Aravuga ko Uganda yamwikoreje inkono ishyushye
Undi Munyarwanda warekuwe na Uganda nyuma y’umwaka urenga yari amaze muri gereza anakoreshwa uburetwa, aravuga ko yageze ubwo yikorezwa inkono ishyushye.

Imanizabayo Albert, umusore w’imyaka 27 utuye i Burera, avuga ko mbere y’itariki 10/8/2018 yari asanzwe yambuka umupaka wa Cyanika akajya kogosha i Bunagana(aho Uganda igabanira ba Congo).
Ku itariki 11 Kanama 2018 ngo nibwo yashatse kwambuka aza mu Rwanda, abakozi ba Uganda bakorera ku mupaka bakamuhagarika bamubwira ko agapapuro yambukiraho(jeto) karengeje igihe.
Avuga ko yafashwe agashyirwa muri mabuso mu mujyi wa Kisoro muri Uganda, nyuma yaho yaje kwimurirwa i Kabare, hashize igihe naho aza kuhava ajyanwa muri gereza y’ahitwa Gihihe.
Imanizabayo yakomeje asobanurira itangazamakuru ko ari mu Banyarwanda barenga 100 yabonye bafungiwe mu magereza ya Uganda, banakoreshwa imirimo y’uburetwa.
Ati"Dukoreshwa imirimo ivunanye yo guhinga, kwikorera ibiti n’amabuye, hari aho twategetswe guhinga hegitare 10 z’ubutaka ku munsi turi abantu nka 40".
"Umunsi umwe turi mu murima nibwo badutegetse gufatira amafunguro haruguru y’aho twahingaga, banyikoreza inkono ya kawunga ivuye ku muriro ako kanya".
Imanizabayo avuga ko uretse imirimo y’uburetwa bakorera abasirikare n’abapolisi muri Uganda, ngo yanahamburiwe amashilingi ibihumbi 170.
Uyu musore wagarutse ku wa gatandatu w’icyumeru gishize tariki 24 Kanama 2019 arangije igihano yari yarakatiwe n’urukiko, ni umwe mu basaba Abanyarwanda kuzinukwa kujya muri Uganda.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ohereza igitekerezo
|