Musanze: Abapolisi bo mu bihugu 13 bya EAPCCO mu myitozo yo gukumira ibyaha ndenga-mipaka

Abapolisi bava mu bihugu 13 by’Akarere k’Afurika y’Uburasizuba no mu Ihembe ry’Afurika bibarizwa mu muryango wa EAPCCO, kuri uyu wa 15 Kamena 2015 batangiye amahugurwa bizamara iminisi ine bigamije kubongerera ubumenyi n’ubushobozi bwo guhangna n’ibyaha ndengamipaka.

EAPCCO ni umuryango uhuza Polisi z’ibihugu by’Afurika y’Uburasirazuba mu gutahiriza umugozi umwe mu gukumira no guhashya ibyaha, birimo n’ibyaha ndenga-mipaka.

Abapolisi barimo guhugurwa n'abapolisi bakuru bari mu muhango wo gutangiza amahugurwa ya EAPCCO.
Abapolisi barimo guhugurwa n’abapolisi bakuru bari mu muhango wo gutangiza amahugurwa ya EAPCCO.

Ubwo Minisitiri w’Umutekano mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harelimana yafunguraga aya mahugurwa, yavuze ko ibyo byaha ndengamipaka bifite ingaruka ku buzima bw’abantu inzira yo kubikumira ari uko polisi z’ibihugu bitandukanye zishyira hamwe zigasangira ubunararibonye no guhanahana amakuru y’abanyabyaha ku gihe.

Minisitiri Musa Fazil yagize ati “Ibyaha ndengamipaka ni bimwe mu bibazo by’ingutu by’akarere n’isi yose muri rusange. Amamiliyoni y’amafaranga yaratikiye, ibihumbi by’abantu biracuruzwa, bamwe batakaje ubuzima bwabo bityo kugira ngo turwanye ibyo byaha hagomba kubaho ubufatanye bwa polisi z’ibihugu zitandukanye zitahiriza umugozi umwe mu guhanahana amakuru n’ibindi.”

Ubwo abayobozi bakuru bamurikirwaga uko amahugurwa n'imyitozo bagatanga inama.
Ubwo abayobozi bakuru bamurikirwaga uko amahugurwa n’imyitozo bagatanga inama.

Aya mahugurwa azajyana n’imyitozo- shusho (scenarios), ari kubera mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’Igihugu riherereye mu Karere ka Musanze, biteganyijwe ko azibanda mu kongerera abapolisi ubumenyi n’ubushobozi mu gukumira ibyaha bijyanye n’iterabwoba, icuruzwa ry’abantu n’ibiyobyabwenge.

Abapolisi bava mu bihugu 13 bazaboneraho umwanya wo kumenyana hagati yabo no gusangira ubunararibonye bafite, bikaba bizakomeza kunoza imikoranire myiza mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka imaze kugaragara nyuma yo kwigira hamwe inshuro nyinshi; nk’uko byagarutsweho n’Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, CSP Celestin Twahirwa.

Ifungurwa ry'aya mahugurwa ya Polisi yo ku rwego rw'akarere.
Ifungurwa ry’aya mahugurwa ya Polisi yo ku rwego rw’akarere.

Mbere yo kuganira n’abapolisi bava mu bihugu 13, Minisitiri Musa Fazil ari kumwe n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, ndetse n’abahagarariye Polisi z’ibihugu bitandukanye babanje kumurikirwa ishusho y’iyo myitozo n’icyo igamije, baboneraho gutanga inama.

SSP Violet Makhanu, umupolisikazi wo mu gihugu cya Kenya witabiriye aya masomo ashimangira ko ari ingirakamaro mu kurwanya ibyaha ndengamipaka.

Abayobozi bitabiriye umuhango wo gufungura aya mahugurwa ya EAPCCO bafata ifoto y'urwibutso.
Abayobozi bitabiriye umuhango wo gufungura aya mahugurwa ya EAPCCO bafata ifoto y’urwibutso.

Ati “Mu by’ukuri iyi myitozo ni ingirakamaro kugira ngo tubashe kurwanya iki kibazo cy’ibyaha byambukiranya imipaka dukeneye guhuriza hamwe ubushobozi; tugomba guhuriza hamwe imbaraga ; tugomba guhuriza ubushobozi ubwari bwo bwose ni byo twajemo.”

Aya mahugurwa ku byaha ndengamipaka yiswe “Solidarity II” habayeho gucishiriza wakwita “ubufatanye” azamara iminsi ine, abaye nyuma y’aho ayaharekaga yabereye mu gihugu cya Uganda muri 2013.

NSHIMIYIMANA Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Mu gihe gito cyane u rwanda rumaze kuba kimwe mu gihugu bitanga amahugurwa meza mu nzego z’ umutekano

Darius yanditse ku itariki ya: 16-06-2015  →  Musubize

aya mahugurwa bazavanemo umusanzu ukomeye uzabafasha gukomeza guha umutekano aka karere

ntibenda yanditse ku itariki ya: 16-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka