Nyuma y’ukwezi kumwe n’igice Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bufashe gahunda yo gufata abajura b’inka ndetse n’abakekwaho ubwo bujura, abaturage bo muri ako karere bahamya ko kuri ubu babonye agahenge kuko ubujura bw’inka bwagabanutse.
Umugabo w’imyaka 35 witwa Uwimana Jean Claude utuye mu Kagari ka Kirwa mu Murenge wa Murunda ho mu Karere ka Rutsiro afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gihango,nyuma yo kwica umugore we wa kabiri witwa Uzamukunda Sylvanie ndetse n’umwana witwa Ndatimana yagendanye ubwo yashakaga uyu mugabo.
Intumwa Yihariye y’Umuryango w’Abibumbye (Loni) mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Saïd Djinni,t mu biganira n’abarwanyi ba FDLR bajyanywe mu nkambi yitiriwe Lt Gen Bauma iri Kisangani ku wa 8 Nyakanga 2015 yabasabye gutaha mu Rwanda.
Runiga Fulgence, Umukuru w’Umugudugu wa Mukoni mu Kagari ka Kavumu mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza ari mu maboko ya Polisi kuri sitasiyo yayo ya Busasamana ashinjwa kwakira ruswa y’ibihumbi 10 by’umuturage kugira ngo amukemurire ikibaba ku nzu yubakaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Nkurikiyumukiza Cassien wo mu Kagari ka Kiremera mu Murenge wa Kigarama ababajwe n’ubusembwa yatewe na murumuna we ubwo yamutemaga mu mutwe yarangiza akamuruma umunwa wo hasi akawuca.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Busogo mu karere ka Musanze rutangaza ko ruhangayikijwe n’abasore baza kurema isoko ryo mu Byangabo riherereye muri uyu mrenge, bitwaje inkoni bagahohotera abaturage iyo bamaze kunywa bagasinda.
Minisitiri w’Umutekano mu Rwanda, Sheikh Musa Fazil Harelimana, ashimangira ko kwigana no gusangira uburanariribonye hagati y’abanyeshuri 30 bava mu bihugu umunani by’Afurika byitezweho imbuto nziza z’ubufatanye n’imikoranire ya polisi zo mu karere mu gucunga umutekano w’abantu n’ibintu ndetse n’umutekano ukarushaho kuba (…)
batanu bari mu kigero cy’imwaka ibiri kugeza kuri 7 barumwe n’imbwa bivugwa ko yasaze yo mu kagari ka Batima mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Sebyenda Patrick bakundaga kwita Mosayi wakoraga akazi ko kotsa inyama mu Gasenteri ka Cyanika kari mu Murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera yitabye Imana nyuma ngo kunywa uducupa dutanu tw’inzoga yitwa Furaha.
Umusore witwa Musabyimana Mawombe wo mu Kagari ka Rwantonde mu Murenge wa Gatore yafatanwe imifuka ibiri y’urumogi ipima ibiro 80 ku wa 02 Nyakanga 2015 arugemuriwe n’abatanzaniya atabwa muri yombi.
Mu kiyaga cya kivu hafatiwe abakongomani batanu n’amato yabo bari bavogereye amazi y’u Rwanda n’imitego ya kaningini itemewe kurobeshwa mu Rwanda na yo irafatwa, kuri uyu wa gatatu tariki a 1 Nyakanga 2015.
Umugabo witwa Rubwiriza Tharcisse w’imyaka 26 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera kuva mu cyumweru akorwaho iperereza kubera gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine.
Bamwe mu batuye umujyi w’akarere ka Rusizi no munkengero zawo, baravuga ko nyuma yaho inzego z’umutekano zagiye zifata bamwe mu bakunze guhungabanya umutekano wabo biganjemo abajura, indaya n’inzererezi mu mujyi hamaze kongera kuboneka agahenge.
Abagabo babiri bo mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke bafungiwe kuri Sitasiyo ya Police ya Gakenke bakurikiranweho kwiba inka bakayibaga bakagurisha inyama zayo ariko ntibibahire kuko bahise batabwa muri yombi n’inzego z’umutekano.
Nsabimana Fidèle w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Kagari ka Gitovu mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka mu gitondo cyo kuri wa 29 Kamena 2015 yagongewe na moto mu Mujyi wa Nyanza abura umugonze ndetse n’umutabara.
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhanga, Senior Spertendant Francis Muheto, aratangaza ko Polisi itazihanganira abanywa bagasinda kuko usibye guhungabanya umutekano, bikururira ubukene bukabije kandi bakangiza ubuzima bwabo.
Kuri uyu wa 26 Kamena 2015, mu Mudugudu wa Barija A, Akagari ka Barija mu Murenge wa Nyagatare ho mu Karere ka Nyagatare, bamennye ibiyobyabwenge bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 14 n’ibihumbi 437 na 200.
Abantu bataramenyekana baraye bateye mu ishuri ryisumbuye rya College Adventiste de Gitwe mu murenge wa Bweramana akarere ka Ruhango, basambanya umwana w’imyaka 10 wigaga mu mwaka wa kane w’amashuri abanza.
Mu Mudugudu wa Kibaya, Akagari ka Ruyenzi mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi; abana babiri, umwe w’imyaka irindwi n’undi w’imyaka ine, bahiriye mu nzu mu ijoro ryo kuwa 26 Kamena 2015; ubwo bari basigaye mu nzu bonyine ababyeyi babo ngo bagiye mu kabari.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamirambo, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 26 Kamena rwakatiye igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda miliyoni eshanu, Mugema Jacques wiyise Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe akajya ashuka abantu kuri Facebook ko azabafasha bakamwoherereza amafaranga bagategereza bagaheba.
Abaturage bo mu Murenge wa Mudende mu Karere ka Rubavu bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abaturage biyahura gikomeje kwiyongera kuko muri aya mezi abiri ngo hamaze kwiyahura abagabo bane.
Mu Kiyaga cya Cyohoha y’Epfo kiri mu Murenge wa Ruhuha mu Karere ka Bugesera hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Sentwari Emmanuel bikekwa ko yaba yiyahuye.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera hafungiye umugabo witwa Ayirwanda Jean Baptiste nyuma yo gufatwa aha umupolisi ruswa y’ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Rwanda ngo afunguze umugore we.
Mu karere ka Nyabihu mu Murenge wa Jenda habereye impanuka y’ikamyo yataye umuhanda ikagonga inzu, bigateza inkongi y’umuriro yaguyemo abantu babiri bahiriye muri iyo nzu.
Ubuyobozi bw’Akagari ka Kamuhoza mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu baravuga ko bahangayikishijwe n’idarapo n’ibendera ryibwe mu ijoro tariki ya 22/6/2015, ku buryo ngo abaturage kuri uyu wa 24 Kamena 2015 biriwe mu bihuru bashakisha ngo barebe ko baribona.
Kagiraneza Clement w’imyaka 22 y’amavuko, yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano tariki ya 23/06/2015, akurikiranyweho gushimuta umwana w’aho yakoraga kugira ngo bazamwishyure amafaranga bari bamurimo ngo asaga miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda.
Ubwo yaganiriraga abayobozi b’imidugudu yo mu Karere ka Huye, mu nama bagiranye tariki ya 22 Kamena 2015, Gen. Maj Alexis Kagame, uyobora ingabo z’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, yababwiye ko iterambere ry’igihugu ari wo mutekano urambye.
Umurambo wa Sibomana w’imyaka 35 y’amavuko bawusanze mu Mudugudu wa Mwari , Akagari ka Musamo, mu Murenge wa Ruhango mu Karere ka Ruhango wateraguwe ibyuma n’abantu bataramenyekana.
Nyirahagenimana Veronika w’imyaka 28 wo mu kagari ka Ruhanga mu murenge wa Kigina mu gihe, akurikiranwe n’inzego zishinzwe umutekano arwaje umwana we mu bitaro bya Kirehe nyuma yo kumubyara akamuta mu musarani.
Kuri uyu wa 17 Kamena, mu Mudugudu wa Mutete, Akagari ka Ndego, mu Murenge wa Karama ho mu Karere ka Nyagatare, abagore 3 harimo Abarundikazi 2 bafite abana 9 n’Umunyarwandakazi 1 wari ufite abana bafashwe bakiva mu modoka ibakuye mu Mujyi wa Kigali ngo bashaka kwambuka bajya mu gihugu cya Uganda.