Gakenke na Gicumbi ni uturere twashimiwe ko dukomeje guhesha ishema Intara y’Amajyaruguru mu kwitwara neza muri gahunda z’imihigo zinyuranye za Leta, aho utwo turere twombi twatwaye ibikombe bine mu bikombe bitanu byatanzwe.
Abarokokeye Jenoside muri Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, bavuga ko batereranywe n’abakabatabaye harimo abaganga, aribo bagombaga kugira uruhare runini mu kubarindira ubuzima.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo Umuryango nyarwanda utari uwa Leta ASOFERWA, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuzima (RBC), inzego z’umutekano ndetse n’abaturage, tariki 30 Kamena 2022 bahuriye mu bikorwa byo kurwanya indwara ya Malaria byabereye mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka (…)
Bamwe mu bagore batuye mu bice bitandukanye by’Igihugu, barishimira iterambere bamaze kugeraho nyuma y’amahugurwa bahawe n’umushinga Women for Women Rwanda, kuko bumvaga ko nta kindi bashoboye uretse kubyara no kurera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango buratangaza ko bugiye gutunganya ubuso busaga Ha 700 z’ibishanga bizahingwaho umuceri, mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’inganda zitunganya umuceri zigaragaza ko nta musaruro uhagije zifite.
Kompanyi ya Hyper Sports Group Ltd yateguye igikorwa cyo guhemba abitwaye neza mu mupira w’amaguru w’u Rwanda mu mwaka w’imikino wa 2021/22, mu byiciro bitandukanye, cyiswe “Hyper Football Awards 2022” kizasozwa ku wa 30 Nyakanga 2022.
Ku wa Kane tariki 30 Kamena 2022, Polisi y’u Rwanda yakiriye imbwa 12 zabugenewe mu gusaka abakurikiranyweho ibyaha, zatorejwe mu kigo cyitwa Police Dog Center Holland, igikorwa cyahujwe n’uko abapolisi 19 bari basoje amahugurwa yo kuzikoresha.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, avuga ko mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ari ngombwa ko abantu bibuka banazirikana imbere heza h’Igihugu, bityo ko ari ukwibuka banacyubaka.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kane tariki 30 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 69, bakaba babonetse mu bipimo 4,730.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI), iravuga ko mu myaka itanu iri imbere nta nzara izaba ikibarizwa mu Rwanda, kuko buri wese azaba ashobora kwihaza mu biribwa. Ibi MINAGRI ibishingira ku bushakashatsi buheruka gukorwa bukerekana ko u Rwanda ruhagaze neza mu ruhando mpuzamahanga ku bijyanye no kwihaza mu biribwa (…)
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko kwibohora ari ubuzima n’iterambere haba ku bari barahejejwe mu mahanga n’abandi bari barakandamijwe.
Bamwe mu baturage b’Akarere ka Kayonza barinubira guhamagarwa mu nama n’abayobozi ariko ntibubahirize amasaha kuko byica akazi kabo ka buri munsi. Mu cyumweru cyo kwibohora, Akarere ka Kayonza karimo gutaha ibikorwa remezo bigamije iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza umunsi wo kwibohora ku nshuro ya 28, umunsi uzizihizwa tariki 04 Nyakanga 2022, ingo zifite amashanyarazi mu gihugu zikomeje kwiyongera mu buryo bugaragara. Leta y’u Rwanda ikomeje gushyira imbaraga nyinshi mu mishinga yo gukwirakwiza amashanyarazi hagamijwe ko intego y’amashanyarazi (…)
Mugabe Aristide wari umaze imyaka 11 akinira ikipe y’Igihugu y’umukino wa Basketball, yamaze gutangaza ko asezeye gukinira iyi kipe yari amaze imyaka 11 akinira, ashimira buri wese wamushyigikiye.
Abayobozi b’Akarere ka Muhanga kuva ku rwego rw’Umudugudu kugera ku Karere barahuriza ku guha umwanya uhagije umuturage, bakamutega amatwi kugira ngo abashe kugira uruhare mu bimukorerwa kuko na we arebwa n’imihigo.
Kuri uyu wa Kane tariki 30 Kamena 2022, Umuraperi w’Umufaransa, Laouni Mouhid, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka La Fouine, yagiranye ikiganiro n’Abanyamakuru mu Mujyi wa Kigali, asobanura uko yiteguye gususurutsa abaza kwitabira ibitaramo byiswe ‘Africa in Colours festival’, biteganyijwe gutangira uyu munsi bikazarangira ku (…)
Umugabo wo muri Chili yahembwe inshuro zikubye 286 z’umushara we, ahita asezera muri Sosiyete yakoreraga abicishije mu banyamategeko, aburirwa irengero nyuma yo gusezeranya iyo sosiyete ko azayisubiza amafaranga arenga ku yo yari agenewe.
Umugabo witwa Ngayabateranya wo mu Kagari ka Muyira, Umurenge wa Manihira mu Karere ka Rutsiro, yatawe muri yombi nyuma yo gukubita no gukomeretsa umugore we, Uwifashije Claudine, amuziza ko yabwaye umukobwa, ndetse akomeretsa n’uwo mwana, ubu abahohotewe bakaba bari mu bitaro.
Ambasaderi Claver Gatete uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN), ubwo yagezaga ijambo ku kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano, ibibazo by’amakimbirane n’umutekano muke muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yagaragaje aho u Rwanda ruhagaze mu guhosha ibi bibazo.
Mu nama y’Inteko Rusange y’Umujyi wa Kigali yateranye ku wa Gatatu tariki 29 Kamena 2022, Umuyobozi wungirije muri w’uwo mujyi ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa remezo, Dr Merard Mpabwanamaguru, yasubije abaturage basaba imodoka rusange n’inzira nshya (lignes), ko bizabagezwaho mu minsi ya vuba.
Guverineri Bello Matawalle w’Intara ya Zamfara muri Nigeria, yategetse ko abaturage bahabwa impushya zo gutunga imbunda kugira ngo batangire kwirindira umutekano ukomeje kubangamirwa n’imitwe yitwara gisirikare, mu rwego rwo gukaza ingamba zo kurwanya no gutsimbura abagizi ba nabi bakomeje kwica no gushimuta abaturage, (…)
Nyuma y’ishyirwaho ry’umuyobozi mushya wa (IRMCT), Urwego Rwasigaranye Inshingano z’icyahoze ari Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga ku Rwanda (ICTR), abaharanira uburenganzira bwa muntu bongeye gutanga icyifuzo gisaba ko amakuru afatika ari mu bushyinguranyandiko bwa ICTR yoherezwa mu Rwanda.
U Rwanda rugiye kuba igihugu cya mbere cyakiriye ibihugu byinshi muri shampiyona Nyafurika ya Taekwondo, aho izanitabirwa n’ikipe y’impunzi yo muri Kenya
Kapiteni w’ikipe ya AS Kigali akaba na kapiteni w’ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ‘Amavubi’, Haruna Niyonzima, yavuze ko atazi igihe azasezerera kuri ruhago, ashimangira ko agifite imbaraga zo gukina.
Umuririmbyi w’Umunyamerika, Robert Sylvester Kelly, umenyerewe nka R. Kelly, yakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka 30 muri gereza, kuko yakoresheje ibyo kuba ari icyamamare bigatuma akorera abana n’abagore ihohotera rishingiye ku gitsina.
Banki ya Kigali (BK Plc) hamwe n’Ikigo Inkomoko giteza imbere amahugurwa, byamaze gutoranya ba rwiyemezamirimo bato 25, bagiye guhugurwa mu mezi atandatu aho abazitwara neza kurusha abandi bazahabwa inguzanyo yishyurwa nta nyungu bongeyeho, muri gahunda yiswe BK-Urumuri.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 29 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 50, bakaba babonetse mu bipimo 3.418. Abantu 20 muri abo 50 banduye babonetse i Kigali, 5 baboneka i Nyaruguru, 4 i Muhanga, 4 i Nyamagabe, 4 i Rulindo, 4 i Musanze, 3 i Huye, 2 i Rusizi, 2 i (…)
Polisi y’u Rwanda, ku wa Kabiri tariki ya 28 Kamena 2022 yafashe Umumotari witwa Iradukunda Salim w’imyaka 20 washakaga guha ruswa umupolisi y’amafaranga y’u Rwanda 6,000 nyuma y’uko amwatse ibyangombwa bimwemerera gutwara moto akabibura. Yafatiwe mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Rubavu, Akagari ka Buhaza, Umudugudu wa Buhaza.
Mu mukino wo guhatanira igikombe cy’icyiciro cya kabiri, ikipe ya Sunrise yacyegukanye itsinze Rwamagana City igitego 1-0
Abaturage bo mu Kagari ka Kora mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu, bishimiye gutaha ibiro by’Akagari biyujurije nyuma y’uko bishatsemo imbaraga banga gukomeza gusaba serivise banyagirwa, bakusanya 49,500,000 FRW biyubakira ibiro by’Akagari.
Umukozi wa Pariki y’Akagera ushinzwe ubufatanye hagati ya Pariki y’Akagera n’abayituriye, Karama Joseph, avuga ko uyu mwaka bashoye amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyoni 250 mu bikorwa bigamije guteza imbere abaturage bayituriye aturuka ku nyungu zabonetse kubera ibikorwa by’ubukerarugendo.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA), uvuga ko gufashishwa amafaranga nabyo biba ari ngombwa, kuko bifasha abarokotse kubonerwa icyo bakora, bikaba bishobora kuba umuti w’ihungabana kuri bo.
Abaturiye ibice by’imirenge ya Shyogwe na Nyamabuye, n’ibindi bice bizanyuramo kaburimbo mu mujyi wa Muhanga, barishimira ko ubutaka bwabo bugiye kongererwa agaciro, n’inzu zabo zikarushaho kugira umucyo.
Ibintu bitandunye by’ubugeni byari byarajyanywe mu Budage biturutse muri Cameroon, Namibia na Tanzania mu gihe cy’ubukoloni, kuri ubu u Budage bukaba bwiyemeje buzabigarura muri Afurika aho byaturutse bikahaguma burundu.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubushakashatsi n’Iterambere mu byerekeye Inganda (NIRDA), kirashishikariza abafite inganda nto n’iziciriritse mu gihugu kubagana, bagafashwa mu guhanga udushya mu byo bakora no gupimisha ibicuruzwa byabo ngo binozwe, bijye ku isoko byujuje ubuziranenge.
Hasigaye imyaka ibiri gusa ngo igihe u Rwanda rwari rwihaye cyo kuba rwamaze kugeza amashanyarazi ku baturage bose kigere, ariko ikigo gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi mu Rwanda (REG), cyavuze ko hakenewe Miliyoni 600 z’Amadolari (asaga Miliyari 612 z’Amafaranga y’u Rwanda), kugira ngo iyo ntego u Rwanda rwihaye (…)
Abarimu bigisha mu mashuri y’abana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, bagaragaje zimwe mu mbogamizi bahura na zo mu kazi kabo bagira n’ubufasha basaba kugira ngo akazi kabo kagende neza.
Abatuye mu bice bikora kuri Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, ku ruhande rw’Umurenge wa Gataraga n’uwa Shingiro mu Karere ka Musanze, ngo barambiwe guhora bavogera iyo Pariki, bajya kuvomayo amazi yo mu bidendezi n’ibirohwa badaha mu miferege, bigasa n’aho bayasahuranwa n’inyamaswa zaho, biturutse ku kuba batagira amazi meza (…)
Umuririmbyi R. Kelly kuri uyu wa Gatatu ni bwo aza gukatirwa igifugo kiri hejuru y’imyaka 10, nyuma y’amezi icyenda ahamwe n’ibyaha byo gusambanya abagore n’abana ku gahato.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, arasaba abaturage b’ako Karere gukunda ibikorerwa iwabo, bakanabikundisha abandi bikarenga isoko ry’Akarere bikagera no hanze y’Igihugu.
Umugabo yatakaje telefone yo mu bwoko bwa ‘iPhone’ mu mezi 10 ashize, ubwo yarimo akora siporo yo kugenda bagashya mu bwato butoya we n’umuryango we, iyo siporo bakaba barayikoreraga mu mugezi wo mu Bwongereza witwa Wye (River Wye).
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, aratangaza ko abikorera mu nzego zose n’imiryango itari iya Leta n’ubuyobozi bwite bwa Leta, bakoreye hamwe iterambere ryakwihuta, kuko iyo icyiciro kimwe gikoze gahoro bituma ku rundi ruhande ibikorwa bitihuta.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko abana basaga 2500 bo mu mashuri abanza, bataye ishuri mu mwaka wa 2021, hagarurwa abagera ku 1,900.
Uwahoze ari Perezida w’u Burusiya akaba kuri ubu yungirije ku buyobozi bw’Inama y’Umutekano y’icyo gihugu, Dmitry Medvedev, yatangaje ko nihagira igihugu kigize OTAN gifasha Ukraine kwisubiza umwigimbakirwa wa Crimea, biza kubyara Intambara ya Gatatu (III) y’Isi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 28 Kamena 2022 mu Rwanda habonetse abanduye Covid-19 bashya 43, bakaba babonetse mu bipimo 3,372. Abantu 12 muri abo 43 banduye babonetse i Kigali, 7 baboneka i Musanze, 7 i Muhanga, 5 i Karongi, 4 i Huye, 3 i Rusizi, 2 i Rubavu, 2 i Kamonyi n’umwe i (…)
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe wa Sena, yashimiye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame kubera uruhare yagize kugira ngo inama ya CHOGM 2022 igende neza kandi igere ku ntego zayo, nyuma y’imyaka 13 gusa ishize rwinjiye mu muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza Commonwealth.