Nyuma y’umwaka urenga Mugema Jacques yambura abantu batandukanye amafaranga, yiyita Ministiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, yerekanywe afungiwe kuri Stasiyo ya Polisi i Nyamirambo kuri uyu wa gatandatu tariki 06/6/2015.
Bamwe mu baturage bo mudugudu wa Ruhuha ya mbere akagari ka Bushoga umurenge wa Nyagatare, bavuga ko bararana n’amatungo kubera gutinya ko yibwa, ariko ubuyobozi bw’umurenge bwo bukavuga ko badakwiye inya kuko iki kibazo cyakemutse kubera irondo ryakajijwe.
Kva kuri uyu wa 03 Kamena 2015 umusore witwa Mbabazi Innocent utuye mu Kagari ka Gitwa mu Murenge wa Mushubati ho mu Karere ka Rutsiro ari mu maboko ya Polisi ashinjwa kwiba inka y’umuturage.
Kuri uyu wa 04 Kanama 2015, ahagana mu ma saa munani z’urukerera abanyerondo babiri bakomerekejwe n’abaforoderi mu Mudugudu wa Cyonyo, Akagari ka Bushoga ho mu Murenge wa Nyagatare akarere ka Nyagatare.
inzu y’ubucuruzi y’uwitwa Kalisa Eugene iherereye mu murenge wa Kabarore, Akagari mu karere ka Gatsibo yafashwe n’inkongi y’muriro irashya irakongoka na bimwe mu bikoresho n’ibicuruzwa byarimo bikangirika.
Urukiko Rwisumbuye rwa Rubavu rwateye utwatsi icyifuzo cya Bahame Hassan, wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, cyo kuburana ari hanze kuko uwo bareganwa ngo wafatanywe igihanga na we yafunguwe, rwemeza ko akomeza kuburana afunzwe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, na bamwe mu bakozi b’akarere kuri uyu wa 2 Kamena 2015 ubwo bari bagiye gukemurayo ibibazo by’abaturage mu Murenge wa Nyagisozi bakiriwe n’amaganya ya bamwe mu baturage babasaba kubakiza umugabo bavuga ko yigize indwanyi muri ako gace wahigize.
Bitungwa Jibril w’imyaka 45 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi poste ya Karangazi guhera kuri uyu wa 01 Kamena 2015 ashinjwa gutema Zimarimbeho Assuman, Umuyobozi w’umusigiti muri santere ya Karangazi amukekaho kumusambanyiriza umugore.
Ku ishami rya Polisi y’u Rwanda mu ntara y’Iburasirazuba, hafungiye abantu 16 bakurikiranweho ubujura bw’inka bwakorewe mu bice bitandukanye by’iyi ntara, by’umwihariko mu turere twa Nyagatare, Gatsibo na Kayonza.
Umugabo witwa Butera Desire wo mu karere ka Rubavu aguye mu mpanuka y’imodoka imutaye mu Kivu, ubwo yaturukaga ku mupaka munini yerekeza mu mujyi wa Rubavu, mu masaha y’isaa tanu zo kuri uyu wa gatatu tariki 3/6/2015.
Uwiringiyimana Divine w’imyaka wabarizwaga mu kagari ka Bumba mu murenge wa Mushubati ho mu karere ka Rutsiro yakubiswe n’inkuba ahita apfa.
Ahagana mu ma saa kumi n’igice kuri uyu wa 01 Kamena, mu Mudugudu wa Gasinga, Akagari ka Gasinga ho mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, Nshimiyimana Emmanuel w’imyaka 17 yuriye ipoto y’umuriro w’amashanyarazi aragwa arapfa.
Abashumba baragirira mu ishyamba rya Gishwati bo mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Nyabirasi ho mu Karere ka Rutsiro bivugwa ko bakubise umuntu agapfa none 10 muri bo bamaze gutabwa muri yombi na Polisi mu gihe abandi 4 bagishakishwa.
Hashize iminsi itanu icyuma cyifashishwa mu gusuzuma abagore batwite n’abandi bose bafite ikibazo cyo munda (échographie) cyibwe nyuma y’ibura rya moto yifashishwa mu bitaro na mudasobwa ebyiri zifashishwa muri serivisi ya mituweri.
Guhera kuri uyu wa 31 Gicurasi 2015, Habineza Aloys wo mu Mudugudu wa Ruhuha 1 mu Kagari ka Bushoga ho mu Murenge wa Nyagatare mu Karere ka Nyagatare afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare akekwaho kwiba inka ariko agafatwa ntacyo yari yageraho.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kubitiro, Akagari ka Muhambara mu Murenge wa Cyahinda ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko babangamiwe n’igikuku kiri hafi y’ingo zabo kuko ngo kijya kinahitana ubuzima bw’abantu.
Imodoka yo mu bwoko bwa Coaster ya Sosiyete itwara abagenzi Virunga Express ifashwe n’inkongi y’umuriro irashya muri aya ma saa yine z’amanywa kuri uyu wa 1 Kamena 2015 ariko ku bw’amahirwe abarimo bose n’ibyabo byose bayisohotsemo amahoro.
Umusore witwa Mucyo Jean De Dieu ari mu maboko ya Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 3.
Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bushenge, Isaac Bizuru Nkurikiyimana, yakatiwe gufungwa imyaka 7 y’igifungo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Rusizi ruri mu Karere ka Rusizi kuri uyu wa 28 Gicurasi 2015.
Mu gihe cya saa munani z’amanywa kuri wa 28 Gicurasi 2015, ni bwo uwitwa Nizeyimana Dieudonne w’imyaka 18 ari kumwe na nyina Nyransababera batoraguye igisasu cya “60MM Mortar Gun”, ubwo bahingaga mu murima wabo, mu Mudugudu wa Kabungo, Akagari ka Cyanza mu Murenge wa Mbuye.
Umugabo witwa Musonera Patrice w’imyaka 35 y’amavuko, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabarore, akekwaho gusambanya akana k’agakobwa kitwa Mpuhwezayo Aline k’imyaka 3 y’amavuko.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 10 wo mu Kagari ka Kiremera mu Murenge wa Kigarama ubwo yari atashye avuye ku ishuri ku mugoroba wo ku wa 27 Gicurasi 2015 yajyanye na bagenzi be mu rugomero rwa Kinoni II batangiye koga ararohama ahita apfa.
Umugabo witwa Mihigo Joël wo mu Kagari ka Curazo mu Murenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe bamusanze mu ishyamba yapfuye mu gitondo cyo ku wa 27 Gicurasi 2015, batatu bakekwaho kugira uruhare muri urwo rupfu baburirwa irengero.
Kuri uyu wa 27 Gicurasi 2015 umugabo witwa Ntahobavukira utuye mu Kagari ka Teba mu Murenge wa Gihango ho mu Karere ka Rutsiro yatawe muri yombi akekwaho kwiba ihene enye yafatanywe.
Abantu 40 bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iri mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, bakekwaho ubujurura bw’inka bwari bwarayogoje abatuye mu Mirenge wa Cyanika na Kagogo, ituriye umupaka uhuza u Rwanda na Uganda.
Mu busitani bw’Ibiro by’Umurenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, ahagana mu saa kumi n’ebyiri z’igitondo kuri uyu wa 26 Gicurasi 2015, hatoraguwe igisasu cya grenade yo mu bwoko bwa Stick, kugeza ubu uwakihashyize akaba ataramenyekana.
Umugabo witwa Karekezi yagwiriye n’ikirombe yacukuragamo amabuye y’agaciro ya Coltan ahita yitaba Imana.
Mu masaha ya saa yine z’ijoro zo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2015, imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hilux ifite puraki RAC 218 V yavaga i Kigali yerekeza i Rubavu yataye umuhanda igonga inzu abantu bari mu modoka bavamo ari bazima uretse umushoferi wakomeretse ku maboko.
Abantu barindwi bo mu muryango umwe bari mu maboko ya polisi guhera ku mugoroba wo kuri uyu wa 24 Gicurasi 2015, bakurikiranyweho iterwa rya grenade yahitanywe uwitwa Theoneste Ntigurirwa w’imyaka 33 y’amavuko.
Ba Ministiri Louise Mushikiwabo w’ububanyi n’amahanga hamwe na Francis Kaboneka w’ubutegetsi bw’igihugu basabye urubyiruko ruhuriye muri Rwanda Youth Forum ibera i Texas muri Leta zunze ubumwe za Amerika kuri uyu wa gatandatu tariki 23/5/2015, ko rugomba kwamagana ibibera mu Burundi, rukoresheje uburyo bunyuranye burimo (…)