Abantu barindwi bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Rulindo bariwe n’imbwa zirabakomeretsa bibaviramo kujyanwa mu bitaro.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Mata 2016, mu Kagari ka Ruhinga, Umurenge wa Gitesi, Akarere ka Karongi umukecuru yasanzwe imbere y’inzu yapfuye.
Polisi y’igihug ikorera mu Karere ka Nyanza yasubije Kanyambo John miliyoni miliyoni 1,8Frw yari yibwe n’abakozi mu rugo.
Umugore w’imyaka 25 n’umwana we w’imyaka ine bari batuye mu Mudugudu wa Ruganda, Akagari ka Gasura, Umurenge wa Bwishyura w’Akarere ka Karongi, bagwiriwe n’inzu mu ijoro rishyira kuri uyu wa 19 Mata, bahita bapfa.
Ngarambe Deogratias bakunze kwita Rukanika akaba nyir’ivuriro Lukai Health Center yatawe muri yombi ashinjwa gukuriramo umukobwa inda akitaba Imana.
Kuri iki Cyumweru, tariki 17 Mata, ahagana saa moya za mugitondo, umugabo witwa Mbyariyehe Olivier wari ufungiye muri kasho ya sitasiyo ya polisi y’u Rwanda ya Kiyumba mu Karere ka Muhanga yarashwe ubwo yageragezaga gutoroka, bimuviramo gupfa.
Polisi ikorera mu Murenge wa Bugeshi muri Rubavu, ahitwa Kabumba, yaraye itewe n’abantu bitweje intwaro bataramenyekana, barasana nayo ariko ishobora kubahashya.
Hagumakubana Jean Bosco w’imyaka 36 na Kwizera Jovens w’imyaka 20, batawe muri yombi bagerageza gukorera abandi ibizamini by’impushya z’agateganyo zo gutwara ibinyabiziga.
Uwacungaga umutekano kuri Sitasiyo Black Stars yo ku Ruyenzi mu Murenge wa Runda yishwe n’umusore ucuruza amagi, bapfa amafaranga yari yanze kumwishyura.
Abantu batatu mu Karere ka Gakenke barimo n’Umukozi ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage mu Murenge wa Muzo barashinjwa ingengabitekerezo ya Jenoside.
Umukecuru Mukagashugi Eliane w’imyaka 78 wari utuye mu Mudugudu wa Buhigiro, Akagari ka Saruheshyi mu Murenge wa Mwendo w’Akarere ka Ruhango, yishwe ateraguwe ibyuma n’abantu bataramenyekana.
Umukecuru w’imyaka 52 witwa Uwiduhaye Bertha yasanzwe mu nzu yapfuye yatemaguwe cyane mu mutwe.
Mutagomwa Alexis utuye mu Mudugudu w’Akagano, Akagari ka Kiyonza, Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru; yishe umugore we Uwimana Donatille umujijije igiti yacanye.
Abanyerondo bo mu Murenge wa Mutendeli, mu Karere ka Ngoma, bafashe moto ipakiye ibiro 120 by’amashahi yaciwe mu Rwanda.
Mutabaruka Paulin wahoze ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyabakamyi muri Nyanza yemerewe kurekurwa by’agateganyo ariko urukiko rumutegeka ibyo agomba kubahiriza.
Ingabo z’Igihugu (RDF) zaburijemo igitero cy’abitwaje intwaro gakondo bateye urugo rwa Mpembyemungu Winifrida wahoze ayobora Akarere ka Musanze; ucyuye igihe.
Imvururu zavutse mu muhango wo gushyingura Ndahimana Eric wishwe n’umuturanyi we, ubwo yari agiye kumurariza umugore, zatumye umuryango w’uwamwishe wose uhunga.
Urwego rwa Polisi rushinzwe ubugenzacyaha (CID) rutangaza ko Abanyarwanda 18 bakurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba rishingiye ku madini harimo n’uwatwitse urusengero rwa ADPR Gatsibo.
Mu Mudugudu wa Rwezamenyo, Akagari ka Kidahwe ho mu Murenge wa Nyamiyaga haravugwa umugabo wasabye umugore w’abandi kujya kumuraza, ngo agezeyo baramukubita bimuviramo gupfa.
Irondo ryo mu Karere ka Gisagara ryafashe abasore babiri bo mu Murenge wa Tumba muri Huye, bavuga ko bazitumwe n’abacuruza ibyuma bizwi “nk’injyamani.”
Ubuyobozi bwa CID butangaza ko gushakira amahirwe hanze y’u Rwanda byorohereza icuruzwa ry’abantu kuko ababuzwa kugenda bashyiramo ko babuzwa amahirwe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Gisanze, Umurenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi ari mu maboko ya Polisi ashinjwa gukubita no gukomeretsa umuturage.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 31 Werurwe 2016, umucungagereza wa Gereza ya Karubanda mu Karere ka Huye yarashe umugororwa ngo washakaga kumwambura imbunda.
Ubuyobozi bwa Gereza y’Abagore iri mu Karere ka Ngoma buratangaza ko umubare munini w’abagore bahafungiwe watereranwe n’imiryango yabo ikaba itabasura muri gereza.
Kuri uyu wa 30 Werurwe 2016 ahagana mu ma saa kumi n’imwe z’amanywa mu Murenge wa Kisaro muri Rulindo impanuka ya moto ebyiri yahitanye abantu batatu.
Ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba(EAC), byamaze guha imyitozo ya gisirikare abazabirindira umutekano nk’igihugu kimwe, barimo abasirikare, abapolisi n’abasivili.
Mu muhango wo gutaha inyubako nshya y’Icyicaro Gikuru cya Polisi, kuri uyu wa 30 Werurwe 2016, Perezida Kagame yasabye Polisi y’u Rwanda kurangwa n’umurimo unoze.
Umuyobozi w’Ibitaro bya Nyanza, Dr Hakizimana Kagabo Léon, n’umubaruramari witwa Kabalisa Roger Victor baburiwe irengero kuva mu cyumweru gishize.
Ubuyobozi mu Karere ka Nyamagabe bwatangiye gufunga utubari ducuruza inzoga z’inkorano, mu rwego rwo kurwanya ibiyobyabwenge n’ibyatuma hari abahungabanya umutekano.
Umutekano mucye muri Pariki y’Ibirunga muri Kivu y’Amajyaruguru watumye hashyirwaho amabwiriza n’igihe byo kugenderaho imodoka ziherekejwe n’abasirikare.