Imbwa zariye abantu barindwi bajyanwa mu bitaro

Abantu barindwi bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Rulindo bariwe n’imbwa zirabakomeretsa bibaviramo kujyanwa mu bitaro.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki 19 Mata 2016, ni ho izi mbwa zariye abantu mu bihe bitandukanye.

Bamwe mu bana bariwe n'imbwa.
Bamwe mu bana bariwe n’imbwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Emmanuel Kayiranga, yavuze ko mu Murenge wa Murambi mu Kagari ka Mvuzo, mu Mudugudu wa Kabuga, zariye abantu bane, mu Murenge wa Ngoma mu Kagari ka Mugote, mu Mudugudu wa Kabasigi, zariye abana babiri. Naho mu Murenge wa Masoro, mu Kagari ka Kivugiza, mu Mudugudu wa Nyarurembo zirya Umusaza w’imyaka 70 y’amavuko.

Kayiranga yagize ati “Izo mbwa zikimara kurumagura bikomeye abo bantu bose harimo n’abana n’umusaza, bahise bakorerwa ubutabazi bajyanwa kwa muganga ku bitaro bya Rutongo biherereye muri aka karere, bakaba barimo gukurikiranwa n’abaganga.”

Umusaza w'imyaka 70 wariwe n'imbwa akaba ari mu bitaro hamwe n'abandi zakomerekeje.
Umusaza w’imyaka 70 wariwe n’imbwa akaba ari mu bitaro hamwe n’abandi zakomerekeje.

Yavuze ko iki kibazo kimaze iminsi kigaragara mu mirenge imwe n’imwe muri aka Karere, nk’Umurenge wa Base na Tumba, aho imbwa zo mu gasozi zariye ihene n’intama bigera muri 15 zimwe zigapfa izindi zikavurwa.

Izo zagiye zipfa ba nyirazo babujijwe kuzirya kugira ngo zitabatera ibindi bibazo, ahubwo barazishyingura.

umwe mu bana bariwe n'imbwa uteruwe na nyina bari kwa muganga.
umwe mu bana bariwe n’imbwa uteruwe na nyina bari kwa muganga.

Umuyobozi w’akarere yavuze ko akarere katumije umuti wica imbwa, kugira ngo bazitege ntizikomeze kurya abantu n’amatungo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

izombwa bazice bazirase nigikondo hasigaye harimbwa nyishi.

Uwamahoro divine yanditse ku itariki ya: 20-05-2016  →  Musubize

Mbonye ayo mafoto yabariwe nimbwa numva ndababaye,Abaganga bakurikiranire hafi izo nkomere naho nyarabayazana abihanirwe.

JULIUS yanditse ku itariki ya: 24-04-2016  →  Musubize

Ndihanganisha uwo muryango wahuye ni mpanuka yokurwirwa ni Inzu.

Ndashimira Police yacu,ntabwo bameze nkigihugu ntavuze aho bakwiba uwakwibye agasangira na Police bakaguhindura umusazi.

JULIU yanditse ku itariki ya: 24-04-2016  →  Musubize

ntibyoroshye akarere jabikurirane vuba kuko bitabaye ibyo abantu nibintu byahashirira. abakomeretse mugume mwihangane

JC yanditse ku itariki ya: 20-04-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka