Karemera Ignace wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akagari ka Ndama mu Murenge wa Karangazi muri Nyagatare, afunzwe akekwaho kunyereza ibiryo byagenewe abatishoboye.
Abamotari bo mu Karere ka Ngoma bahangayikishijwe n’ubujura bwa moto bwadutse, aho abajura babanza gusinziriza ba nyirazo.
Abakozi batanu b’ibitaro bya Kirehe bari mu maboko ya Polisi bakekwaho uruhare mu inyerezwa ry’umutungo w’ibi bitaro byavugwagamo imicungire y’imari idahwitse.
Umukozi w’Akagari ka Nyagatare mu Murenge wa Mahembe wari umaze amezi abiri yaraburiwe irengero, ashinjwa kunyereza inyongeramusaruro z’abaturage, yatawe muri yombi asubizwa mu Karere ka Nyamasheke.
Umugabo witwa Habyarimana Jean Bosco afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhuha mu Karere ka Bugesera ashinjwa gutekera umutwe abaturage akabarya utwabo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Murambi mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera n’umucungamari wa Sacco bavunzwe bakekwaho kunyereza amafaranga ya VUP.
Abaturage umunani bo mu mirenge ya Nyabinoni, Rongi na Mushishiro mu Karere ka Muhanga bahitanywe n’ibiza by’imvura.
Umusaza witwa Gakezi Léodomir w’imyaka 86 wo mu Kagari ka Rugoma mu Murenge wa Nasho i Kirehe yiyahuye biteza urujijo umuryango we n’abaturanyi kuko batabona impamvu yabimuteye.
Mu cyumweru kimwe, imbwa zariye ihene 20 n’intama enye mu midugudu ibiri y’Akagari ka Kabagesera mu Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi.
Nyirakimonyo Gaudence w’imyaka 55, wo mu Kagari ka Kibatsi, mu Murenge wa Rukira Karere ka Ngoma yishwe n’abantu bataramenyekana ubwo yari avuye kuzitura ihene.
Munyabugingi Slyvestre w’imyaka 42 wo mu Kagari ka Cyanya mu Murenge wa Kigarama i Kirehe, bamusanze munsi y’imanga ku wa 04 Gicurasi 2015 yapfuye.
Polisi yatanze imbabazi kuri moto zo mu Karere ka Ngoma zashakishwaga kubera guhunga abapolisi, bituma biyemeza gukika kuri iyo ngeso.
Umugabo wo mu Karere ka Muhanga yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica undi mugabo baturanye. Bikekwa ko yamujijije kumusambanyiriza umugore.
Polisi imaze gutangaza ko Kandabaze Richard wari ufite ipeti rya Assistant Inspector of Police (AIP) yarashwe nyuma agerageza guhangana n’abapolisi barinze sitasiyo ya Polisi ya Busogo mu Karere ka Musanze.
Ikirombe kiri mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro cyagwiriye abasore babiri bagicukuragamo Koruta bahita bapfa.
Umugore wo mu Karere ka Ngoma ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho kwica umugabo we akamujugunya mu musarane, bikamenyekana hashize imyaka itanu.
Mutimura Dieudonné w’imyaka 13 wo mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma yaguye mu kizenga cy’amazi mu gishanga kigabanya Akarere ka Ngoma na Kirehe basanga yapfuye.
Abasirikare, abapolice n’abasivire 25 baturuka mu bihugu bitandatu by’Afurika barimo guhugurwa ku mategeko y’intambara muri Rwanda Peace Academy.
Umugabo witwa Munzuyarwo Réverien w’imyaka 69 utuye w’i Nyanza yatwikiwe na buji ibikoresho byo mu nzu n’imyenda birakongoka.
Imvura yaguye ku mugoroba wo ku wa 02 Gicurasi 2016 mu mirenge ya Rwankuba na Twumba y’Akarere ka Karongi yahitanye bane barimo n’umukuru w’umudugudu.
Ahagana saa kumi n’ebyiri z’igitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 3 Gicurasi 2016, Umunyegare wo mu Karere ka Karongi wari wisunze ikamyo ngo imwongerere imbaraga, yapfuye agonzwe n’amapine yayo y’inyuma.
Hategekimana Jean Pierre wo mu Murenge wa Busengo mu Karere ka Gakenke afunzwe akurikiranweho ibiti 82 by’urumogi yahinze mu isambu ye.
Umugabo wo mu Kagari ka Nyabagendwa mu Murenge wa Rilima w’Akarere ka Bugesera yatawe muri yombi afite amafaranga y’amahimbano ibihumbi 20Frw.
Perezida Paul Kagame arasaba Abanyarwanda kubumbatira umutekano nk’inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye mu nzego zose.
Mbumbabanga Berkmas w’imyaka 57 wo mu Kagari ka Saruhembe mu Murenge wa Mahama muri Kirehe basanze yapfuye bakeka ko yishwe n’umuvu.
Abagabo batatu harimo n’umukuru w’umudugudu biyemerera gufasha FDLR mu bitero yagabye i Bugeshi muri Rubavu beretswe abaturage.
Polisi y’Igihugu yerekanye abapolisi babiri bafatiwe mu cyuho bakira ruswa mu masaha y’ijoro ubwo bari mu kazi k’umutekano wo mu muhanda.
Koperative y’Inkeragutabara zo mu Murenge wa Ruhuha mu Karere ka Bugesera yaciye ubujura bw’amagare yibwaga ku munsi w’isoko, bayacungira umutekano.
Mu mpera z’icyumweru gishize, mu Karere ka Rusizi, abiyita “Intwarane za Yezu na Maria” batawe muri yombi basenga nijoro mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rubavu yakomye mu nkokora abagabo batanu bivugwa ko bari mu mugambi wo kwiba umwe ahasiga ubuzima.