Musanze na Nyanza zirayoboye nyuma y’umunsi wa mbere wa “Amputee Football”

Mu mpera z’Icyumweru gishize mu karere ka Rubavu hatangiye shampiyona y’umupira w’amaguru w’abafite ubumuga “Amputee Football” y’umwaka wa 2025/26.

Ni shampiyona y’umupira w’amaguru w’abafite ubumuga “Amputee Football” yatangiye ku wa Gatandatu no ku Cyumweru aho hari hari no gutangira ku mugaragaro umwaka wa 2025/26, mu cyiciro cy’abagabo ndetse no mu cyiciro cy’abagore.

Umwe mu mikino wari utegerejwe na benshi ni umukino wagombaga guhuza ikipe ya Karongi ndetse na Kicukiro mu bagabo, aho Karongi yashakaga guhagarara ku gikombe yari yegukanye umwaka ushize.

Muri uyu mukino, ikipe ya Kicukiro yari yiyambaje abakinnyi bakomeye barimo Gatete Fidèle usanzwe ukina mu gihugu cya Turukiya, ariko ikipe ya Karongi ntiyamwemera aho bavugaga ko agifite amasezerano muri iyo kipe, mu gihe we yavugaga ko ubu ari umukinnyi wigenga, ariko birangira adakinnye uwo mukino.

Muri uyu mukino, ikipe ya Kicukiro ni yo yari yabanje igitego, ariko habura iminota ine ngo umukino urangire, ikipe ya Kicukiro yaje kucyishyura birangira amakipe yombi anganya igitego 1-1.

Uko imikino yose yakinwe mu mpera z’iki cyumweru yagenze

Abagabo
1. Nyabihu 0-1 Nyamasheke
2. Rubavu 2-2 Nyamasheke
3. Nyarugenge 6-0 Nyabihu
4. Karongi 1-1 Kicukiro
5. Rubavu 0-3 Musanze
6. Huye 0-3 Musanze
7. Karongi 4-1 Rubavu
8. Musanze 1-0 Kicukiro

Abagore
1. Musanze 0-0 Nyanza
2. Muhanga 0-0 Ngoma
3. Ngoma 0-1 Nyanza
4. Muhanga 0-0 Musanze

Urutonde mu bagabo nyuma y’umunsi wa mbere (Phase 1)

1.Musanze: 6pts
2.Karongi: 4pts
3.Nyamasheke: 4pts
4.Huye: 3pts
5.Nyarugenge: 3pts
6.Kicukiro: 1pt
7.Rubavu :1pt
8.Nyabihu:0 pts

Urutonde mu bagore

1.Nyanza: 4 pts
2.Muhanga: 2 pts
3.Musanze: 2 pts
4.Ngoma: 0pts

Mu mwaka w’imikino ushize wa 2024/25, iyi shampiyona yari yegukanywe n’akarere ka Nyanza mu cyiciro cy’Abagore, aho hari hakinnye amakipe atatu maze habarwa amanita, Nyanza iza ku mwanya wa mbere n’amanota arindwi, Musanze iza ku mwanya wa Kabiri n’amanota atandatu naho Nyarugenge iza ku mwanya wa gatatu n’amanota ane.

Mu Bagabo, umwaka ushize igikombe cyari cyatwawe na Karongi n’amanota 52, nyuma yo guhangana cyane n’akarere ka Nyarugenge kaje ku mwanya wa Kabiri n’amanota 49.

Ikipe ya Huye
Ikipe ya Huye
Ikipe ya Muhanga
Ikipe ya Muhanga
Ikipe ya Rubavu
Ikipe ya Rubavu

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka