Niyirora Gaudence wo mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi yabyaye umwana amuta mu musarane bamukuramo akiri muzima.
Umukobwa wo mu kigero cy’imyaka nka 22 wakoraga kuri Motel du Lac, ahazwi nko kw’Alphonse i Nyamasheke, yatawe muri yombi ashinjwa gukuramo inda mu gihe byari bizwi ko atwite.
Polisi y’u Rwanda iravuga ko ihangayikishijwe n’ubucuruzi bw’abantu cyane cyane abana, bukorerwa kuri mbuga nkoranya mbaga.
Ba veteineri b’imirenge ya Rukozo, Uwiragiye Assiel, n’uw’Umurenge wa Ngoma, Nganimana Appolinaire, bafunzwe bakurikiranyweho kunyereza inka za gahunda ya “Girinka.”
Inzego z’abagore zahawe ishingano yo guca ihohotera rishingiye ku gitsina, bifashishije zimwe muri gahunda za leta bahuriramo zirimo n’umugoroba w’ababyeyi.
Imodoka y’ikamyo yamanukaga iturutse i Nyanza ya Kicukiro yabuze feri imanuka, ihitana ibyo ihuye na byo byose, itangirwa n’amabisi abiri manini atwara abagenzi.
Abashoferi b’imodoka zitwara abagenzi muri RFTC ngo bahangayikishijwe no kuba barimo kwandikirwa ko badafite ibyangombwa (authorization) kandi baramaze kubyishyura ahubwo bakaba batarabigezwaho.
Abapolisi 45 bagize umutwe wo gutabara aho rukomeye kuri uyu wa 06 Kamena 2016 batangiye amahugurwa mu Ishuri rya Polisi i Gishari muri Rwamagana.
Mu Karere ka Nyanza, Umurenge wa Ntyazo, umukobwa w’imyaka 19 ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho gukuramo inda y’amezi atanu.
Nkundimana Eric afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi i Nyamata nyuma yo gutemagura Biziyaremye Tharcisse ashiramo umwuka amukekaho kumusambanyiriza umugore.
Imbogo yavuye muri Pariki y’Ibirunga ikomeretsa umuturage wo mu Murenge wa Rugarama, muri Burera, ajyanwa mu bitaro na yo bahita bayica.
Umugore witwa Nzamwitakuze Vestine w’imyaka 40 wari ukurikiranyweho gushaka gukata igitsina cy’umugabo we asinziriye, ku munsi w’ejo yapfuye urupfu rutunguranye.
Umusore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro yarohamye mu ikiyaga cya kivu ahita yitaba Imana.
Mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi,umugabo witwa Sinumvayabo Mathias w’imyaka 46 yaraye yishe umwana we amuhora kutahirira amatungo.
Abayobozi mu idini ya Islam mu Rwanda buravuga ko abakora iterabwoba bitwaje iryo dini ari bo banzi bakomeye ba Islam.
Abakoresha umuhanda w’ahitwa Carriere mu murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze bahangayikishijwe n’impanuka ziterwa n’ibyobo bidapfundikiye ku muhanda.
Ababashinwa babiri bakorera mu Karere ka Rulindo bakubise umusore w’Umunyarwanda bakoreshaga ajya muri koma, nyuma y’uko bari bamaze umwanya baterana amagambo.
Uwitwa Ndohera Athanasi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata, azira gutema umwana we w’imyaka itatu akaboko, akanamutwika amuziza kunyara kuburiri.
Nsengiyumva Ildephonse wo mu Murenge wa Karambo mu Karere ka Gakenke afunzwe akurikiranweho guhisha ibendera ry’igihugu kubera ko banze kumwishyura.
Musabyimana Ferdinand wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ngoma mu Karere ka Rulindo afunzwe akekwaho kunyereza arenga miliyoni 15Frw ahimba ibintu bitandukanye.
Abanyura mu muhanda wa Ruyenzi - Bishenyi, mu Murenge wa Runda, barataka ikibazo cy’abajura bitwikira umwijima uterwa no kutaka kw’amatara yo ku muhanda.
Abaturage 13 bo mu Murenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza, bajyanwe kwa muganga ari indembe nyuma yo kurya inyama z’ihene yipfushije, bivugwa ko zari zihumanye, nk’uko byemejwe n’Ubuyobozi w’Ibitaro bya Nyanza.
Umukozi wari ushinzwe imibereho myiza mu Murenge wa Masoro muri Rulindo, afunzwe akekwaho kunyereza amafaranga ya VUP no guha inka abatazigenewe.
Nzayisenga Judith utuye mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, afunzwe akurikiranyweho kwica umwana we kuko uwo bamubyaranye yamwihakanye.
Ubuyobozi bwa RDF Command and Staff College buratangaza ko ibiganiro nyunguranabitekerezo n’impuguke ku bijyanye n’umutekano bisigiye abahigira ubumenyi burenze ubwari bwitezwe.
Umusirikare wa Congo wiyise Tuyishime Jean Claude yigize umurwanyi wa FDLR kugira ngo azanwe mu Rwanda ariko abajijwe aho avuka arahayoberwa.
Sibomana Stratton wari ushinzwe ubutegetsi n’umutungo mu bitaro bya Ruhango, afunzwe akurikiranyweho kunyereza amafaranga y’ibi bitaro.
Mu Karere ka Ngoma hongeye kugaragara ubujura bwo gushikuza amatelefone n’amasakoshi ninjoro, nyuma yaho amatara ku mihanda apfiriye ntasanwe.
Abasirikare bakuru, abarimu n’abashakashatsi bahuriye mu nama mu ishuru rikuru rya Gisirikare i Nyakinama biga ku mutekano muri Afurika.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe yakebuye Abanyarwanda bafasha FDLR bizeye ko izatera u Rwanda igafata ubutegetsi kureka guta igihe.