Umugabo witwa Karekezi yagwiriye n’ikirombe yacukuragamo amabuye y’agaciro ya Coltan ahita yitaba Imana.
Mu masaha ya saa yine z’ijoro zo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2015, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux ifite puraki RAC 218 V yavaga i Kigali yerekeza i Rubavu yataye umuhanda igonga inzu abantu bari mu modoka bavamo ari bazima uretse umushoferi wakomeretse ku maboko.
Abantu barindwi bo mu muryango umwe bari mu maboko ya polisi guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa 24 Gicurasi 2015, bakurikiranyweho iterwa rya grenade yahitanywe uwitwa Theoneste Ntigurirwa w’imyaka 33 y’amavuko.
Ba Ministiri Louise Mushikiwabo w’ububanyi n’amahanga hamwe na Francis Kaboneka w’ubutegetsi bw’igihugu basabye urubyiruko ruhuriye muri Rwanda Youth Forum ibera i Texas muri Leta zunze ubumwe za Amerika kuri uyu wa gatandatu tariki 23/5/2015, ko rugomba kwamagana ibibera mu Burundi, rukoresheje uburyo bunyuranye burimo (…)
Mu rukerera rwo ku wa 21 Gicurasi 2015, ku bufatanye bw’inzego z’ibanze, ingabo na polisi, hakozwe umukwabu wo gufata abakora Kanyanga maze hasenywa inganda ebyiri ndetse bagwa gitumo abantu bane bayitetse.
Umugabo witwa Habumugisha Jean Bosco wo mu Kagari ka Kabaya, Umurenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero, yatawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa 20 rishyira ku wa 21 Gicurasi 2015, saa tanu z’ijoro, akekwaho gutanga ruswa ubwo yajyaga gushaka abapolisi babiri, (umwe ufite ipeti rya AIP n’undi ufite PC), bakorera muri uwo murenge (…)
Bamwe mu baturage bo mu Mudududu wa Rugarama, Akagari ka Tambwe, Umurenge wa Ruhango wo mu Karere ka Ruhango, baravuga ko bahangayikishijwe cyane n’ikibazo cy’umutekano muke umaze iminsi ugaragara mu baturanyi babo kandi ababiri inyuma ntibamenyekane.
Inama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Rwamagana yateranye kuri uyu wa 20 Gicurasi 2015, yagaragaje ko ubusinzi, by’umwihariko ubushingiye ku ikoreshwa rya “Kanyanga” buza ku isonga mu guhungabanya umutekano muri ako karere, bafata ingamba z’uko bagiye kuyihagurukira kugeza irandutse.
Ahitwa Rubumbashi mu Mudugudu wa Ruhango, Akagari ka Nyamagana, Umurenge wa Ruhango wo mu Karere ka Ruhango, mu gitondo cyo ku wa 21 Gicurasi 2015, habonetse umurambo w’umusore witwa Ishimwe Samuel uri mu kigero cy’imyaka 21 y’amavuko umanitse mu nzu yari acumbitsemo.
Abagabo babiri; Muhire na Ntirenganya Anastase bo mu Kagari ka Bushaka, Umurenge wa Boneza ho mu Karere ka Rutsiro bari gushakishwa nyuma y’uko bagiye kuroba mu kiyaga cya Kivu ntibagaruke.
Mu Kagari ka Ngondore mu Mudugudu wa Bukamba, Umurenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi hatoraguwe umurambo w’umusaza witwa Sinabajije Evariste mu muringoti yapfuye.
Muhawenimana Josiane, umugore w’imyaka 27, wo mu Murenge wa Musaza ari mu maboko ya Polisi nyuma yo gufatwa n’irondo ngo yikoreye ibiro 15 by’urumogo mu ijoro rishyira tariki 18 Gicurasi 2015 agahita avuga ko yari arutwaje umugabo wari wamuhaye akazi.
Ku mugoroba wo ku wa 17 Gicurasi 2015, Umurambo w’umukambwe witwa Ngirabayitsi w’imyaka 92 wo mu Kagari ka Nyakabungo mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe wasanzwe mu giti unagana mu mugozi bikaba bikekwa ko yiyahuye.
Abantu batatu bapfuye bagwiriwe n’igisenge cy’urusengero rw’Abadiventisiti b’umunsi wa Karindwi ruherereye mu Mudugudu wa Cyahafi, Akagari ka Kabuye, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera.
Umugabo witwa Hakizimana Jean Paul w’imyaka 29 y’amavuko, utuye mu Kagari ka Rubona, Umurenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kiramuruzi akekwaho kwica umwana yibyariye witwa Habineza Eugène w’imyaka 5 amuciye umutwe.
Abantu babiri bitabye Imana undi umwe akomeje kuburirwa irengero nyuma yo kurohama mu mugezi wa Nyabarongo, igice giherereye mu Murenge wa Kibangu, mu Kagari ka Gitega, Umudugudu wa Gasarara.
Gahungu Enock ari mu maboko ya Polisi, sitasiyo ya Nyagatare nyuma yo gukubita umugore we Mukanziza Juliet ishoka mu mutwe, ubu akaba arwariye mu bitaro bya Nyagatare.
Ku wa kane tariki ya 14 Gicurasi 2015, Umugore witwa Mukamurara Clementine utuye mu Kagari ka Mataba mu Murenge wa Rubengera ho mu Karere ka Karongi yafatanywe udupfunyika tw’urumogi ibihumbi bibiri avuga ko yari arushyiriye uwitwa Mahoro Angélique ngo atumurangurire, bose batabwa muri yombi.
Shumbusho Seth w’imyaka 29 y’amavuko, umucungamutungo w’ikigo nderabuzima cya Gitoki, giherereye mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo, afungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Kabarore akekwaho kunyereza amafaranga y’icyo kigo ari hagati ya miliyoni 2 n’ibihumbi 500 na miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umukozi w’Umurenge wa Cyanika ushinzwe ubworozi, Ndagijimana Jean Baptiste, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iri mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, akekwaho gukubita umugore we bikamuviramo urupfu.
Umuturage witwa Emelita Uzamukunda wo mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Gicurasi 2015 ngo yaturukiweho n’igisasu cyo mu bwoko bwa geranade (stick) ubwo yararimo guhinga gusa ku bw’amahirwe ntibyamukomeretsa
Umusore witwa Hakizimana Jean w’imyaka 28 y’amavuko uvuga ko akomoka mu Karere ka Muhanga mu Murenge Nyamabuye ari mu maboko ya Polisi kuva kuri uyu wa 11 Gicurasi 2015 nyuma ngo yo kugubwa gitumo na Polisi y’Igihugu akorera undi mu ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabizika.
Mu Karere ka Gatsibo, Umurenge wa Kiramuruzi, mu Kagari ka Gakenke, Umudugudu wa Akamasine, mu ijoro ryo ku wa mbere rishyira ku wa kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2015 ahagana mu saa sita n’igice z’ijoro, umugabo witwa Twagirimana Muzehe bakunze kwita Murasi w’imyaka 31 y’amavuko yarashwe n’umupolisi ahita yitaba Imana.
Umugore witwa Icyitegetse Fortunée w’imyaka 56 y’amavuko wari utuye mu Kagari ka Shyira mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, yaketsweho gucuragura mu ijoro ryo ku wa 11 rishyira ku wa 12 Gicurasi 2015 maze arakubitwa kugeza ashizemo umwuka.
Uwimana Claudine w’imyaka 25 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza akekwaho gukubita Umwana w’umuhungu w’imyaka itandatu uvuka mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza yari abereye Mukase amuziza kwiba ubunyobwa mu murima wa se wabo witwa Niyomugabo bikamuviramo urupfu.
Subuga Gasunzu w’imyaka 25 afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe akekwaho icyaha cyo kwiba ihene y’umuturanyi we, mu ijoro rishyira ku wa 12 Gicurasi 2015.
Umugabo witwa Tuyisenge Anatole w’imyaka 30 y’amavuko, yaguye mu gico cy’abagizi ba nabi baramutemagura bamusiga ari intere.
Dativa Yambabariye, umugore w’imyaka 32 y’amavuko wo Mudugudu wa Nkurubuye, mu Kagari ka Gakanka ho mu Murenge wa Kibumbwe mu Karere ka Nyamagabe ari mu maboko ya Polisi ikorera muri ako karere ashinjwa kubyara umwana akamuniga akamuta mu musarane.
Umugabo witwa Masumbuko Jean ukora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 10 Gicurasi 2015, yarumwe ugutwi n’uwitwa Bapfakurera Jean Claude araguca.
Umugabo witwa Ngendahimana Céléstin w’imyaka 44 wo mu Kagari ka Kamombo mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe bamusanze yiyahuye mu rugomero rwa Mahama ku wa 10 Gicurasi 2015.