Abayobozi barimo Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, basaba abiga imyuga n’ubumenyingiro muri IPRC-Kigali (yahoze yitwa ETO Kicikiro), gukurikirana amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe hakiri ibimenyetso byayo, bakabyitaho.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza yasabye urubyiruko rw’abakorerabushake mu Ntara y’Amajyaruguru guhaguruka bakarwanya icyo ari cyo cyose cyahungabanya umudendezo w’Igihugu, batangira amakuru ku gihe kandi bafasha abaturage guhindura imyumvire, gukunda Igihugu, gukora akazi kanoze no kubahiriza igihe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 9 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 26, bakaba babonetse mu bipimo 4,459. Muri abo banduye, 22 babonetse i Kigali, babiri i Musanze, umwe i Rubavu, umwe i Karongi n’umwe wabonetse i Gicumbi. Nta muntu witabye Imana mu Rwanda kuri uwo (…)
Urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB), rurasaba urubyiruko kwitwararika mu kwitabira ibirori bibera mu bwihisho, kuko ari hamwe mu hacurirwa ibikorwa by’ubwihebe, iterabwoba n’ibindi byaha bibangamiye umudendezo wa rubanda.
Ikigo cy’Igihugu cy’isuku n’isukura (WASAC), ku bufatanye na komisiyo ishinzwe kubungabunga amazi y’ikiyaga cya Victoria (LVBC), baratangaza ko bitarenze umwaka wa 2025, i Kigali hazaba huzuye uruganda rutunganya imyanda ituruka mu bwiherero.
Akarere ka Rubavu kibutse ku nshuro ya 28 Jenoside yakorewe Abatutsi, hazirikanwa abagore n’abana bahasize ubuzima.
Abaturage batujwe mu mudugudu wa Gatovu mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, bakomeje gukodesha inka bahawe muri gahunda ya Girinka, bashaka amafaranga bitwaje ko bafite ikibazo cy’inzara.
Abagize urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango RPF-Inkotanyi, batangije ubukungurambaga bw’iminsi 20, bwo guhangana n’ibibazo byugarije umuryango Nyarwanda.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iratangaza ko mu mashuri abanza n’ayisumbuye harimo gushyirwaho amasomo yihariye yo kwirinda ikoreshwa n’ikwirakwizwa ry’ibiyobyabwenge.
Abagore n’abakobwa bo mu bice bitandukanye by’igihugu barasaba ko ibiciro by’ibikoresho byifashishwa mu kunoza isuku yabo bizwi nka Cotex byagabanuka, kuko kuba bihanitse bitaborohera kubikoresha.
Ikigo cy’Igihugu cy’ubushakashatsi no gusesengura politiki za Leta (IPAR), kuva muri Kamena kugera mu kwezi k’Ukwakira 2021, cyakoreye ubushakashatsi ku miryango 2053 gisanga abagera kuri 89% baragezweho n’ingaruka z’icyorezo cya Covid-19, z’igabanuka ry’ubukungu mu miryango.
Kuva tariki 16 kugeza tariki 30 Kanama 2022, mu Rwanda hateganyijwe ibarura rusange rya gatanu. Ni ibarura ritandukanye n’andi yabanje kuko yo yakoreshaga impapuro mu gukusanya amakuru, mu gihe iri rigiye kuba, rizakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Ku wa Gatatu tariki 8 Kamena 2022, mu rukiko rwa rubanda rwa Paris, hakomeje kumvwa ubuhamya ku bwicanyi bwakorewe Abatutsi mu cyahoze ari Perefegitura ya Gikongoro.
Bamwe mu batuye Akarere ka Musanze, barasaba ubuyobozi kubahindurira amazina atabahesha ishema yitiriwe uduce batuyemo, aho bemeza ko ayo mazina akomeje kubakurikirana mu bikorwa byabo.
Abavandimwe Rajesh Gupta na Atul Gupta barashinjwa na Afurika y’Epfo kuba baritwaje umubano wabo na Jacob Zuma, bakanyereza umutungo wayo ndetse bagatuma hari abantu bashyirwa mu myanya y’akazi batari bayikwiriye.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 11/06/2022 mu ntara y’Amajyaruguru harabera Isiganwa ry’Imodoka rizwi nka ‘Nyirangarama Sprint’ , rizitabirwa n’imodoka icyenda z’abanyarwanda.
Mu gihe u Rwanda rusoje imikino ibiri ibanza y’amatsinda yo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 runganyije umukino umwe rugatsindwa undi, abafana b’Amavubi bakabona ko ikipe itanga icyizere, bamwe mu bakinnyi bo bavuga ko kubona itike bitagomba kubera mu kibuga gusa, ahubwo ko hari izindi mbaraga baba bakeneye zirimo (…)
Imikino ya ¼ yo kwishyura mu cyiciro cya kabiri yaraye isojwe, aho makipe ane yakatishije itike ya ½ azavamo abiri azamuka mu cyiciro cya mbere
Ahitwa kuri 12 mu mahuriro y’imihanda y’uva i Burasirazuba winjira i Kigali, ukomeza ujya i Remera, ujya i Kimironko ndetse n’uwambuka igishanga cya Nyandungu werekeza i Masoro kuri Kaminuza y’Abadivantisiti, hari utuyira dushamikiyeho twinjira mu rufunzo rw’icyo gishanga.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 25, bakaba babonetse mu bipimo 4,514. Abantu 22 banduye babonetse i Kigali, umwe aboneka i Gicumbi, umwe i Rusizi n’undi umwe i Musanze. Nta muntu witabye Imana, imibare igaragaza ko abamaze kwitaba (…)
Umugabo w’umurobyi wo mu gihugu cya Thailand yajyanywe kubagwa byihutirwa kugira ngo ifi yari yamwinjiye mu muhogo ivanwemo.
Umuyobozi wa Caritas ya Diyoseze ya Kibungo, Padiri Aimable Ndayisenga, avuga ko Caritas idafasha umukene kugira ngo ajye ahora aza gusaba, ahubwo imufasha kugira ngo ave ku rutonde rw’abafashwa ndetse inamuteze imbere mu buryo yakwifasha ubwe.
Ku wa Mbere tariki 6 Kamena 2022, mu Turere twose tugize Intara y’Amajyaruguru, hatangijwe icyumweru cy’ubukangurambaga, bugamije gukangurira abaturage gushyira imbaraga mu kwimakaza umuco w’isuku n’isukura, mu rwego rwo kurushaho kunoza imyiteguro y’Inama ya CHOGM, iteganyijwe kubera mu Rwanda mu minsi iri imbere.
Ni gake cyane inzovu zibyara umwana urenze umwe, ariko ni ku nshuro ya kabiri hagaragaye inzovu yabyaye abana babiri muri uyu mwaka mu gihugu cya Kenya.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Ellen DeGeneres na Portia de Rossi ndetse n’itsinda bari kumwe mu Rwanda, aho batashye ku mugaragaro ikigo cy’ubushakashatsi ku kubungabunga ingagi.
Ubuyobozi bw’ikigo OVG gishinzwe gukurikirana imihindugurikire y’ibirunga, cyatangaje ko amafi yabonetse hejuru y’amazi mu kiyaga cya Kivu yapfuye ntaho ahuriye na gazi iboneka mu kiyaga cya Kivu nk’uko benshi babiketse, ahubwo ngo ashobora kuba yarishwe n’ibindi bintu bitahise bimenyekana.
Musenyeri Philippe Rukamba, umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Butare, avuga ko abasambanya abangavu bakanabatera inda bakwiye kumenya ko bahemuka imbere y’Igihugu n’imbere y’Imana.
Abayobozi b’Igisirikare cya Mali batangaje ko bazasubiza ubutegetsi abasivili muri Werurwe 2024, bakizera ko uko gutanga igihe, bizatuma bakurirwaho ibihano bari bafatiwe nyuma yo kwanga kubahiriza isezerano, bari batanze ryo gukoresha amatora ya Perezida wa Repubulika muri Gashyantare uyu mwaka wa 2022.
Abantu umunani batanze ubuhamya mu rubanza ruregwamo uwahoze ari Perefe wa Gikongoro Laurent Bucyibaruta, ukurikiranyweho icyaha cya Jenoside n’ibindi bifitanye isano na yo, ku bwicanyi bwakorewe Abatutsi kuri Paruwasi Gatolika ya Cyanika mu 1994.
Ku wa Kabiri tariki ya 7 Kamena 2022, abagenzacyaha 30 ba RIB baturutse mu turere dutandukanye, basoje amahugurwa y’ibanze ku ikoreshwa ry’ururimi rw’amarenga bari bamazemo amezi atatu.
Intumwa yihariye y’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (UN), Valentine Rugwabiza, ndetse n’Umuyobozi w’Ubutumwa bw’Umuryango ugamije kugarura amahoro muri Santrafurika (MINUSCA), batashye inzu mberabyombi yubatswe n’inzego zishinzwe kubungabunga amahoro z’u Rwanda ku bufatanye na MINUSCA. Inzego z’umutekano z’u (…)
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), ruratangaza ko bamwe mu Banyarwanda bacuruzwa hanze y’Igihugu harimo ababeshywa gukora ubukwe n’abakunzi babo, no kubaha akazi keza cyangwa amashuri meza.
Nyuma y’imyaka itari mike abanyehuye bashishikarizwa gusenya inzu z’ubucuruzi zishaje bakubaka iz’amagorofa mu mujyi wabo, hatangiye kuboneka abazubaka, haba ahahoze inzu z’ubucuruzi ndetse no mu bindi bice.
Umuryango IBUKA ufatanyije n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali (Akarere ka Nyarugenge by’umwihariko), bavuga ko bakomeje gushakisha imibiri y’Abatutsi biciwe ahantu hatandukanye muri Jenoside yabakorewe mu 1994, barimo abajugunywe mu myobo igera kuri 40 yacukuwe mu Murenge wa Rwezamenyo.
Mu gihe habura imikino ibiri ngo shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2021-2022 isozwe, umunsi wa 29 wakozwemo impinduka ku matariki mu gihe umunsi wa nyuma imikino irimo amakipe arwanira igikombe, ndetse narwana no kutamanuka mu cyiciro cya kabiri yahujwe umunsi n’isaha, aho Kiyovu Sports izakirira Marine FC i Muhanga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 07 Kamena 2022, muri Village Urugwiro, yakiriye Xavier Bettel, Minisitiri w’Intebe wa Luxembourg n’itsinda ayoboye bari mu Rwanda.
Ku wa Kabiri tariki 07 Kamena 2022, Banki ya Kigali (BK Plc) hamwe na Sosiyete y’Itumanaho (MTN Rwanda), byagiranye amasezerano yo gutanga telefone zigezweho (Smart Phones), uwayihawe akazajya yishyura amafaranga make make kugeza ayegukanye burundu.
Polisi y’u Rwanda yagaruje amashilingi 370 akoreshwa muri Kenya, ni ukuvuga amafaranga y’u Rwanda abarirwa muri miliyoni eshatu n’ibihumbi 256, yari yibwe abenegihugu ba Kenya babiri ku mupaka wa Cyanika mu Karere ka Burera.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 07 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 20, bakaba babonetse mu bipimo 5,856.
Komisiyo yu Rwanda ikorana na UNESCO (CNRU) ku bufatanye n’abafatanyabikorwa mu burezi, yateguye amahugurwa y’ikoranabuhanga azafasha urubyiruko kwitegura guhatana ku isoko ry’umurimo.
Aminadabu Birara, Intwari y’Abasesero yapfuye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akaba yarabaga mu Bisesero mu Karere ka Karongi, bivugwa ko yishwe tariki 23 Kamena 1994, agwa mu bitero Interahamwe zifatanyije n’abasirikare zagabye ku Batutsi bari ku musozi wa Muyira.
Nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bw’icyo gihugu, Minisitiri w’Ibidukikije n’umutungo kamere muri Repubulika y’Abadominikani, yarasiwe mu biro bye ahita apfa, akaba ngo yarashwe n’inshuti ye ya hafi.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, kuri uyu wa Kabiri tariki 7 Kanama 2022, yafunguye ku mugaragaro Ikigo Ellen DeGeneres Campus of the Dian Fossey Gorilla Fund, giherereye mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda (AMAVUBI) yakoze imyitozo ya nyuma kuri Stade yitiriwe Abdoulaye Wade, ari na yo iza gukiniraho n’ikipe y’igihugu ya Senegal muri iri joro.
Ku wa Mbere tariki ya 06 Kamena 2022, Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha mu Karere ka Rubavu, ryafashe abantu batatu bakurikiranyweho gukora ubucuruzi bwa magendu nyuma yo gufatanwa imodoka yo mu bwoko bwa Fuso, ifite ibirango nomero 7644 AF19, yari itwaye amacupa 7200 y’ubwoko bw’amavuta (…)
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwakira Inama ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth), izabera i Kigali kuva tariki 20 Kamena 2022, Akarere ka Musanze kari mu myiteguro nk’ahantu hafite Amahoteli azakira abashyitsi, hakaba hari imihanda imodoka zizabuzwa (…)
Umuryango utabara imbabare ishami ry’u Rwanda (Croix-Rouge), wahawe na Coca-Cola agera kuri miliyari 141.2Frw, yo gufasha mu gukomeza gukiza ubuzima bw’abantu, hakorwa ubukangurambaga bwo gukangurira abantu kwikingiza byuzuye mu rwego rwo guhagarika ikwirakwira rya Covid-19.
Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Ibikorwaremezo n’Imiturire, Dr Mérard Mpabwanamaguru, avuga ko imirimo yo kwitegura CHOGM ikomeje gukorwa amanywa n’ijoro, ariko agasaba n’abaturiye imihanda irimo gukorwa kuba bavuguruye inzu zabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, aratangaza ko kwibuka abari abakozi b’amakomini yari agize Akarere ka Ruhango, ari umwanya wo kuzirikana uruhare bagize mu iterambere akarere kagezeho, kuko hari ibyo bakoraga na n’ubu byabaye intangiriro y’iterambere rya Ruhango.
Umuryango mugari w’akoresha Internet ku bufatanye n’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF), bihaye intego zo kongera umubare w’abenjeniyeri b’imiyoboro ya Internet mu gihugu, mu myaka itanu iri imbere.