Jenda: Impanuka y’ikamyo yateje inkongi y’umuriro yatwitse inzu n’abantu babiri bari bayirimo

Mu karere ka Nyabihu mu Murenge wa Jenda habereye impanuka y’ikamyo yataye umuhanda ikagonga inzu, bigateza inkongi y’umuriro yaguyemo abantu babiri bahiriye muri iyo nzu.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo ahagana saa 6h45 zo kuri uyu wa kane tariki 25 Kamena 2015.

Ababonye iyi mpamuka iba bemeza ko yatewe n’uko iyi kamyo yari igeze mu ikoni ry’ahitwa Nyirakigugu riherereye mu murenge wa Jenda, ari bwo iyi kamyo yasakiranye n’indi modoka yo mu bwoko bwa Dayihatsu yashaka kuyikatira igata umuhanda igahita igonga iyo nzu.

Iyi mpanuka yateje inkongi y'umuriro yafunze umuhanda inahitana abantu babiri bari bari mu nzu yatwitse.
Iyi mpanuka yateje inkongi y’umuriro yafunze umuhanda inahitana abantu babiri bari bari mu nzu yatwitse.

Inkongi y’umuriro yatewe yatewe na lisansi iyo kamyo yari yikoreye, yamara kugwa ku nzu umuriro ugahita uzamuka ukayitwikana n’inzu n’abantu babiri bari bayirimo n’ibyari biyirimo byose.

Polisi yatabaye iba ariyo ihosha iyo nkongi yari yafunze umuhanda mu gihe cy'amasaha agera kuri abiri.
Polisi yatabaye iba ariyo ihosha iyo nkongi yari yafunze umuhanda mu gihe cy’amasaha agera kuri abiri.

Ukuriye Polisi mu karere ka Nyabihu yatangarije Kigali Today ko iyo mpanuka yafunze umuhanda nyabagendwa amasaha agera kuri atatu. Umuyobozi wa Polis yakomeje avuga kugeza icyo gihe umushoferi na kigingi bari batwaye iyo kamyo bari bataraboneka.

Imodoka yateje impanuka nayo yakongotse.
Imodoka yateje impanuka nayo yakongotse.

Silidio Sebuharara

Ibitekerezo   ( 1 )

buriya n’umuvuduko

Robinson yanditse ku itariki ya: 26-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka