Polisi y’u Rwanda iratangaza ko abantu 19 mu bagabye igitero mu Karere ka Musanze mu ijoro ryo ku itariki 04 rishyira tariki 05 Ukwakira 2019 bishwe abandi batanu bafatwa mpiri. Ibikorwa byo gushakisha uwo ari we wese wagize uruhare muri iki gitero birakomeje.
Ku ikubitiro ubu bukangurambaga bwatangirijwe ku mukino wari wahuje Rayon Sports na Gasogi United ku wa gatandatu tariki ya 05 Ukwakira 2019.
Mu ijoro ryo ku itariki 04 rishyira tariki 05 Ukwakira 2019, abagizi ba nabi biganjemo abitwaje intwaro gakondo bateye mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze bica abaturage, abandi barabakomeretsa.
Abanyeshuri babiri biga ku ishuri ryisumbuye rya TVET Cyondo mu Murenge wa Kiyombe bafungiwe kuri sitasiyo ya RIB ya Karama mu Karere ka Nyagatare bashinjwa gukubita ubatekera.
Imvura yari ivanze n’umuyaga yaguye ahagana saa saba z’amanywa kuri uyu wa kane tariki 3 Ukwakira 2019 yasambuye ibyumba abahungu biga ku ishuri ryisumbuye rya Gikonko mu Karere ka Gisagara, batandatu barakomereka.
Abofisiye b’abapolisi 58 baturuka mu bihugu icyenda bya Afurika y’Iburasirazuba (EASF), barimo gutozwa gutabara igihugu cyahura n’umutekano muke mu bigize aka karere.
Ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu mihanda buzwi ku izina rya ‘Gerayo Amahoro’ burakomeje, aho kuwa gatandatu tariki ya 28 Nzeri 2019, bwabereye mu rusengero rw’itorero rya Restoration Church riherereye mu mujyi wa Kigali.
Kayirere Julienne, Umunyarwanda wagiye muri Uganda mu mwaka wa 2017 afite umwana w’ukwezi kumwe, ariko yagarutse wenyine kuko ngo atazi aho uwo mwana aherereye.
Umusore w’imyaka 27 witwa Uwitonze Desiré, wo mu murenge wa Niboyi mu Karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, wari ufungiye mu gihugu cya Uganda, yavuze ku buzima bubabaje Umunyarwanda uri muri Uganda abayemo bwo gutotezwa no gukorerwa iyicarubozo.
Polisi y’igihugu iratangaza ko icyo ibereyeho ari ugufasha Abanyarwanda n’abaturarwanda kwidagadura ariko bakabikora mu mudendezo.
Ibikorwa byo kurwanya abiba umuriro w’amashanyarazi byakozwe mu cyumweru cyo kuva ku itariki 20 kugeza ku ya 27 Nzeri 2019 bisize abantu 15 bafashwe biba umuriro.
Ku mugoroba wo ku wa kane tariki 26 Nzeri 2019, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya mbere cy’impunzi zikuwe muri Libya.
Abagize urwego rw’umutekano rwa DASSO bageze mu zabukuru bo mu Karere ka Musanze, tariki ya 25 Nzeri 2019 batangiye gusezererwa basubizwa mu buzima busanzwe.
Igenzura ryakozwe n’abakozi ba REG tariki 19 Nzeri 2019 ryafashe zimwe mu ngo ziba amashanyarazi ziherereye muri Karitsiye bakunze kwita Yapani, mu Mudugudu wa Taba, Akagari ka Cyarwa, Umurenge wa Tumba.
Undi Munyarwanda uvuga ko yari umunyeshuri muri Uganda, arembeye mu bitaro by’Akarere ka Kamonyi nyuma yo gukubitirwa i Kampala ku cyumweru gishize.
Ni kenshi Polisi y’u Rwanda yagiye ikangurira Abanyarwanda cyane cyane abakora ubucuruzi bw’inzoga, nk’utubari, amaresitora ndetse n’amahoteli kwirinda guha abana ibisindisha cyangwa kubakoresha mu tubari.
Gen Maj Pacifique Ntawunguka uzwi ku mazina nka Omega, Nzeri na Israel ni we wagizwe umuyobozi w’agateganyo ku buyobozi bw’umutwe w’igisirikare cya FDLR.
Abacuruza utubari bakorera mu mujyi wa Kigali biyemeje gufasha Polisi y’igihugu guhangana n’impanuka zo mu muhanda zituruka ku businzi.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda muri Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police(CP) Rafiki Mujiji yabwiye abamotari bakorera umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto mu mujyi wa Kigali, bari bateraniye muri sitade ya Kigali i Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge ku wa 19 Nzeri 2019 ko hari ibintu Polisi (…)
Ku gicamunsi cyo ku wa kane tariki ya 19 Nzeri 2019 nibwo Maj. Gen Luís Carrilho, Umuyobozi w’ishami rya Polisi mu Muryango w’Abibumbye (ONU) ari kumwe na Brig. Gen Ossama El Moghazy, umuyobozi wungirije w’intumwa z’umuryango w’abibumbye ziri mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro no kubumbatira (…)
Mu cyumweru kimwe (kuva tariki 12 kugeza tariki 18 Nzeri 2019) inzego zishinzwe kugenzura ubujura bw’umuriro w’amashanyarazi zirimo Sosiyete ishinzwe ingufu mu Rwanda (REG), Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Polisi y’u Rwanda, zifatanyije n’abaturage, zataye muri yombi abantu batandatu bazira kwiba umuriro w’amashanyarazi.
Kuri uyu wa kane tariki ya 19 Nzeri, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza yitabiriye inama ngaruka mwaka y’ihuriro ry’abayobozi ba za polisi zo mukarere k’Iburasirazuba bwa Afrika (EAPCCO) irimo kubera i Arusha muri Tanzania.
Ishuri ryigisha amahoro (Rwanda Peace Academy) rifatanyije n’inzego zitandukanye, rirasuzuma aho u Rwanda rugeze rwiyubaka rinashakisha ibyarufasha gukomeza kubaka amahoro arambye.
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda bwongeye kwihanangiriza abantu bose bafite inshingano zo kurera (Ababyeyi n’abarimu) ndetse n’abandi banyarwanda muri rusange ko nta muntu wemerewe gukubita umwana bikabije bikaba byanamuviramo gukomereka ndetse n’ubumuga.
Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’umutwe wa NDC Guido ukorana na Leta mu kurwanya izindi nyeshyamba, barashe umuyobozi wa FDLR-FOCA hamwe n’abandi bayobozi bari kumwe na we mu nama y’ubuyobozi bukuru bwa FDLR yatangiye ku wa 16 Nzeri 2019 ikaba yaberaga ahitwa Makomarehe muri groupment ya Bukombo.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yashimiye ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, FARDC, ku bw’igitero zagabye ku nyeshyamba zayoborwaga na Lt Gen Sylvestre Mudacumura ndetse akahasiga ubuzima.
Amakuru y urupfu rwa Gen Mudacumura Sylvestre yamenyekanye mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 18 Nzeri 2019.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye na Komisiyo y’Igihugu y’abana (NCC) bakomeje kwihanangiriza abantu bajyana abana bari munsi y’imyaka 18 mu tubari bakabaha inzoga ndetse hakaba n’abo usanga barabahaye imirimo itandukanye muri utwo tubari.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mimuli mu Karere ka Nyagatare, Bandora Emmanuel, yatangaje ko kugwa kw’isoko rya Mimuli bishobora kuba byatewe n’imyubakire mibi.
Mu mpera z’icyumweru gishize, Polisi y’u Rwanda yafashe abatwara ibinyabiziga basinze barenga 140 binangiye gukurikiza inama zo kwirinda gutwara basinze. Ni ibikorwa byatangiye ku wa gatanu ahafashwe abagera kuri 80, ku wa gatandatu hafatwa 37 mu gihe ku cyumweru hafashwe abagera kuri 27 bose hamwe bakaba 144. Si byo (…)