa Goma, bwafashije Abanyarwanda bari bashimuswe n’ingabo za Congo (FARDC) gutaha mu Rwanda, nyuma yo gufatirwa mu kibaya gihuza ibihugu byombi barimo gutashya, bose bakaba bameze neza.
Urwego rw’ Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB), rworoje imiryango 23 y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi itishoboye yo mu Karere ka Ruhango, mu rwego rwo kuyifasha kwiteza imbere.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball mu batarengeje imyaka 18 yatangiye itsinda Madagascar ibitego 53-32 mu gikombe cya Afurika kirikubera muri BK Arena.
Ikipe ya Manchester United yatangaje ko yaguze umukinnyi Antony w’imyaka 22 y’amavuko, wakiniraga ikipe ya Ajax yo mu Buholandi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022 mu Rwanda habonetse abantu 6 banduye Covid-19 bakaba barabonetse mu bipimo 3,332. Abantu 4 banduye babonetse i Musanze, umwe i Karongi n’umwe i Rusizi. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize (…)
Ku wa Gatanu tariki 02 Nzeri 2022 ni bwo hazaba umuhango ukomeye wo Kwita Izina abana b’ingangi 20, uzabera mu Kinigi mu Karere ka Musanze nk’uko byari bisanzwe mbere y’uko Covid-19 yaduka igatuma abantu badahurira hamwe ari benshi.
Itsinda ry’abaganga 15 bo mu ngabo z’u Rwanda bifatanyije na bagenzi babo baturutse mu bihugu bigize Umuryango w’ibihugu bya Afurika y’Iburasirazuba mu cyumweru cyahariwe ubutwererane bw’Ingabo n’abasivili (CIMIC) muri Tanzania, batanga ubuvuzi ku barwayi.
Dosiye ya Bamporiki Edouard wahoze ari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’urubyiruko n’umuco yashyikirijwe Ubushinjacyaha. Ni dosiye yari imaze iminsi ikorwaho iperereza n’Urwego rw’Ubugenzacyaha ‘RIB’, kuko urwo rwego rwatangiye kuyikoraho guhera muri Gicurasi 2022, ubwo Bamporiki Edouard yahagarikwaga mu kazi, (…)
Abayobozi bo mu bihugu 27 bya Afurika bafite aho bahuriye n’ingendo zo mu kirere, barimo kwigira hamwe uko ibibazo biri mu bwikorezi bwo mu kirere byakemuka.
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Huye, tariki ya 29 Kanama 2022 bwakiriye dosiye bukurikiranyemo umukobwa w’imyaka 20 ukekwaho kuba ku itariki ya 18/08/2022 yarasambanyije umwana w’umuhungu w’imyaka 10 mu Mudugudu wa Rurenge, Akagari ka Kibu, Umurenge wa Mugombwa, Akarere ka Gisagara.
Guhera kuri wa Mbere tariki 29 Kanama 2022, muri Iraq hashyizweho ibihe bidasanzwe nyuma y’uko abantu bagera kuri 23 bishwe n’amasasu muri ‘Zone Verte de Bagdad’, mu mvururu zakuruwe n’umuyobozi witwa Moqtada Sadr, yatangaje ko avuye mu bya Politiki burundu.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yatangaje ko imiryango ibarirwa muri 800 isanzwe ituriye uruganda rwa CIMERWA mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, igiye kwimurwa mu kurinda ubuzima bwabo no kureka uruganda rukisanzura.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Murangira B. Thierry arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kujya batanga raporo ku byaha byakozwe zirimo ukuri, aho kuzigoreka bitwaje ko uwakoze icyaha akomeye kuko izo raporo arizo zishingirwaho mu guha ubutabera uwakorewe icyaha.
Kuva tariki 25 kugeza ku ya 26 Kanama 2022, Ihuriro rya gatanu ku bufatanye n’itangazamakuru ry’u Bushinwa na Afurika, ryabereye i Beijing mu Bushinwa mu buryo bw’ikoranabuhanga (Iyakure).
Mu kiganiro Ed-Tech Monday, gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, cyatambutse kuri KT Radio tariki ya 29/8/2022, bagaragaje ko kwiga ukoresheje ikoranabuhanga byoroshye kurenza kwigishwa n’umwarimu muri kumwe.
Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko ifite imikino itatu ya gicuti muri iki cyumweru, yose izabera kuri Stade ya Kigali.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis ayoboye Inama izamara iminsi ibiri kugera kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Kanama 2022, ikaba ihuje Abakaridinari bagera kuri 200 baturutse hirya no hino ku Isi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Mbere tariki 29 Kanama 2022 mu Rwanda habonetse abantu 6 banduye Covid-19 bakaba barabonetse mu bipimo 1,612. Abantu 3 banduye babonetse i Musanze, umwe i Kigali n’umwe i Burera. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba Imana mu Rwanda bazize Covid-19 (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aranenga uburyo abayobozi bakemura ibibazo by’abaturage ku buryo hari ibyo agezwaho kandi byakabaye byarakemutse kera. Yabitangarije mu ruzinduko aheruka kugirira mu turere dutandukanye tw’Amajyepfo n’Iburengerazuba, akaba yarabigarutseho by’umwihariko ubwo yari mu Karere ka Nyamagabe (…)
Kuri uyu wa Mbere tariki ya 29/8/ 2022 nibwo Nkusi Thomas wamamaye ku izina rya Yanga mu gusobanura Filimi mu Kinyarwanda yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo. Abafashe ijambo ngo bagire icyo bamuvugaho, bamwe bafatwaga n’amarangamutima, ntibabashe kuvuga kubera umubabaro wo kubura Yanga bafataga nk’inshuti yabo kandi (…)
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Jeanne D’Arc Mujawamariya, aganira na Kigali Today, yagaragaje ko u Rwanda rwifuza imijyi n’imidugudu bitoshye, mbese biri mu ishyamba nk’uko bimeze mu Kiyovu cy’abakire mu Mujyi wa Kigali.
Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda batuye mu Gihugu cya Senegal, tariki 27 Kanama 2022 bizihije umunsi mukuru w’Umuganura. Uyu munsi mukuru w’Umuganura ubusanzwe wizihizwa buri wa Gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Kanama mu Gihugu hose no mu mahanga.
Abagore bane n’abana babiri barimo batashya mu kibaya gihuza u Rwanda na Congo, mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Rubavu, biravugwa ko bashimuswe n’ingabo za RD Congo (FARDC) zibajyana gufungirwa mu mujyi wa Goma.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi iri gukorera imyitozo kuri Stade Huye iheruka kuvugururwa, ari naho izakirira Ethiopia kuri uyu wa Gatandatu.
Kuri uyu wa 29 Kanama 2022, amarira n’agahinda byashenguye umuryango wa Nkusi Thomas wari uzwi nka Yanga mu gusobanura amafilimi, ubwo bamusezeragaho mu cyubahiro.
Kuri iki Cyumweru tariki 28 Kanama 2022, muri Cercle Sportif de Kigali hasojwe ingando zateguriwe abana mu biruhuko ziswe ‘SGI rise up camp’, zitabiriwe n’abagera kuri 500.