Mu nama y’umutekano yahuje inzego zitandukanye zifite aho zihurira n’umutekano w’abaturage ndetse n’abaturage ubwabo, mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, abaturage bavuze ko bahangayikishijwe n’ikibazo kimaze gufata intera cy’ubujura bumena amazu bakiba ibiri imbere mu nzu.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Karambi bukomeje guhangayikishwa n’igenda ridasobanutse rya bamwe mu Banyarwanda batujwe mu muri uwo murenge mu karere ka Nyamasheke, baturutse muri Tanzaniya ubwo birukanwaga.
Bitewe n’impanuka zikunze kwigaragaza mu muhanda wa kaburimbo uhera ku Kinamba ujya ku Gisozi, ukanyura kuri Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK), i Kagugu ugahinguka mu kabuga ka Nyarutarama; abahaturiye barasaba utugunguzi (dos d’ane) dutuma imodoka zigabanya umuvuduko.
Kuri uyu wa 14 Kamena 2015, mu Mudugudu wa Ruhita akagari ka Nyagashanga Umurenge wa Karangazi, ho mu Karere ka Nyagatare, Hatangishaka w’imyaka 18 yafatanywe imbunda yo mu bwoko bwa Pistol n’amasasu yayo 18.
Umugabo witwa Ngomanzungu Wellaris wo mu Kagari ka Mwiyando mu Murenge wa Muzo ho mu Karere ka Gakenke arashakishwa n’inzego z’umutekano kubera urupfu rw’umugore we Nyiransengimana Purukeriya wari ufite imyaka 37 wasanzwe yapfuye ngo akubiswe agafuni mu ijoro ryo kuri uyu wa 15 Kamena 2015.
Umukozi ushinzwe ubuhinzi, amashyamba n’umutungo kamere mu Murenge wa Juru mu Karere ka Bugesera yatawe muri yombi akekwaho kugira uruhare mu kwangiza ibidukikije.
Mu gitondo cyo ku wa 14 Kamena 2015, Tabaro Joseph, w’imyaka 50 wari umushumba w’inka, mu Kagari ka Kamate, mu Murenge wa Karangazi ho mu Karere ka Nyagatare bamusanze yapfuye bikekwa ko yari yaraye anyoye inzoga ya suruduwire.
Abapolisi bava mu bihugu 13 by’Akarere k’Afurika y’Uburasizuba no mu Ihembe ry’Afurika bibarizwa mu muryango wa EAPCCO, kuri uyu wa 15 Kamena 2015 batangiye amahugurwa bizamara iminisi ine bigamije kubongerera ubumenyi n’ubushobozi bwo guhangna n’ibyaha ndengamipaka.
Kuri uyu wa 11 Kamena 2015, mu Murenge wa Busengo mu Karere ka Gakenke mu rugo rw’umuvuzi gakondo witwa Basirimutse Innocent habonetse umurambo w’umugore witwa Uwiduhaye Astherie mu rwina (aho batara ibitoki) bigaragara ko yishwe anizwe.
Itsinda ry’umutwe w’abanjiza ikiyobyabwenge cya Kanyanga mu Karere ka Gicumbi bagikuye mu gihugu cya Uganda uzwi ku izina ry’ “Abarembetsi” ryasenye inzu y’umuturage nyuma yo kumenya ko yabatanzeho amakuru ko binjiza Kanyanga mu gihugu.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 11 Kamena, mu Mudugudu wa Gakirage mu Kagari ka Gakirage mu Murenge wa Nyagatare akarere ka Nyagatare, hatoraguwe mu mugezi w’umuvumba umurambo wa Uwihayimana Triphose.
Bamwe mu bayobozi n’abanyeshuri b’Ikigo cy’Amashuri Yisumbuye cya Kaduha (E.S. Kaduha), barimo umuyobozi w’ikigo, ushinzwe imyitwarire y’abanyenyeshuri n’umuyobozi w’abanyeshuri, bari mu maboko ya Polisi bakurikiranyweho gutegura no gushishikariza abanyeshuri kwigaragambya ku mpamvu ngo zitaramenyekana neza bamagana (…)
Umukwabu udasanzwe Polisi y’Igihugu yakoze wataye muri yombi bikoresho bitandukanye byiganjemo imiti y’ubuhinzi itemewe n’imikorano ihata muri yombi ibiyobyabwenge birimo za kanyanga n’urumogi bifite agaciro ka miliyoni zigera kuri 12 z’amafaranga y’u Rwanda.
Uwayisenga Robert w’imyaka 30 y’amavuko, afungiye ku gashami ka Polisi ka Byimana mu Karere ka Ruhango guhera mu mugoroba wo ku wa 10 Kamena 2015, akekwaho kwambura moto uwitwa Mukiga Jamvier w’imyaka 27 y’amavuko.
Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa 10 Kamena 2014, yahaye amakoperative abiri akorera mu Kiyaga cya Kivu inkunga ya miliyoni 2 z’amafaranga y’u Rwanda izayafasha mu gukora neza no gucunga umutekano mu Kivu.
Abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye rya E.S.Gahunga riherereye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, barasaba ubuyobozi kubarinda impanuka z’amagare anyura mu muhanda wa kaburimbo Musanze-Cyanika, uca mu kigo cyabo.
Umusore witwa Nzabagirirwa Marc wo mu Mudugudu wa Ntanda, Akagari ka Raranzige mu Murenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru, afungiwe kuri Polisi yo mu Murenge wa Mata, akekwaho kwica nyina witwa Mukantabana Beatrice, yarangiza akamucagaguramo ibice akajya kubijugunya mu kabande.
Polisi y’igihugu ifatanyije n’abaturage bo mu karere ka Ngororero bahagurukiye kurwanya ubusinzi buterwa ahanini n’inzoga zitemewe hamwe n’ibiyobyabwenge, kuko ari byo bitera ibyaha by’urugomo bikunze kwiganza muri aka karere.
Kuri uyu wa 10 Kamena 2015 ahagana mu ma saa tatu z’ijoro, mu Mudugudu wa Kazaza mu Kagari ka Kazaza ho mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare uwitwa Rukundo Ivan w’imyaka 22 yatewe icyuma n’umuforoderi wari uhetse ijerekani ya kanyanga ku igare ashiramo umwuka akigezwa ku Kigo nderabuzima cya Rwempasha.
Polisi y’Igihugu yasobanuriye abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Ruyenzi, ruherereye mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi, uko bakoresha umuhandaw wa kaburimbo nko kwambukira mu nzira ya bagenzi izwi ku izina rya “Zebra crossing.”
Umusore witwa Munezero wo mu Mudugudu wa Nyamiyaga mu Kagari ka Kidahwe ho mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi, ari mu maboko ya Polisi y’u Rwanda ikorera ahitwa ku Mugina mu Karere ka Kamonyi ashinjwa gutwika se umubyara.
Ibiyobyabwenge birimo kanyanga, urumogi ndetse n’ibikoresho bikoreshwa mu gukora kanyanga birimo insheke, n’ingunguru byangiririjwe mu ruhame,nyuma y’urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge rwakozwe n’urubyiruko rwiganjemo abanyonzi n’abamotari.
Dusingizimana Jean De Dieu ukunze kwiyita Fulgence Kibenye w’imyaka 24 ari mu maboko ya Polisi kuri ku Mukamira mu karere ka Nyabihu, acyekwaho kwicisha umuhoro Hatangimfura Jean Baptiste Gasore w’imyaka 38.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka, asanga ubufataye bw’imyaka 15 Polisi imaze ifitanye ubufatanye n’abaturage mu kwicungira umutekano, byatanze umusaruro ugaragara mu kurwanya ibyaha mu gihugu cyose.
Nyuma y’uko impunzi z’i Burundi zari zimaze iminsi zihungira mu Rwanda zinyuze ku byambu bihuza Akarere ka Kirehe n’u Burundi, Polisi y’i Burundi imaze gufunga ibyambu byose ngo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Abantu babarirwa muri 55 bo mu Mudugudu wa Mabanza mu Kagari ka Gishwero, ho Murenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango, ngo bari kwa muganga nyuma yo kunywa ikigage mu birori by’ubutisimu byabaye ku munsi w’isakaramentu ku wa 7 Kamena 2015.
Kuri uyu wa 07 Kamena2015 ahagana mu ma saa sita z’amanywa, mu Mudugudu wa Busasamana, Akagari ka Gahurura, mu Murenge wa Rukomo, habonetse umurambo w’uwitwa Kayitare Egide.
Guhera kuri uyu wa 04 Kamena, Mugabo Faustin, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nyakagarama mu Murenge wa Rukomo ho mu Karere ka Nyagatare, ari mu maboko ya Polisi/ Sitasiyo ya Gatunda akekwaho kwaka no kwakira ruswa ingana n’amafaranga ibihumbi 20.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko nyuma yo guta muri yombi abantu bagera kuri 80 bakekwagaho kwiba inka muri ako karere, batandatu muri bo ngo ari bo ngo ni bo bafitiwe ibimenyetso simusiga ngo bakaba bazashyikirizwa ubutabera mu gihe abandi barekuwe bagasubiye iwabo.
Kuri uyu wa 05 Kamena 2015, Baziramwabo Boniface w’imyaka 43 wari Umukuru w’Umudugudu wa Kivumu mu Kagali ka Haniro mu Murenge wa Manihira ho mu Karere ka Rutsiro yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana.