Polisi y’u Rwanda iraburira abatwara inyama mu buryo butemewe kuko uretse kuba bashobora guhumanya abazirya banatiza umurindi abakora ubujura bw’amatungo.
Umurambo w’umugabo witwa Seruzamba Jean Pierre wasanzwe mu icumbi rya New Motel Gratia Ltd iherereye mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze buratangaza ko ubumenyi mu gukumira no kwurwanya inkongi z’umuriro bizongera umutekano mu gihe cyo kwita izina.
Umukozi ushinzwe iterambere mu Kagari ka Kavumu, Umurenge wa Twumba, Akarere ka Karongi, Nsabimana Ildephonse yatemwe mu mutwe n’umuturage bari kumwe mu kabari.
Ikibazo cy’ubujura kigaragara mu Kagali ka Rwanza mu Murenge wa Save mu Karereka Gisagara, gihangayikishije abaturage kandi n’akarere nta gisubizo kagifitiye.
Umugore witwa Izabiriza Alphonsine arakekwaho kwica umugabo we witwaga Mbyariyehe Francois afatanyije n’umwana we Tuyishimire Fabien bagamije kugarurira imitungo yose.
Impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka ihitana abantu babiri abandi batatu barakomereka bikomeye.
Polisi y’u Rwanda, yarashe umugabo ukekwaho iterabwoba wari witwaje imbunda yanikingiranye mu nzu mu bice bya Nyarutarama arapfa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro n’ubw’inzego z’umutekano zigakoreramo bwagiranye inama n’abaturage b’Umudugudu wa Bitenga mu Kagari ka Kavumu mu Murenge wa Ruhango, buburira abatema inka z’abaturage.
Polisi ikorera mu Karere ka Muhanga iragaya urubyiruko ruhatuye rutitabira ibikorwa byo kubungabunga umutekano.
Inama y’umutekano yaguye y’Akarere ka Nyamasheke yasanze mu kwezi gushize umutekano warishwe n’impfu za hato na hato n’inkongi z’umuriro.
Abana batatu bo mu Kagari ka Gisiza mu Murenge wa Musasa ho mu Karere ka Rutsiro bakubiswe n’inkuba babiri bahita bitaba Imana.
Umwana w’imyaka 4 yitabye Imana, undi arwariye mu bitaro bya Nyagatare mu gihe abandi babiri barwariye mu rugo bikekwa ko bazira imyumbati bariye.
Urukiko rw’Ibanze rwa Bwishyura mu Karere ka Karongi rwemeje ko Mugambira Aphrodice ukurikiranyweho icyaha cyo gushishikariza, koshya cyangwa kuyobya umuntu umushora mu buraya, afungwa iminsi 30 y’agateganyo.
Abatuye mu Mudugudu w’Agahenerezo mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye bavuga ko amatara rusange bamaranye amezi agera kuri atatu atuma basigaye bumva batekanye.
Umugabo witwa Manayera uzwi nka Rasta arashinjwa n’abaturage gucura umugambi wo kujya kwivugana umuturanyi we agatahurwa atarawugeraho ariko ari hafi kuwusohoza.
Ishyamba rya Leta ndetse n’amashyamba y’abaturage mu Murenge wa Gihombo mu Karere ka Nyamasheke akomeje gushya nyuma y’iminsi ibiri yadukiriwe n’inkongi y’umuriro.
Bamwe mu bayobozi b’utugari tugize akarere ka Kamonyi bataba aho bakorera, bituma hadashyirwa ingufu mu kurara amarondo, bikongera ibyaha bikorwa n’injoro.
Umukobwa ukomoka muri Rutsiro yamburiwe muri Uganda amafaranga y’urugendo agaruka mu Rwanda amara masa atabonye ababyeyi be yari agiye gusura.
Leta yavanye muri Polisi y’igihugu Ishami ry’ubugenzacyaha (CID) n’Ishuri rya Polisi ibigira ibigo byigenga, n’Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruhindurirwa Minisiteri iruyobora.
Uwitwa Mubera Oswald wari utuye mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza, yakubitiwe mu murima w’amashu yakekwagaho kwibamo bimuviramo urupfu.
Mu Murenge wa Nyagisozi muri Nyanza mu byumweru bitatu bibwe inka eshanu, ariko ku bufatanye bw’ubuyobozi n’abaturage zirafatwa zisubizwa ba nyira zo.
Umugabo wari umaze iminsi atorotse ibitaro by’abarwayi bo mu mutwe yatwitse ishyamba rya Leta mu Murenge wa Rwabicuma muri Nyanza.
Ndayisaba Celestin w’imyaka 53 yishe uwitwa Rugemintwaza Frederic w’imyaka 65 ubwo yaraje kumwishyuza amafaranga 1,700 yari yaramugurije.
Abatuye umurenge Mugesera mu karere ka Ngoma,biyemeje kubaka ibiro bya Polisi y’igihugu mu murenge wabo bifite agaciro ka miliyoni zirenga 30.
Umucungamari wa Sacco y’Umurenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera yatawe muri yombi akekwaho kunyereza miliyoni ebyiri.
Mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro hatangirijwe igikorwa cyo gusenya toni 55 z’ibisasu bishaje n’intwaro.
Polisi ikorera mu Karere ka Nyagatare iravuga ko abakozi babiri b’akarere baguwe gitumo bakira ruswa y’ibihumbi 330Frw.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kibeho, Tuyisenge Henriette, n’uwa Rusenge, Nsanzintwali Celestin, batawe muri yombi bakekwaho kwaka ruswa muri “Gira inka”.
Mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Kigarama hagaragaye umurambo w’umukobwa wiyahuje umuti wa Tiyoda, no mu Murenge wa Musaza hagaragara umurambo w’umukecuru wimanitse mu mugozi.