Umugabo witwa Nsanzabandi Jean Paul bita Tababu yishe umwana w’umuturanyi we, mu karere ka Nyanza, avuga ko amutanzeho igitambo.
Abatuye mu Isantere ya Ryanyirakabano mu Murenge wa Rubengera muri Karongi, barinubira kuba utuzu twatekerwagamo ibyitwa ibidiya twafunzwe tumaze kuba indiri y’ibiyobyabwenge.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza buratangaza ko imwe mu mirenge irimo udusantere ariyo iza ku isonga mu kugira umubare w’ibyaha byinshi.
Polisi yataye muri yombi abagabo batandatu bari bigize abakozi ba EUCL mu karere ka Rubavu bagatwara Cashpower z’abaturage bakabaka n’amafaranga.
Abasivili, abapolisi n’abasirikare 20 bava mu bihugu icyenda bya EASF batangiye amahugurwa azibanda ku kurinda umwana mu butumwa bw’amahoro.
Ubuyobozi bw’akagari ka Rusura mu Karere ka Rubavu bafunze ikirombe cy’umucanga nyuma yo kugwamo abantu bacukuragamo tariki 23 Nzeri 2015.
Mu Karere ka Bugesera imbwa 61 z’inzererezi zimaze kwicwa nyuma y’aho ziririye abantu 13 ndetse abagera kuri babatu bikabaviramo urupfu.
Abacuruzi bakorera mu Karere ka Ruhango baravuga ko bahangayikishijwe n’abajura bacukura amazu bakabiba ibicuruzwa, bagasaba ubuyobozi kubihagurukira.
Abaturiye umuferege w’amazi wubatswe mu Mujyi wa Kayonza baravuga ko wakemuye ikibazo cy’amazi yabangirizaga ariko uteza icy’umutekano ku bana kuko udatwikiriye.
Kuri Sitasiyo ya Police ya Mukamira hacumbikiwe umugabo witwa Nsanzineza Theoneste w’imyaka 40 wafatanywe amafaranga ibihumbi 330 y’amakorano.
Inama ihurije i Kigali Ministiri w’Ingabo wa Kongo Kinshasa, Aime Ngoyi Mukena Lusa Diese na mugenzi we w’u Rwanda, Gen James Kabarebe kuri uyu wa 24 Nzeri 2015, irafata umwanzuro wo kongera gufatanya kurwanya FDLR.
Inama ihuje kuri uyu wa 24/9/2015, Ministiri w’Ingabo za Kongo (DRC), Aime Ngoyi Mukena Lusa Diese, na mugenzi we w’u Rwanda, Gen James Kabarebe, irafata umwanzuro wo kongera gufatanya kurwanya FDLR.
Umuryango uharanira Uburenganzira bwa Muntu n’Iterambere mu Karere k’Ibiyaga Bigari (GLIHD) uratangaza ko abakobwa babarirwa mu 7300 mu Rwanda bafungiye gukuramo inda.
Mu Kiyaga cya Nyirakigugu giherereye mu Mudugudu wa Gisozi mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu habonetse umurambo w’umugabo w’imyaka 26.
Abitwa “Abaremetsi” binjiza ibicuruzwa mu gihugu ku buryo butemewe n’amategeko, ngo babangamiye umutekano w’abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Nyagatare.
Umugabo Uwitonze Faustin wo mu murenge wa Gahara, akarere ka Kirehe, ari mu maboko ya polisi akekwaho kwica umugore we.
Polisi mu Karere ka Muhanga irasaba abaturage gushira impungenge bagatanga amakuru y’ahakekwa abajura kugirango bafatwe, umutekano urusheho kuba mwiza.
Abatuye mu mujyi wa Kayonza baravuga ko bahangayikishijwe bikomeye n’abajura bamaze iminsi barayogoje uwo mujyi.
Umugabo witwa Bizimana Celestin w’imyaka 34 yaraye yishwe n’abantu bataramenyekana, umurambo we ukaba watoraguwe muri metero 200 hafi y’urugo rwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko butazihanganira umuntu wese uzakinisha ibendera ry’u Rwanda ngo kuko uzabikora azahanwa nk’umwanzi w’igihugu.
Minisiteri y’ibikorwaremezo, MININFRA, irizeza abashoferi batwara abagenzi mu mihanda yo mu Burasirazuba ko igiye gushyira ibyapa ku mihanda aho bitari.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu biyemeje gushumbusha umugore witwa Mujawingoma Landrada watemewe inka n’abantu batazwi.
Umwana w’imyaka 17 wo mu karere ka Rutsiro yatemesheje se umuhoro, bapfuye ko yari amubajije impamvu yibye imyumbati akayigurisha.
Abafite imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange barasabwa kuzishyiramo utwuma tuzirinda kurenza umuvuduko zemerewe kugenderaho bitarenze muri Gashyantare 2016.
Abanyeshuri ndetse n’abandi baturage b’ahitwa mu Butete, mu karere ka Burera, barishimira ko bagiye kujya bambuka umuhanda w’aho batuye batekanye.
Mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, niho Police y’u Rwanda hatangirije ukwezi kwahariwe umutekano wo mu muhanda kuri uyu wa 7 Nzeri.
Polisi y’igihugu iratangaza ko abashoferi mu muhanda bakwiye kwibuka kugira n’imyitwarire iboneye, kugira ngo birinde impanuka zitwara ubuzima bwa benshi.
Mu kagari ka Kabona mu murenge wa Rusebeya ho mu karere ka Rutsiro habonetse umurambo w’umukecuru watoraguwe munsi y’umukingo.
Mu ijoro rishyira tariki 06/9/2015 AIP Jules Gatare wari ushinzwe urwego rw’iperereza ku mupaka wa Rusomo bamusanze yapfuye.
Abagabo umunani n’umugore umwe bari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Muhanga bakekwaho kwiba ibyuma by’ikoranabuhanga n’byo mu ngo.