Ikigo cy’igihugu cy’amahoro (Rwanda Peace Academy-RPA) cyatangije amahugurwa y’ibyumweru bitatu agenewe abasirikare bo mu bihugu bigize umutwe w’ingabo za Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye kurinda aho rukomeye( Easter Africa Standby Force- EASF).
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yakoze impinduka mu gisirikare.
Abatuye ku musozi wa Nyamukecuru mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe, bahangayikishijwe n’igitaka kiwumanukaho kuko bibasibira imirima, bakanatekereza ko hari igihe kizarenga no ku nzu batuyemo.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa gatandatu(ahagana saa moya zuzuye) tariki 02 Ugushyingo, ikamyo itwara ibishingwe bivugwa ko yacitse feri, yishe umushibwa umwe n’Abamotari babiri mu Gakiriro ka Gisozi.
Guverineri w’intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred arasaba abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu kuri moto kuba ijisho ry’igihugu, bafasha mu kubungabunga umutekano wacyo ndetse no kwitandukanya no kwinjiza magendu ndetse n’ibiyobyabwenge mu gihugu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rwataye muri yombi Abanyakenya umunani, Abanyarwanda batatu n’Umunya-Uganda umwe, bose bakaba bakurikiranyweho icyaha cyo kugerageza kwiba muri Banki ya Equity mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda iratangaza ko yatunguwe cyane n’ibyo itangazamakuru ryo muri Uganda ryanditse rivuga ko u Rwanda ngo rwababajwe no kuba Uganda yaranze gushyira umukono ku masezerano y’ubwumvikane hagati y’ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga Bigari.
Kuri iki cyumweru tariki 27 Ukwakira 2019, i Rusizi mu Ntara y’Iburengerazuba habereye igikorwa cyo kwerekana abantu bane bakekwaho guhungabanya umutekano.
Pasitoro Badege Donatien avugako Abanyarwanda bafungirwa mu gihugu cya Uganda batozwa kwanga igihugu cyabo abandi bagafashwa kujya mu mitwe irwanya u Rwanda.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, avuga ko abatera u Rwanda baturutse hanze yarwo abafata nk’abiyahuzi, cyane ko batera ariko ntibasubireyo kuko inzego z’umutekano ziba ziri maso.
Ngwije Wilson wo mu Mudugudu wa Gihorobwa, Akagari ka Rutaraka, Umurenge wa Nyagatare yibwe Televiziyo abajura babanje gutobora inzu aryamyemo.
Itsinda ry’Abapolisi batanu bayobowe n’umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba mu gihugu cya Zimbabwe, Commissioner Erasmus Makodza bari mu Rwanda mu rugendo shuri rw’iminsi ine. Kuri uyu wa kabiri tariki ya 22 Ukwakira 2019, aba bapolisi bo mu gihugu cya Zimbabwe basuye Polisi y’u Rwanda.
Tuyiringire Elias w’imyaka 24 y’amavuko, avuga ko aruhutse gukubitwa, kurya nabi n’imirimo y’uburetwa yakoreshwaga muri gereza y’i Kisoro muri Uganda, aho yari amaze hafi imyaka ibiri.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ku wa gatandatu tariki 19 Ukwakira 2019 mu masaha ya saa moya n’igice z’umugoroba, umuntu utahise amenyekana yateye Grenade mu Mujyi wa Kamembe mu Karere ka Rusizi.
Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Nyagatare ukomoka muri Nigeria bamusanganye umwana w’umukobwa w’imyaka 15, atabwa muri yombi akekwaho gusambanya uwo mwana.
Inkongi y’umuriro yibasiye icumbi ry’abanyeshuri b’abahungu mu rwunge rw’abanyeshuri rwa APAPEC Murambi mu Karere ka Rulindo, amashanyarazi akaba ari yo yaketswe kuba intandaro y’uyu muriro.
Umuyobozi mukuru wungirije muri Polisi y’u Rwanda ushinzwe imiyoborere n’abakozi DIGP/AP Juvenal Marizamunda, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutabera ushinzwe itegeko nshinga n’andi mategeko, Evode Uwizeyimana ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB), Col. Jeannot Ruhunga, (…)
Ku wa gatatu tariki ya 16 Ukwakira 2019, Umuryango w’Abibumbye wambitse imidali abapolisi b’u Rwanda 240 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bugamije kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera, ibi yabivuze ku wa gatatu tariki ya 16 Ukwakira 2019 mu nama yahuje ba nyiri amahoteli, utubari, abafite amacumbi (Logdes) n’utubyiniro (Night Clubs) bakorera mu Mujyi wa Kigali.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Patrick Nyamvumba, yasuye ingabo z’u Rwanda, abapolisi n’abacungagereza b’u Rwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye mu kugarura amahoro mu gihugu cya Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA) ababwira ko bagomba gufatanya kugira ngo intego yabajyanye muri iki gihugu yo kugarura (…)
Abantu batatu barimo abana babiri na se wabo barohamye mu mugezi wa Nyabarongo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi baburirwa irengero.
Nzisabira Massu w’imyaka 40, avuga ko ubwo yari akiri i Burundi mu mwaka wa 2008 ngo yagiye mu kazi, umugore na we ajya guhaha ku isoko hafi aho, bagarutse basanga umukobwa wabo w’imfura witwaga Nzisabira Aline atari mu rugo.
Umuhanzi nyarwanda Igor Mabano akoze impanuka, ubwo imodoka yari atwaye yakatiraga iyari imusatiriye, agonga ikamyo arenga umuhanda ariko yaba we n’abo yari atwaye ntawuhasize ubuzima, gusa barakomeretse.
Umutwe wa FDLR umaze imyaka 19 mu mashyamba ya Congo uharanira kurwanya Leta y’u Rwanda. Uko iminsi igenda ni ko ugenda ucika intege nubwo bamwe mu bawurimo basize bakoze Jenoside mu Rwanda bakomeza kwinangira gutaha ahubwo bakagira ingwate impunzi bakomeza gukora ibyaha bihungabanya umutekano.
Aba Ofisiye 38 bo ku rwego rwa Kapiteni na Majoro, ku wa gatanu tariki ya 11 Ukwakira 2019 basoje amasomo y’icyiciro cya 13 bari bamazemo amezi ane mu Ishuri rikuru ry’igisirikari cy’u Rwanda riri i Nyakinama mu karere ka Musanze (Rwanda Defence Force Command and staff College).
Ku wa gatanu tariki ya 11 Ukwakira 2019, mu ishuri rya Polisi riherereye mu Karere ka Rwamagana mu Murenge wa Gishari (PTS-Gishari) hasojwe amahugurwa yateguwe n’ishami rya polisi (Police Component) ryo mu mutwe w’ingabo zo mu karere k’Iburasirazuba zishinzwe gutabara aho rukomeye, umutwe uzwi ku izina rya Eastern Africa (…)
Urwego rw’igihugu rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rwahamagaje Ingabire Umuhoza Victoire, umuyobozi w’ishyaka FDU-Inkingi ritaremererwa gukorera mu Rwanda, kugira ngo abazwe ku kuba hari aho yaba ahuriye n’igitero cyagabwe mu karere ka Musanze mu mpera z’icyumweru gishize, kigahitana abantu 14, abandi 18 bagakomereka.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse hamwe n’abakuriye inzego z’umutekano mu Ntara y’Uburengerazuba bongeye kwibutsa abaturiye umupaka mu Karere ka Rubavu kuba ijisho ry’umutekano w’igihugu bakumira abashaka kuwuhungabanya.
Abantu batanu bafashwe mpiri ubwo bari bagabye igitero mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru baganiriye n’itangazamakuru ku gicamunsi cyo ku cyumweru tariki 06 Ukwakira 2019 bavuga ko bateye mu Rwanda bizeye gufata igihugu.
Abantu 14 ni bo biciwe mu gitero cyagabwe n’abagizi ba nabi cyabereye mu tugari twa Kaguhu mu Murenge wa Kinigi no mu Kagari ka Kabazungu mu Murenge wa Musanze mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki ya 4 Ukwakira 2019.